EdTech Mondays izanye ibisubizo ku cyuho abarimu bafite mu ikoranabuhanga

Mu Rwanda tuzi neza aho tuvuye n’aho tugeze mu bumenyi mu ikoranabuhanga, kandi tuzi n’aho tugana, n’abagomba kutugezayo; abarimu.

Abashyitsi ba Edtech Monday. i buryo ni umunyamakuru Patie Sindayigaya uzayobora ikiganiro
Abashyitsi ba Edtech Monday. i buryo ni umunyamakuru Patie Sindayigaya uzayobora ikiganiro

Aba barezi barerera u Rwanda twatangiranye uru rugendo batugeza ku ntambwe ishimishije, ariko twashoboraga kuba twararengeje aho turi uyu munsi, iyo baza kuba bafite ibikwiriye byose mu gutanga ubumenyi mu ikoranabunga.

KT Radio, mu mushinga uterwa inkunga na Mastercard Foundation ndetse n’ishami ry’Ikoranabuhanga ry’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, kuri uyu wa mbere izagaragaza ibibazo bikibereye inkomyi abarimu, ndetse yerekane n’icyakorwa kugira ngo abarimu bagire ibyangombwa bishobora gutuma bafasha neza abana b’u Rwanda muri uru rugendo.

Ni mu kiganiro EdTech Mondays kiba ku wa mbere uheruka iyindi buri kwezi, i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Umunyamakuru azaha umwanya abatumirwa basobanure uko hasuzumwa ikoranabuhanga mu byumba by’amashuri, cyane cyane ku bijyanye no kuzamura ubumenyi bw’abarimu.

Bazagaruka ku byagezweho, hamwe n’imbogamizi zagaragaye muri gahunda yo guhugura abarimu (TTP) mu Ikoranabuhanga mu Rwanda, kuva mu 2018 kugeza mu 2022, ndetse n’uko byakwigirwaho mu gutegura ejo hazaza.

Uzaba umwanya wo kurebera hamwe imbogamizi abarimu bagihura na zo mu gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu mu ishuri, n’uburyo zavanwaho, dore ko u Rwanda rwaguze ikoranabuhanga inkingi ya mwamba y’uburezi bufite ireme.

Uretse kuba mwahamagara abatumirwa mukabungura inama cyangwa se mukababaza ikibazo mu gihe batanze urubuga mu isaha iki kiganiri kimara, mushobora no kutwandikira kuri email: [email protected].

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka