Mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda hari umushinga w’amategeko ateganyiriza ibihano bitandukanye abanyamakuru bazagaragarwaho no gusebanya.
Harindintwari Claude warangije amashuri y’ubumenyingiro mu ishuri rya VTC Gacuriro, avuga ko mu gihe cy’umwaka umwe amaze akora yinjije Miliyoni 15Frw.
Umwana witwa Cyusa Bryan wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza yiyemeje kwigisha abantu batandukanye kuvuga neza ikinyarwanda maze yandika igitabo.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko kuhira imyaka hifashishijwe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba, bizafasha abahinzi kugabanya igihombo baterwaga n’ihindagurika ry’ibihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) kigiye gutangira kwifashisha ubutumwa bugufi bwa telefone mu kugeza ku bajyanama b’ubuhinzi amakuru yabafasha.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango bavuga ko batagurirwa ku giciro kijyanye n’ibyo bashora mu buhinzi.
Kuri uyu wa Gatanu ishuri ryisumbuye rya Kigoma (Ecole Secondaire de Kigoma, ESEKI,) bishimiye ibikombe bamaze kwegukana haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Iribagiza Azela utuye mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango ahamya ko igihingwa cya Geranium kuva yagihinga kimaze kumwinjiriza imari itubutse yamufashije kwikura mu bukene.
Abaturage 397 bo mu Karere ka Nyanza baturuka mu miryango 95 ntibazongera kurwara ngo barembere mu rugo kuko bahawe ubwisungane mu kwivuza.
Ndatimana Mustafa wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko yataye amashuri aho yigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yinjira igisirikare.
Nyuma yo kwibwa mudasobwa 30 Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Ruhango yabashije kugaruza izigera kuri 27 n’abantu batandatu barafatwa bakurikiranyweho iki cyaha.
Nyuma y’aho Akarere ka Ruhango kaje mu myanya ya nyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, kuri ubu bavuga ko bagiye kwifashisha ibimina mu gukangurira abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Mu muhango wo gushyingura Ntivuguruzwa Yvan wari ufite imyaka 28 y’amavuko uherutse kuraswa n’umusirikare wa RDF akitaba Imana, Maj Gen Jack nziza ushinzwe guhuza ibikorwa by’ingabo n’abasivile muri Minisiteri y’Ingabo, yatangaje ko RDF izahana yihanukiriye umusirikare warashe uwo ashinzwe kurinda.
Abaturage babarirwa mu 15000 bo mu Karere ka Nyanza batangiye kuvoma amazi meza babikesha umunyemari ukomoka muri Arabia Saudite witwa Saadi Ibuni Zaidi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Françis Kaboneka arasaba urubyiruko kutumvira ababyeyi barwigisha amacakubiri n’ivangura iryo ari ryo ryose, bagaharanira kubaka u Rwanda ari bamwe.
Abagenzi n’abakorera muri gare ya Ruhango binubira kuba nta nyubako ziyirimo, bigatuma batabona aho bugama imvura n’izuba.
Bayisenge Divine yajyanwe kwa muganga nyuma y’uko “Gerenade” imuturikanye ubwo yari arimo ahinga mu murima uri mu Karere ka Ruhango.
Minisitiri w’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu muri Mali Mamadou Ismael Konate avuga ko imikorere y’inkiko Gacaca ari umuco mwiza azajyana iwabo.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ruhango bavuga ko kuva aho gare abagenzi bategeramo imodoka yimuriwe, byabateje igihombo mu bucuruzi bwabo.
Imyiteguro yo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa ikomereje aho atabarizwa mu mudugudu wa Mwima, akagari ka Rwesero, umurenge wa Busasamana muri Nyanza.
Abakozi umunani b’Akarere ka Nyanza bafunze bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo kunyereza amafaranga yagenewe abaturage muri VUP.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2016, imodoka ya Land cruiser ifite Plaque IT259 RE yagonze umuryango w’ abantu bane irabahitana.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo, batoye Guverineri Mureshyankwano Marie Rose nk’ umuyobozi mushya w’uyu muryango muri iyi Ntara.
Umuvugizi w’Itorero ADEPR mu Rwanda, Bishop Jean Sibomana atangaza ko ari ngombwa kwita ku burere bw’abana kuko bituma bakurana uburere buzima.
Abaturage bo mu Kagari ka Cyotamakara mu Murenge wa Ntyazo ho muri Nyanza bahangayikishijwe n’imbwa z’umuturanyi wabo zibarya zikanabarira amatungo.
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose arizeza abatuye iyo ntara ko azakorana umurava bagakomeza gutera imbere.
Mu karere ka Nyanza abantu batanu baturikanwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade, bane bari abana, umwe ahita yitaba Imana, abandi barakomereka.