Ku wa Kane tariki 15 Kamena 2023, mu Ishuri Rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangiye inama y’iminsi ibiri yiga ku Mahoro, Umutekano n’Ubutabera (Symposium on Peace, Security and Justice).
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri ari muri koma, nyuma yo kunywa umuti batera mu myaka witwa Rocket, ubwo yakekaga ko gukeka ko umugabo we yamwibye amafaranga.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Prof. Claude Mambo Muvunyi, ahamagarira abaturage kurandura amakimbirane mu miryango, bagashyira imbere imibanire myiza kuko mu gihe byitaweho abagize urugo babona uko bajya inama, z’uburyo bwo kwita ku mirire bikarinda abana kugwingira.
Mu Karere ka Musanze haravugwa inyamaswa yitwa ‘Igitera’, ishobora kuba yatorotse Pariki ya Gishwati, ikaba ikomeje kubangamira ituze n’umutekano w’abaturage, aho bagenda bafite ubwoba kuko hari n’abo ihutaza.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Imiryango 100 iheruka kwibasirwa n’ibiza yo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’ibanze byo kubunganira mu mibereho no kubafasha guhangana n’ingaruka ibyo biza byabasigiye.
Imiryango 26 yo mu Mirenge ya Shingiro, Gataraga na Busogo yo mu Karere ka Musanze, yahawe inka zo gufasha abayigize kuvana abana mu mirire mibi, hanatangizwa gahunda y’igikoni cy’itorero.
Umugabo witwa Rukundo Ndahiriwe Laurent, yaguye mu mpanuka yaturutse ku cyuma gikoresha ikoranabuhanga mu kuzamura no kumanura abantu mu igorofa, kizwi nka asanseri (Ascenseur) ahita apfa.
Abagize Urugaga rw’abagore n’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, baragaya abagize uruhare mu koreka Igihugu, bategura Jenoside yakorewe Abatutsi bakanayishyira mu bikorwa.
Ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Faransisiko d’Assise Remera (GS St François d’Assise Remera), giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Musanze, huzuye Salle abanyeshuri bazajya bafatiramo ifunguro rya saa sita.
Mu Kagari ka Songa, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umugabo w’imyaka 36 witwa Maniraguha Théoneste, aho bivugwa ko yishwe n’inkoni yakubiswe n’abataramenyekana.
Umuhungu wimyaka 17 wo mu Kagari ka Cyivugiza, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, ari mu maboko y’inzego z’umutekano, akaba akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu.
Umugabo w’imyaka 34 witwa Turatsinze Merikisedeki wo mu kagari ka Kamisave, Umurenge wa Remera Akarere ka Musanze, arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gukubita umugore we icupa mu mutwe akamukomeretsa, mu gihe yari amuhamagaye ngo biyunge.
Abahinga mu Kibaya cya Mugogo, bavuga ko ubu bari mu gihombo cy’imyaka yabo bari barahinzemo, iri hafi kwera ikaza kurengerwa n’amazi y’imvura yaguye mu minsi ishize, bagasaba ko cyakongera kigatunganywa.
Umugabo wo mu kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, yafashwe yikoreye ingurube yapfuye aho akekwaho kuyiba mu kagari ka Nyarutembe Umurenge wa Rugera akarere ka Nyabihu, gahana imbibe n’akarere ka Musanze.
Abiganjemo abafite imirima n’amasambu mu kibaya cya Gatare, bahangayikishijwe n’uko imirima yabo bayambuwe ku ngufu, n’abantu bayihinduye ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro, ku buryo nta muntu ushobora guhirahira ngo akandagizemo ikirenge ngo byibura bahinge kuko n’ubigerageje bamukubitiramo.
Umurambo w’umusaza w’imyaka 65 witwa Ntigura Marc wo mu Kagari ka Rubindi Umurenge wa Gataraga Akarere ka Musanze, bawusanze umanitse mu mugozi mu gitondo cyo ku munsi w’ejo, tariki 21 Gicurasi 2023.
Uruganda rukora sima rwa CIMERWA rwashyikirije Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) Sima izifashishwa mu kubakira imiryango iheruka gusenyerwa n’ibiza.
Umuryango Never Again Rwanda uvuga ko ihohoterwa rishingiye ku mitungo, rigaragara mu miryango imwe n’imwe yo mu Karere ka Musanze, bikomeje kuyisubiza inyuma mu iterambere bikanayibera inzitizi, mu gushyira mu bikorwa Politiki z’Igihugu.
Ikibazo cyo kwiyahura kimaze gufata indi ntera mu Karere ka Musanze, aho mu kwezi kumwe batandatu bamaze kwiyahura, abenshi bakaba bifashisha umuti wica udukoko witwa Tiyoda cyangwa iyindi.
Imwe mu miryango yo mu Karere ka Musanze yihaye intego yo kuzigamira igishoro cyo kwifashisha mu gushyira mu bikorwa imishinga ibyara inyungu, ku buryo nibura mu myaka ibiri iri imbere hari urwego rw’iterambere rufatika bazaba bagezeho.
Mu isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 18 witwa Tuyambaze, wagonzwe n’imodoka agapfa, ubwo yirukaga agerageza gutorokana telefoni yari amaze kwambura umuntu ayimushikuje.
Mu mugezi wa Mukungwa, mu Kagari ka Kabirizi, Umurenge wa Gacaca, habotetse umurambo w’umugabo utahise umenyekana umwirondoro we.
Umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko yapfiriye mu kigo cy’ishuri yigagamo, nyuma y’icyumweru yari amaze aharwariye. Uwo mukobwa witwa Umuhire Ange Cecile, yigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye muri Ecole des Sciences de Musanze, ikigo cy’Amashuri giherereye mu Karere ka Musanze.
Umugore w’imyaka 22 wo mu Kagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi Akarere ka Musanze, yanyweye tiyoda ashaka kwiyahura atabarwa itaramuhitana, ajywanwa kwa muganga, nyuma aza gutaha yorohewe.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), irashimira abakomeje gutabara abahuye n’ibiza, aho ikomeje kwakira inkunga zinyuranye umunsi ku wundi, harimo n’imifuka 1,280 ya Sima yakiriye ku Cyumweru tari 14 Gicurasi 2023.
Perezida Paul Kagame wari ukubutse mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, yageze mu mujyi rwagati wa Musanze, ava mu modoka, asuhuza imbaga y’abaturage bari bamutegererezanyije urugwiro rwinshi.
Umusore w’imyaka 24 wo mu kagari ka Kabazungu, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, yatawe muri yombi azira gufatanwa umukobwa w’imyaka 16 nk’uko ababyeyi b’uwo mwana babivuga, uwo musore n’umukobwa bakaba bari bamaranye iminsi ibiri babana mu nzu y’uwo musore.
IBUKA mu Karere ka Musanze, irasaba ko urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze ruhindurwa inzu ndangamateka, bitewe n’umwihariko w’Abatutsi bari bahungiye mu ngoro y’Ubutabera, bakahicirwa kandi bari bizeye kuhakirira.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwize mu mahanga, rwibumbiye mu muryango witwa ‘HODESO’, rwubatse ibiro bishya by’Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze.