1. Perezida Kagame
    U Rwanda ntirwaremewe kwikorera ibibazo byarwo n’iby’abandi - Perezida Kagame

    48 minutes ago Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano, wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko bagomba kuzuza inshingano zabo kandi bakoresheje ubushobozi bwose bafite.

  2. Nyaruguru: Ibikorwa by’ishoramari byabahinduriye ubuzima

    2 hours ago Iyo havuzwe Akarere ka Nyaruguru igihita kiza mu mutwe wa benshi ni i Kibeho kubera izina hafite mu bijyanye n’iyobokamana bitewe n’amabonekerwa yahabereye, bigatuma hagira umubare utari muke w’abaza kuhasura buri mwaka baturutse hirya no hino ku Isi.

  3. Myanmar: Abarenga 30 bahitanywe n’ibisasu byarashwe ku bitaro

    2 hours ago Mu ijoro rya tariki 10 ukuboza, muri Leta ya Rakhine, agace kari mu maboko y’umutwe w’abarwanyi wa Arakan Army, urwanya ubutegetsi bw’igihugu cya Myanmar, abantu 34 bapfuye abandi barakomereka nyuma yuko indege z’intambara z’ingabo za Myanmar zigabye ibitero ku bitaro biri mu gace kigaruriwe n’uwo mutwe.

  4. I Nyaruguru haracyari amahirwe menshi ku bifuza gushora imari

    3 hours ago Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko bafite amahirwe menshi ku bifuza gushora imari, bukabashishikariza kubegera bakabafasha.

  5. Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku byananiye DRC

    5 hours ago Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga y’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyananiwe gukora ibisabwa kugira ngo gishyire mu bikorwa amasezerano cyasinyanye n’u Rwanda ku ruhande rumwe, ndetse na AF/M23 ku rundi ruhande, bikaba bituma amahoro akomeje kuba ingume muri Kivu zombi.

  6. Munyangeyo Augustin
    Bifuza ko imibare nyayo y’abanyeshuri bafite ubumuga yamenyekana

    5 hours ago Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye no kwita ku bantu bafite ubumuga mu Rwanda, zivuga ubushakashatsi bwakozwe, bwerekanye ko umubare nyawo w’abanyeshuri bafite ubumuga utazwi, ariko kandi n’abazwi ko biga ngo ugasanga batiga neza uko bikwiye.

  7. FPR Inkotanyi yakiriye impuguke ziturutse mu Bushinwa

    10 December 2025 at 23:38 Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Amb. Wellars Gasamagera, yakiriye Amb. Gao Wenqi Ambasederi w’u Bushinwa mu Rwanda, wari uherekejwe n’impuguke zaturutse mu Nzu Ndangamurage ya Leta y’u Bushinwa no mu Kigo gishinzwe Umuco n’Ubukerarugendo mu Bushinwa

  8. Koreya y’Epfo yanenze u Bushinwa n’u Burusiya byavogereye ikirere cyayo

    10 December 2025 at 22:03 Koreya y’Epfo yatangaje ko yamaze gusaba ibisobanuro aba Diplomate b’u Bushinwa n’u Burusiya bashinzwe ingabo bakorera i Seoul muri Koreya y’Epfo, nyuma y’uko indege z’intambara z’ibyo bihugu zivogereye agace iki gihugu gicungiramo umutekano wo mu kirere cyacyo, ku wa Kabiri tariki 9 Ukuboza 2025.

  9. Ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga biratanga icyizere

    10 December 2025 at 21:35 Abaharanira iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda, barishimira ko ibikorwa remezo by’ingenzi mu bisabwa, Leta yabitunganyije, bagasanga ahasigaye ari ahabo kugira ngo baribyaze umusaruro.

  10. Nyuma yo gufata Uvira M23 yahumurije abaturage

    10 December 2025 at 16:34 Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ku mugaragaro ko ryafashe umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo rihamagarira abaturage gusubira mu byabo kuko umutekano n’ituze byagarutse.

  11. Ibicuruzwa u Rwanda rukura muri Kenya byagabanutseho hejuru ya 80%

    10 December 2025 at 13:51 Ibicuruzwa u Rwanda ruvana muri Kenya byaragabanutse ku kigero kirenga 80% mu mwaka ushize, ni ukuvuga hagati y’Ukwakira 2024 n’Ukwakira 2025.

  12. Mu Kiyovu
    Dore Nyamagabe y’ejo hazaza

    10 December 2025 at 13:30 Akarere ka Nyamagabe, ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, ahaturuka inzuzi zivoma ku isoko ya Nili, ahahoze hafatwa nk’ahantu hatazwi hakomeje kwinjira muri politiki y’igihugu y’iterambere igamije gufata neza ubutaka no kububyaza umusaruro.

  13. Imanza ibihumbi 20 zakemutse binyuze mu buhuza mu myaka itatu ishize

    10 December 2025 at 11:05

  14. Abayobozi muri Kicukiro bafashe ingamba zo guhangana n
    Kicukiro: Abayobozi basabwe kurushaho gusobanurira abaturage gahunda za Leta

    9 December 2025 at 22:20 Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yibukije abayobozi ko inshingano yabo y’ibanze ari ugusobanurira abaturage gahunda za Leta kugira ngo bazishyire mu bikorwa uko bikwiye. Ibi uyu muyobozi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yitabiriye Inama Nyunguranabitekerezo y’Akarere ka Kicukiro, yahuje abayobozi kuva ku rwego rw’Umudugudu.

  15. Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragaje ibibazo biboneka muri serivise z’imari z’ikoranabuhanga

    9 December 2025 at 20:35 Imibare y’ubushakashatsi buheruka bwa Finscope 2024, igaragaza ko abantu 96% bakoresha serivisi z’imari mu Rwanda, muri bo 60% bakaba bakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga nka Mobile Money, Mobile Banking n’izindi.

  16. Volleyball: U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’ Afurika y’amakipe

    9 December 2025 at 20:34 Mu itangazo ryasohowe n’ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball mu Rwanda (FRVB), bemeje ko u Rwanda rwamaze guhabwa kwakira imikino ny’Afurika y’amakipe (CAVB Men’s club Championship) mu cyiciro cy’abagabo.

  17. Haragomba kugira igikorwa kugira ngo hongerwe imbaraga mu kubungabunga ibidukikije
    Ubushakashatsi bwagaragaje uko Raporo ya UN ku bidukikije itahawe agaciro n’ingaruka zishobora gukurikiraho

    9 December 2025 at 17:49 Iyi raporo yiswe Global Environment Outlook yamuritswe mu kwezi k’Ukwakira 2025 nyuma y’imyaka itandatu itegurwa, ihuza ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe, ihindagurika ry’ubuzima bwa muntu, ndetse n’ihumana ry’ikirere, byose bishingiye ku bikorwa bya muntu bidahwitse, cyane cyane mu bihugu bikize no mu bikiri mu nzira y’amajyambere.

  18. Banki ya Kigali yahawe igihembo cya FiRe mu gukorera mu mucyo no gutanga raporo z’imari

    9 December 2025 at 10:59 Banki ya Kigali Plc yahawe igihembo cy’icyubahiro cya FiRe Award 2025, kimwe mu bihembo bikomeye mu Burasirazuba bwa Afurika bitangirwa ibikorwa birangwamo ubunyakuri no gukorera mu mucyo, imiyoborere myiza no gutanga raporo z’imari zinoze.

  19. Abadepite b’u Rwanda batsindiye imidali 3 mu Mikino Ihuza Inteko Zishinga Amategeko muri EAC

    8 December 2025 at 23:20 Abadepite b’u Rwanda, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon. Damien Nyabyenda, kuri uyu wa 08 Ukuboza 2025, batsindiye imidali itatu mu mikino ihuza abagize Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Inter-Parliamentary Games) ibera i Kampala muri Uganda.

  20. Perezida Kagame yasobanuye ko ibiganiro bya Qatar na Washington byasabwe na Tshisekedi

    8 December 2025 at 21:47 Hari ibihugu n’abayobozi ngo baba baratekereje ko u Rwanda rutahaye agaciro inzira y’ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC yari yaratangijwe na Afurika, ariko Perezida Paul Kagame avuga ko ibyo babitewe no kutamenya amakuru.

  21. Abiga muri Ines Ruhengeri bibukijwe uruhare rwabo mu miyoborere y
    Abiga muri INES Ruhengeri bibukijwe uruhare rwabo mu miyoborere y’ahazaza ha Afurika

    8 December 2025 at 19:47 Kuri uyu wa Mbere tariki 08 Ukuboza 2025, muri Kaminuza ya Siyansi n’Ubumenyingiro ya INES Ruhengeri, habereye ibiganiro bigamije kugaragaza uruhare rw’urubyiruko mu guteza imbere imiyobore myiza y’ahazaza ha Afurika hibandwa cyane ku mutekano, amahoro n’iterambere rirambye.