Nyuma y’imikino itatu yikurikiranya itabona intsinzi, ikipe ya Al Hilal yongeye kubona amanota atatu itsinze Gorilla naho Al-merrikh bigoranye ibona itsinda Musanze.
Imirimo yo kubaka amazu azatuzwamo imiryango yagizweho ingaruka n’imirimo yo kubaka Urugomera rw’Amashanyarazi rwa Rusumo iri kugana ku musozo. Biteganyijwe ko iyi miryango izahabwa aya mazu mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko kuba yitoza guhosha imyigaragambyo atari uko itegereje ko abantu bagiye kwigaragambya mu gihe runaka kizwi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yavuze ko abashoferi bitwaza ko bahaniwe amakosa yo mu muhanda n’Abapolisi bari ahantu hihishe cyangwa camera zihishe baba bazana amatakiangoyi gusa.
Polisi y’u Rwanda yijeje Abanyarwanda n’abandi barutuye umutekano usesuye mu gihe cy’iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka, ibasaba kuzishima bakanezerwa ariko bakibuka kubikora bubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko Polisi y’u Rwanda isigaye itanga amahugurwa ku bapolisi bayo ameze nk’aya gisirikare mu rwego rwo kwitegura ikibazo icyo ari cyo cyose cyavangira umutekano w’abantu n’ibintu.
Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD) yashyizeho umuhanga mu by’ubukungu, Stella Rusine Nteziryayo, nk’Umuyobozi Mukuru mushya wayo (CEO), nk’uko KT Press yabyimenye. Iyi myanya izatangira gukurikizwa nyuma yo kwemezwa n’inzego zibishinzwe.
Igihugu cya Libya cyashyizeho iminsi itatu y’icyunamo, nyuma y’aho Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Mohammed Ahmed Al-Haddad n’abandi bane bo hafi ye baguye mu mpanuka y’indege.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga yabwiye abasirikare barangije amahugurwa y’amezi ane y’imyitozo idasanzwe, ko ubu bagiye mu rwego rw’abarwanyi badasanzwe.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ku wa 23 Ukuboza 2025, yahurije mu nama abatekinisiye b’inzobere mu bikorwa byo kuhira, mu rwego rwo kuziba ibyuho mu nshingano bafite.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, inzego z’Umutekano zigizwe n’Ingabo z’u Rwanda (Diviziyo ya 2), Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), zikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, zakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu Mudugudu wa Bisiga, Akagali ka Gashoro, Umurenge wa Rwerere, Akarere ka Burera.
Ubuhamya butangwa n’ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera barerera mu ngo mbonezamikurire zifashwa na Caritas Rwanda binyuze mu mushinga wa ECD, ku nkunga ya Plan International Rwanda, bugaragaza ko ibimina bivuguruye byabongereye ubushobozi bwo kurushaho kwiteza imbere no kwita ku ngo mbonezamikurire y’abana bato.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique, Madamu Margarida Adamugi Talapa, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu Mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado Province.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) kuri uyu 23 Ukuboza yakomeje ubukangurambaga ‘Gendana Konti’ bukangurira abagore guhuza konti zo kuzigama na telefone.
Polisi y’u Rwanda yakomereje mu karere ka Kayonza, intara y’Uburasirazuba ubukangurambaga bwiswe ’Turindane tugereyo amahoro’.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, bafite abana mu ngo mbonezamikurire (ECD) zifashwa na Caritas Rwanda ku nkunga ya Plan International Rwanda, bahamya ko ubufasha iyi miryango igenera izi ngo mbonezamikurire ari ingenzi cyane, kuko butuma ziba intangarugero.
Abarimu baturutse mu gihugu cya Zimbabwe biyemeje kurushaho gutanga ubumenyi buzafasha mu guhindura imibereho n’ubuzima bw’Abanyarwanda binyuze mu masomo bazigisha mu mashuri yo hirya no hino mu gihugu.