Noheli n’iminsi mikuru y’impera z’umwaka, ni igihe kizwiho ubucuruzi bukomeye, aho imiryango, inshuti n’abavandimwe baba bashaka kwishimana, basangira, haba amafunguro ndetse n’impano.
Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe ya Police FC yari imaze imikino 13 itaratakaza kuva shampiyona ya Rwanda Premier League uyu mwaka yatangira yaguye i Bugesera.
Nyuma y’amezi arenga atanu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruhagaritse ibikorwa bya Hoteli Château le Marara, iyi hoteli yongeye gufungura imiryango.
Perezida Paul Kagame ari kumwe na Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), batangije gahunda izwi nka FIFA Football Festival, yo guhuza abana bato hagamijwe kubafasha gusabana no kwidagadura, binyuze mu gukina umupira w’amaguru, aho buri mwana muri 220 itabiriye iki gikorwa yahawe umupira. Ni igikorwa cyanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.
Buri mwaka utambutse usigira amarangamutima imiryango y’Abanyarwanda, kubera ibyo banyuzemo, ibyo bibuka, ariko cyane cyane abo basezeyeho bakibakunze. Umwaka wa 2025 na wo, nta mwihariko wazanye kuri iyo ngingo, uretse ko wo wazanye ugutungurana kwinshi, ukajyana benshi, maze umuryango nyarwanda muri rusange ukajya mu cyunamo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru, ari igikoresho gikomeye cyo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahitanye abantu 3, inzu n’ibikorwa by’ubucuruzi birenga 110,000 bibura umuriro w’amashanyarazi ku munsi wa Noheli, bituma batizihiza neza uyu munsi mukuru.
Ku gicamunsi, kuri Hotel Saint-Andre Kabgayi ahari hakoraniye abana benshi bari mu byicungo byabo, ababyeyi bagiye kubona babona ngabo Abapolisi babagezeho, maze bamwe batangira kwihisha no guhisha imfunguzo z’imodoka, abandi batangira kwisobanura ko bataributware banyoye ku nzoga.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango by’Umwihariko abo mu Mujyi wa Ruhango, baraye bizihije Noheli mu gitaramo cy’ibyishimo, ndetse kinakomeza n’ubundi ku mugoroba wa Noheli nyirizina.
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yabwiye Abakristu ko Noheli isanze Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifite ibibazo byinshi.
Abakristo Ku isi yose, abemera Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwabo ku isi hose bazindukiye mu masengesho, amateraniro yo kwizihiza Noheli.
Kuva uku kwezi kwatangira, abanyarwanda batuye I Rwanda cyangwa I Mahanga, abanyamahanga batuye I Rwanda n’ahandi hose ku isi, bahinduye imitako, bahindura imyambaro, ababishoboye batera n’amarangi mashya.
Nyuma y’imikino itatu yikurikiranya itabona intsinzi, ikipe ya Al Hilal yongeye kubona amanota atatu itsinze Gorilla naho Al-merrikh bigoranye ibona itsinda Musanze.
Imirimo yo kubaka amazu azatuzwamo imiryango yagizweho ingaruka n’imirimo yo kubaka Urugomera rw’Amashanyarazi rwa Rusumo iri kugana ku musozo. Biteganyijwe ko iyi miryango izahabwa aya mazu mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko kuba yitoza guhosha imyigaragambyo atari uko itegereje ko abantu bagiye kwigaragambya mu gihe runaka kizwi.