Inama y’Abaminisitiri yateranye uyu munsi yashyizeho inama y’Ubutegetsi ya WASAC Group Ltd, ya mbere kuva 2023 ubwo iki kigo gishinzwe iby’Amazi Isuku n’Isukura mu Rwanda cyahabwaga iri zina n’inshingano nka Wasac Group.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ubwa BioMassters, ku itariki 12 Ukuboza 2025 bafunguye ku mugaragaro inzu icururizwamo ibicanwa bitangiza ikirere (pellets) kandi bihendutse, mu rwego rwo gufasha abaturage kubona ingufu zisukuye no kugabanya ikoreshwa ry’amakara n’inkwi hagamijwe kurengera ibidukikije.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza Inteko Zishinga Amategeko ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’lburasirazuba (EAC) bishimiye intsinzi y’imidari irindwi batahanye irimo ibiri ya zahabu.
Mu mijyi y’u Rwanda, cyane cyane i Kigali, izina Motari rimenyerewe nk’intumwa inyaruka nk’aho mvugiye aha, igasohoza ubutumwa, cyangwa ikageza umugenzi wihuta aho azindukiye.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rugaragaza ko Abanyarwanda bataranyurwa n’imiyoborere ndetse n’imitangire ya serivisi nibura ku kigero cya 80%, kuko bakiri kuri 76.7%, mu gihe gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere icyiciro cya kabiri (NST2), iteganya ko bagomba kuba bari hejuru ya 90%.
Akarere ka Ruhango kashyizeho inkingi enye zizashingirwaho mu kubaka isuku irambye haba ku mubiri, ndetse no mu ngo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Ukuboza, abaturage b’i Uvira bakangukiye ku nkuru itunguranye: Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryemera kwikura mu mujyi, ryari ryafashe mu cyumweru gishize. Ni mu ntambara barwana na Leta ya Congo n’abayishyigikiye, ikaba irangwa no kwihuta cyane, ndetse n’amasezerano y’agahenge atajya mu bikorwa.
U Rwanda rwongereye ubugenzuzi n’ibihano ku masosiyete ananirwa gushyira mu bikorwa imishinga ya Leta, aho byibura amasosiyete 103 yashyizwe ku rutonde rw’abatemerewe gupiganirwa amasoko ya Leta kuva mu 2021, azira imikorere mibi, kurenga ku masezerano no gutanga amakuru atari yo, nk’uko bigaragazwa n’imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amasoko ya Leta (RPPA).
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rivuga ko uyu mutwe witeguye kurekura umujyi wa Uvira uheruka gufata, mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’Amahoro ya Doha, ndetse ikabikora ku busabe bw’umuhuza muri ibi bigaro ari we Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gusa uyu mutwe ugasaba ko icyo gihe hashyirwa ingabo z’amahanga zitabogama, zo kurindira umutekano abaturage.
Ikipe ya Rutsiro FC itsinze Al-Hilal ibitego 2-1 iba ikipe ya mbere muri Rwanda premier league ishoboye gukura amanota atatu kuri iyi kipe.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’umuhanzi The Ben, babinyujije mu gitaramo The Nu Year Groove, bagiye gutangiza neza umwaka Abanyarwanda bishimye.
Hashize icyumweru U Burundi bufite umuturanyi mushya ku mupaka ubahuza n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo I Buvira, ndetse na Bujumbura rurale.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Mohamed Ali Janah, Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi (Group Chairman) wa Hotels and Resorts Investment Maldives.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025, abantu babiri bivugwa ko ari umuhungu na se, barashe mu kivunge cy’abantu bizihizaga umunsi mukuru w’Abayahudi wa Hanouka, 16 barimo n’umwe mu bagabye icyo gitero bahita bitaba Imana.
Kuva ku nkuru mpuzamahanga ivuga ko umuntu wa cumi yakize SIDA ku buryo bwa burundu bikemezwa n’abaganga, kugera ku nkuru z’amasezerano y’imikoranire n’abafatanyabikorwa ndetse n’ibihembo ku bashoramari icumi bo muri Afurika, iki cyumweru kirimo amatariki y’urwibutso ku Rwanda muri rusange, ku bigo no ku bantu ku giti cyabo.
Ikipe ya Bugesera FC yongeye gusubira Rayon Sports iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Rwanda Premier League wabereye mu karere ka Bugesera
Ba rwiyemezamirimo baturutse muri Tanzania, Kenya na Afurika y’Epfo ni bo begukanye imyanya ya mbere mu birori bisoza ku mugaragaro irushanwa rya 7 ry’igihembo Africa’s Business Heroes (ABH), ryabereye i Kigali mu Rwanda.