Igitaramo ‘Icyambu Live Concert’ cya Israel Mbonyi cyari giteganyijwe kubera i Rubavu ku itariki ya 1 Mutarama 2026, cyasubitswe ku munota wa nyuma.
Umuvugizi w’Umutwe AFC/M23 Lawrence Kanyuka yagaragaje ko ikiganiro Televiziyo ya Leta ya Congo yanyujijeho imbonankubone kuri iki cyumweru ubwo yakiraga umuvugizi w’Igisirikare cya Congo FARDC Gen. Sylvain Ekenge kigaragaza ko iri tangazamakuru rya Leta ntaho ritaniye n’iryashishikarije abahutu urwango ku batutsi, kugeza bakoze Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abanyarwanda n’abakunda amahoro bakomeje kwamagana amagambo y’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeye yagaragajwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Leta ya Congo, Jenerali Sylvain Ekenge.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, ku mbuga yo kuri Kigali Convention Centre habereye igitaramo cyiswe Igisope Experience, aho abacyitabiriye baryohewe n’indirimbo z’abahanzi barimo Makanyaga Abdul, Dauphin, Chicorea, Indashyikirwa, n’abandi. Ni igitaramo kiri muri gahunda izamara icyumweru yateguwe n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo gufasha abawutuye kuryoherwa n’impera z’umwaka wa 2025 bitegura gutangira uwa 2026.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye byuzuye ibiganiro n’ibyemezo byasohowe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), hamwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bishyigikira Somalia.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwifatanyije n’shyaka Parti Congolais du Travail (PCT) mu Nteko Rusange yaryo ya Gatandatu yabereye i Brazzaville, muri Repubulika ya Congo.
Umushinga nyarwanda w’amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera- biodiesel- umaze imyaka ikabakaba icumi uhagaritswe kuko wananiranye wongeye kugaruka mu itangazamakuru.
Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali.
Noheli n’iminsi mikuru y’impera z’umwaka, ni igihe kizwiho ubucuruzi bukomeye, aho imiryango, inshuti n’abavandimwe baba bashaka kwishimana, basangira, haba amafunguro ndetse n’impano.
Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe ya Police FC yari imaze imikino 13 itaratakaza kuva shampiyona ya Rwanda Premier League uyu mwaka yatangira yaguye i Bugesera.
Nyuma y’amezi arenga atanu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruhagaritse ibikorwa bya Hoteli Château le Marara, iyi hoteli yongeye gufungura imiryango.
Perezida Paul Kagame ari kumwe na Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), batangije gahunda izwi nka FIFA Football Festival, yo guhuza abana bato hagamijwe kubafasha gusabana no kwidagadura, binyuze mu gukina umupira w’amaguru, aho buri mwana muri 220 bitabiriye iki gikorwa yahawe umupira. Ni igikorwa cyanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.
Buri mwaka utambutse usigira amarangamutima imiryango y’Abanyarwanda, kubera ibyo banyuzemo, ibyo bibuka, ariko cyane cyane abo basezeyeho bakibakunze. Umwaka wa 2025 na wo, nta mwihariko wazanye kuri iyo ngingo, uretse ko wo wazanye ugutungurana kwinshi, ukajyana benshi, maze umuryango nyarwanda muri rusange ukajya mu cyunamo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru, ari igikoresho gikomeye cyo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahitanye abantu 3, inzu n’ibikorwa by’ubucuruzi birenga 110,000 bibura umuriro w’amashanyarazi ku munsi wa Noheli, bituma batizihiza neza uyu munsi mukuru.
Ku gicamunsi, kuri Hotel Saint-Andre Kabgayi ahari hakoraniye abana benshi bari mu byicungo byabo, ababyeyi bagiye kubona babona ngabo Abapolisi babagezeho, maze bamwe batangira kwihisha no guhisha imfunguzo z’imodoka, abandi batangira kwisobanura ko bataributware banyoye ku nzoga.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango by’Umwihariko abo mu Mujyi wa Ruhango, baraye bizihije Noheli mu gitaramo cy’ibyishimo, ndetse kinakomeza n’ubundi ku mugoroba wa Noheli nyirizina.