1. Basezeranye biyemeza gusezerera ihohoterwa
    Ruhango: Imiryango 30 yasezeranye yiyemeza gusezerera ihohoterwa

    1 hour ago Imiryango 30 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, irahamya ko imibanire itemewe n’amategeko yari intandaro ikomeye yo gukimbirana ku mugore n’umugabo n’abandi bagize umuryango.

  2. Buri wese afite umugabane agomba gusubiza, ntitukabazwe umugabane w’Abandi – Perezida Kagame

    8 hours ago

  3. Al-Hilal imaze gukusanya amanota 10 mu mikino 4 imaze gukina muri shampiyona ya Rwanda Premier League
    RPL: Girumugisha yafashije Al-Hilal kunyagira Bugesera FC

    9 hours ago Ikipe ya Al-Hilal yo mu gihugu cya Sudan itsinze ikipe ya Bugesera FC ibitego 3-1 ikomeza kwigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.

  4. Abandi Banyarwanda 337 babaga muri RDC batahutse

    9 hours ago U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 337 babaga mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), barimo abagabo 22.

  5. Kubwimana Emmanuel
    Ihangana ry’abavandimwe mu maraso: Ibyo wamenya ku mukino wa APR HC na Police HC

    10 hours ago Kuri uyu wa Gatanu, saa moya z’umugoroba, ikipe ya APR HC irakira Police HC mu mukino w’ishiraniro wa shampiyona urabera muri Petit Stade Amahoro i Remera aho kwinjira ari ubuntu.

  6. Urusengero rwa ADPER-Kagarama i Nyarubaka
    Kamonyi: Batatu bagwiriwe n’urukuta rw’urusengero umwe ahita yitaba Imana

    11 December 2025 at 19:06 Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyarubaka, habereye impanuka aho mu bubatsi bavugururaga urusengero rwa ADPER-Kagarama, urukuta rwarwo rwagwiriye batatu umwe ahita yitaba Imana, iyo mpanuka ikaba yabaye kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025.

  7. Perezida Kagame
    U Rwanda ntirwaremewe kwikorera ibibazo byarwo n’iby’abandi - Perezida Kagame

    11 December 2025 at 18:23 Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo kwakira indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano, wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko bagomba kuzuza inshingano zabo kandi bakoresheje ubushobozi bwose bafite.

  8. Nyaruguru: Ibikorwa by’ishoramari byabahinduriye ubuzima

    11 December 2025 at 16:55 Iyo havuzwe Akarere ka Nyaruguru igihita kiza mu mutwe wa benshi ni i Kibeho kubera izina hafite mu bijyanye n’iyobokamana bitewe n’amabonekerwa yahabereye, bigatuma hagira umubare utari muke w’abaza kuhasura buri mwaka baturutse hirya no hino ku Isi.

  9. Myanmar: Abarenga 30 bahitanywe n’ibisasu byarashwe ku bitaro

    11 December 2025 at 16:49 Mu ijoro rya tariki 10 ukuboza, muri Leta ya Rakhine, agace kari mu maboko y’umutwe w’abarwanyi wa Arakan Army, urwanya ubutegetsi bw’igihugu cya Myanmar, abantu 34 bapfuye abandi barakomereka nyuma yuko indege z’intambara z’ingabo za Myanmar zigabye ibitero ku bitaro biri mu gace kigaruriwe n’uwo mutwe.

  10. I Nyaruguru haracyari amahirwe menshi ku bifuza gushora imari

    11 December 2025 at 15:13 Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko bafite amahirwe menshi ku bifuza gushora imari, bukabashishikariza kubegera bakabafasha.

  11. Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku byananiye DRC

    11 December 2025 at 13:43 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga y’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyananiwe gukora ibisabwa kugira ngo gishyire mu bikorwa amasezerano cyasinyanye n’u Rwanda ku ruhande rumwe, ndetse na AF/M23 ku rundi ruhande, bikaba bituma amahoro akomeje kuba ingume muri Kivu zombi.

  12. Munyangeyo Augustin
    Bifuza ko imibare nyayo y’abanyeshuri bafite ubumuga yamenyekana

    11 December 2025 at 13:17 Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye no kwita ku bantu bafite ubumuga mu Rwanda, zivuga ubushakashatsi bwakozwe, bwerekanye ko umubare nyawo w’abanyeshuri bafite ubumuga utazwi, ariko kandi n’abazwi ko biga ngo ugasanga batiga neza uko bikwiye.

  13. FPR Inkotanyi yakiriye impuguke ziturutse mu Bushinwa

    10 December 2025 at 23:38 Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Amb. Wellars Gasamagera, yakiriye Amb. Gao Wenqi Ambasederi w’u Bushinwa mu Rwanda, wari uherekejwe n’impuguke zaturutse mu Nzu Ndangamurage ya Leta y’u Bushinwa no mu Kigo gishinzwe Umuco n’Ubukerarugendo mu Bushinwa

  14. Koreya y’Epfo yanenze u Bushinwa n’u Burusiya byavogereye ikirere cyayo

    10 December 2025 at 22:03 Koreya y’Epfo yatangaje ko yamaze gusaba ibisobanuro aba Diplomate b’u Bushinwa n’u Burusiya bashinzwe ingabo bakorera i Seoul muri Koreya y’Epfo, nyuma y’uko indege z’intambara z’ibyo bihugu zivogereye agace iki gihugu gicungiramo umutekano wo mu kirere cyacyo, ku wa Kabiri tariki 9 Ukuboza 2025.

  15. Ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga biratanga icyizere

    10 December 2025 at 21:35 Abaharanira iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda, barishimira ko ibikorwa remezo by’ingenzi mu bisabwa, Leta yabitunganyije, bagasanga ahasigaye ari ahabo kugira ngo baribyaze umusaruro.

  16. Nyuma yo gufata Uvira M23 yahumurije abaturage

    10 December 2025 at 16:34 Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ku mugaragaro ko ryafashe umujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo rihamagarira abaturage gusubira mu byabo kuko umutekano n’ituze byagarutse.

  17. Ibicuruzwa u Rwanda rukura muri Kenya byagabanutseho hejuru ya 80%

    10 December 2025 at 13:51 Ibicuruzwa u Rwanda ruvana muri Kenya byaragabanutse ku kigero kirenga 80% mu mwaka ushize, ni ukuvuga hagati y’Ukwakira 2024 n’Ukwakira 2025.

  18. Mu Kiyovu
    Dore Nyamagabe y’ejo hazaza

    10 December 2025 at 13:30 Akarere ka Nyamagabe, ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, ahaturuka inzuzi zivoma ku isoko ya Nili, ahahoze hafatwa nk’ahantu hatazwi hakomeje kwinjira muri politiki y’igihugu y’iterambere igamije gufata neza ubutaka no kububyaza umusaruro.

  19. Imanza ibihumbi 20 zakemutse binyuze mu buhuza mu myaka itatu ishize

    10 December 2025 at 11:05

  20. Abayobozi muri Kicukiro bafashe ingamba zo guhangana n
    Kicukiro: Abayobozi basabwe kurushaho gusobanurira abaturage gahunda za Leta

    9 December 2025 at 22:20 Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yibukije abayobozi ko inshingano yabo y’ibanze ari ugusobanurira abaturage gahunda za Leta kugira ngo bazishyire mu bikorwa uko bikwiye. Ibi uyu muyobozi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yari yitabiriye Inama Nyunguranabitekerezo y’Akarere ka Kicukiro, yahuje abayobozi kuva ku rwego rw’Umudugudu.

  21. Banki Nkuru y’u Rwanda yagaragaje ibibazo biboneka muri serivise z’imari z’ikoranabuhanga

    9 December 2025 at 20:35 Imibare y’ubushakashatsi buheruka bwa Finscope 2024, igaragaza ko abantu 96% bakoresha serivisi z’imari mu Rwanda, muri bo 60% bakaba bakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga nka Mobile Money, Mobile Banking n’izindi.