Guverinoma y’u Rwanda yakiriye neza isinywa ry’amasezerano ya Doha, yo gushyiraho ingingo ngenderwaho z’amasezerano arambye y’amahoro hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’ihuriro AFC/M23, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025.
Soldat Mbale Hafashimana ni umwe mu Banyarwanda bahunze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, akajya mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ari kumwe n’umuryango we. Avuga ko bakiva mu Rwanda bahise bajya mu nkambi ya Mugunga (RDC), imaze gusenywa berekeza ahitwa Lubero, aho babaye kugera mu 2022, bajya gutura ahandi hitwa Kararenga.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025, Ikigo gishya cya Polisi gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibinyabiziga (Contrôle technique), giherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere Gasabo, cyatangiye kwakirirwamo ibinyabiziga byiganjemo moto n’amakamyo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yibukije Abanyarwanda ko bakwiriye kwirinda cyane muri iki gihe cy’imvura, kuko indwara y’ibicurane yiyongera cyane ugereranyije n’ibindi bihe, kuko ibipimo bigaragaza ko virusi itera ibicurane yo mu bwoko bwa Influenza A, ari yo yiganje ndetse nta bundi bwoko bushya bwagaragaye mu Rwanda.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’Igihugu butangaza ko bwesheje 100% umuhigo bwihaye wo gukora amadosiye mu mwaka wa 2024-2025, kuko bwari bwahize gukora nibura 96% ariko burarenza bukora 96.4%.
Mu mikino ya shampiyona ya volleyball yakomezaga kuri uyu wa gatanu taliki ya 14 Ugushyingo, Ikipe ya Police VC y’abagore bigoranye yatsinze Kepler naho APR VC yihaniza Gisagara yari itaratsindwa muri shampiyona
Umushinga w’Ikigo Re-Banatex ni wo wahize iyindi yahataniraga ibihembo mu irushanwa ngarukamwaka ryiswe ‘Hanga Pitchfest’, rigamije guteza imbere urubyiruko rufite imishinga yitezweho impinduka, wegukana igihembo nyamukuru cya Miliyoni 50Frw.
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yatumije Inama y’Inteko Rusange idasanzwe ya Rayon Sports amenyesha inzego zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere.
Kuri uyu wa Gatanu, Madamu Jeannette Kagame yakiriye mugenzi we wa Kenya, Rachael Ruto mu Biro by’Umuryango Imbuto Foundation, amugaragariza ibikorwa by’uyu Muryango mu bijyanye n’Ubuzima, Uburezi no guteza imbere ubumenyi.
Kuri uyu wa Gatanu, habaye tombola y’Igikombe cya Afurika muri Handball mu bagabo kizabera mu Rwanda muri Mutarama 2026, aho rwahuriye mu itsinda rya mbere ririmo Algeria.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yasuye Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today, ashima ibikorwa byacyo, yizeza gukomeza ubufatanye n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko Minisiteri ayoboye ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), bagiye gukora igenzura ryimbitse mu ikorwa ry’imihanda kugira ngo itazongera kujya isenyuka itarambye, hifashishijwe imodoka zabugenewe.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard, avuga ko ubuyobozi bwiza ari ubuha serivisi nziza abo bushinzwe, ari na byo bijyana n’intego u Rwanda rwihaye yo gushyira umuturage ku isonga.
Guverinoma y’u Rwanda n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere ry’inganda (UNIDO), byashyize umukono ku nyandiko nshya y’umushinga ugamije kongerera ubushobozi bw’inganda n’ingaruka zazo ku bidukikije. Uyu mushinga uterwa inkunga na Guverinoma ya Polonye.
Mu gihe shamiyona ya volleyball mu Rwanda ikomeje ku munsi wayo wa gatanu, ikipe ya APR volleyball club ibitse igikombe cya shampiyona iresurana na Gisagara VC itaratsindwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na Ismail Omar Guelleh, Perezida wa Repubulika ya Djibouti, bagirana ibiganiro ndetse anamugezaho ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabwe gukemura ibibazo bigaragara muri gahunda yo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato bitarenze amezi 12.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yishimiye byimazeyo Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, mu gihe ibihugu byombi byizihiza imyaka 54 ishize umubano wabyo ushinze imizi, bishimangira kandi ubucuti ndetse n’ubufatanye burambye bukomeje kurushaho kwiyongera hagati ya Beijing na Kigali.