Polisi y’u Rwanda yagaragarije itangazamakuru abantu bafatiwe mu byaha bitandukanye birimo gukoresha inyandiko mpimbano no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare yahagarutse I Kigali kuri uyu wa Gatandatu, yerekeza mu Misiri ahazabera shampiyona ya Afurika mu mukino w’amagare
Ntivuguruzwa Deogratias w’Imyaka 39 y’amavuko afungiye kuri station ya RIB ya Mugina, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana yigishaga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2021 yayoboye inama ya 21 isanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamaganye amakuru yatangajwe na televiziyo y’Abarabu (Al Jazeera) ajyanye n’ikiganiro Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye yagiranye n’abajyanama be ku ifatwa rya Paul Rusesabagina.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yatangaje ingengabihe y’ibiruhuko ku banyeshuri bose bo mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kaminuza y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima(RBC), batangiye umushinga witwa LAISDAR ugamije gukusanya imibare n’amakuru kuri Covid-19 hifashishijwe ikoranabuhanga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Nyamirama, ku wa Kane tariki ya 25 Gashyantare 2021,yagaruje amwe mu mafaranga yari yibwe uwitwa Kayitankore Oliva w’imyaka 48. Yari yibwe amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni n’ibihumbi 555 (1,555,000Frw) Polisi iza gufata uwari yayibye imusangana 1,250,000.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo mu turere twa Kamonyi na Gisagara, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Gashyantare 2021 yafashe abantu 81 bari mu tubari banywa inzoga, aba bantu kandi bari barengeje amasaha yo kuba bageze aho bataha. Bafatiwe mu bikorwa bya Polisi ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze harebwa iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 26 Gashyantare 2021, mu Rwanda abantu 23 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 136, nta muntu icyo cyorezo cyishe nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iremeza ko nubwo uyu mwaka abarimu 24,825 binjijwe mu kazi, ngo haracyari icyuho cy’abandi barimu bagera ku 7,000 nyuma y’uko hari abataragarutse mu kazi, ndetse no mu baherutse gushyirwa mu myaka hakabamo abataritabiriye akazi.
Ni inkuru yanditswe n’ibinyamakuru bitandukanye hirya no hino ku isi, barimo BBC, 7 sur 7 n’ibindi, bavuga ko u Bushinwa bwabeshyuje amakuru y’uko ngo bwaba bwarategetse Abadipolomate b’Abanyamerika kwipimisha Covid-19, ariko abaganga bagafata ibizamini mu kibuno.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangiye gahunda idasanzwe yo kwita ku bana bari munsi y’imyaka itanu bagapimwa ibiro, uburebure n’ikizigira cy’umwana, kugira ngo harebwe imiterere y’imikurire yabo.
Babiri mu bareganwa na Paul Rusesabagina basabye Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ko barekurwa by’agateganyo kubera ko biyemerera icyaha.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyonirima mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, barasaba Leta kubemerera gukorera ibikorwa binyuranye ku butaka bwabo, nyuma y’uko muri ako gace kegereye ibirunga bahagarikiwe kubaka no gusana inzu, abafite izishaje zikaba zatangiye gusenyuka.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC bwemeje CIP Obed Bikorimana, nk’Umunyamabanga mushya w’iyo kipe akaba asimbuye CIP Maurice Karangwa.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Gashyantare 2021, Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwanzuye ko ruzasubukurwa urubanza rwa Paul Rusesabagina ku wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.
Imibare igaragazwa na Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko kuva Covid-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 kugeza ubu, akarere gafite abayanduye benshi ari aka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali gafite 3,891 naho agafite bake ni aka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba gafite 26.