U Burundi bwihariye amapaji y’ibinyamakuru muri aka karere mu mpera z’iki cyumweru, bukaba bwaje buzanye amakuru agaragaza urugero rwa diplomasi abayobozi baho bagezeho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko ibikorwa by’Ingenzi byakozwe mu mwaka wa 2025, bishingiye ku nkingi eshatu za Guverinoma, bizatuma ibiteganyijwe mu mwaka wa 2026 bigerwaho ku gipimo gishimishije.
Mu Rwanda, abatunze amazu yabo baragenda bigabanuka, nyamara mu myaka myinshi ishize, gutunga inzu byabaye kimwe mu bimenyetso bigaragara by’umutekano n’ituze ry’igihe kirekire ku miryango.
Ikipe y’ingabo z’igihigu APR FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2 - 1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa Rwanda Premier League bituma ikomeza gusatira ikipe ya Police FC.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative COOPRIKI – Cyunuzi bavuga ko kutagira imbuga banikaho umusaruro wabo bibatera igihombo.
Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yamaganye byimazeyo igitero cy’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyagabwe kuri Venezuela, ivuga ko ari ukurenga ku bwigenge n’ubusugire bw’Igihugu mu buryo bweruye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yasabye abagize umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki Gihugu gukomeza guharanira guhesha isura nziza u Rwanda bimakaza ubumwe mu bikorwa byose bibahuza.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Perezida Nicolas Madulo wa Venezuela n’umugore we bafashwe bakajyanwa hanze y’igihugu cyabo, bikaba byabaye ubwo igisirikare cya Amerika cyagabaga ibitero bikomeye mu murwa mukuru wa Venezuela, Caracas mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Gatandatatu tariki 3 Mutarama 2026.
Gasogi United yongeye gutakaza amanota, Al-Hilal ikomeza kwigira imbere nyuma yo gutsinda ikipe ya Gicumbi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gusoza impera z’umwaka wa 2025 ndetse no kuwinjiramo umutekano muri rusange wagenze neza uretse impanuka enye zabaye ndetse abandi bagafatwa banyweye ibisindisha.
Nyuma yo gusinyisha myugariro ukomoka mu gihugu cya Congo, Rayon sports yasinyishije na Kwizera Olivier.
Perezida William Ruto yatangaje ingamba z’igihugu zikomeye zigamije kurwanya ikoreshwa ry’inzoga n’ibiyobyabwenge.
Perezida wa Repubulika ya Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema, yababajwe bikomeye n’ imyitwarire n’umusaruro w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’icyiciro cy’amatsinda cyafashwe nk’ikitajyanye n’ibyifuzo n’intego z’igihugu mu Gikombe cya Afurika cy’Amakipe y’Ibihugu (CAN) 2025. Ibihano byahise bifatwa bidatinze.
Impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda ziri mu nkambi ya Mugombwa, Nyabiheke na Kiziba mu Rwanda, uyu munsi zazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ivangura Leta ya Congo ikomeje gukorera Abaturage babo bo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda/
Nyuma y’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025 n’itangira uwa 2026, yaranzwe n’ibirori mu miryango n’ahandi hatandukanye abantu bahuriye bagamije kwishimisha no kwidagadura bifurizanya umwaka mushya, ubu inkuru igezweho ni itangira ry’amashuri, igihembwe cya kabiri.
Raporo ya Banki y’Isi igaragaza uko ibihugu byorohereza ishoramari yashyize U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bijyanye no kugira amategeko yorohereza ishoramari n’imikorere inoze.
Abaturage bo mu Karere ka Kicukiro biyemeje gukora irondo ry’umwuga baharanira ko nta cyabahungabanyiriza umutekano, bakumira icyaha kitaraba, binyuze mu gutangira amakuru ku gihe.
’Twebwe nta byishimo dufite nk’abandi bari kwishimira gutangira umwaka mushya, kuko twimwe uburenganzira ku gihugu cyacu, tubaye mu kababaro k’ubuhunzi’
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko uyu mwaka izina ry’u Rwanda ryogeye hose kubera ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho n’ibirori cyangwa inama zikomeye rwateguye.