’Twebwe nta byishimo dufite nk’abandi bari kwishimira gutangira umwaka mushya, kuko twimwe uburenganzira ku gihugu cyacu, tubaye mu kababaro k’ubuhunzi’
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko uyu mwaka izina ry’u Rwanda ryogeye hose kubera ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho n’ibirori cyangwa inama zikomeye rwateguye.
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali abantu bakereye ibirori byo gusoza umwaka no gutangira undi, aho bagiye bahurira ahantu hatandukanye hari ibitaramo bibafasha kwishima, nko ku mbuga ya Kigali Convention Centre, aharimo kubera igitaramo kirimo umuhanzi w’icyamamare w’umunya-Tanzania Ali Kiba, aho afatanyije n’abarimo Kevin Kade, Bwiza, Riderman n’abandi.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rw’u Rwanda ko ari cyo gishoro gikomeye igihugu gifite, rukaba rukwiye kwitegura icyasabwa cyose ngo rusigasire ibyagezweho, n’iyo byasaba kwitanga.
Ubuyobozi bwa GLADS Apartment bufatanyije n’ubwa Banki ya Kigali (BK), batashye ku mugaragaro ibikorwa by’ishoramari bifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 7.
Mu gihe hirya no hino ku Isi hari abakibarira amasaha ku ntoki, kugira ngo basoze umwaka wa 2025 ari nako binjira mu mushya wa 2026, hari abamaze kuwugeramo n’abandi bawumazemo amasaha menshi.
Umugabo wo muri Koreya y’Epfo yajyanye umugore we mu nkiko amushinja kumuta ku bushake (malicious abandonment) amuziza kwanga gutanga igice cy’umwijima we kugira ngo arokore ubuzima bwe.
Abadepite bakoze ingendo hirya no hino mu gihugu bareba uko umuryango nyarwanda uhagaze, bagaragaje uko basanze amakimbirane yo mu miryango ari mu byiciro byose by’ubuzima kandi bikajyana n’ingaruka zitandukanye zigera ku bana n’urubyiruko ruyikomokamo.
Inama yahuje Abadepite, abayobozi mu nzego za Leta na Sosiyete Sivile zifite aho zihuriye n’imibereho y’umuryango, urubyiruko n’abandi bahuriye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku muryango utekanye n’uruhare urubyiruko rukwiye kugira bafashe ingamba nshya zizahura umuryango nyarwanda.
Umuyobozi w’Urwego ngishwanama rw’inararibonye, Tito Rutaremara, ashima abarimu bakora akazi kabo ko kwigisha batizigamye, ariko akagaya ababyeyi basigaye baratereye iyo.
Dr Chaste Uwihoreye inzobere mu by’imitekerereze n’ubuzima bwo mu mutwe yavuze ko umuryango ujya gusenyuka ubanza ukarwara ndetse ukiremamo amatsinda biturutse ku mpamvu nyinshi ariko zishobora kuvurwa zigakira.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bazimaniye abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2025
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rubategerejeho umusanzu ukomeye wo guteza igihugu imbere.
Ku mugoroba w’iya 9 Ukuboza, Perezida Kagame yakiriye abatari bacye mu gitaramo cyo gusoza umwaka kuri Kigali Convention Centre, ariko abibutsa ko utwara yanyoye Polisi nawe itamwihanganira.
Koperative yo kuzigama no kugurizanya y’Abarimu-Umwalimu SACCO yungutse Miliyoni 24 frw mu mwaka wa 2025.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania, Ali Saleh Kiba uzwi cyane nka Ali Kiba mu muziki, yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ukuboza 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko umutwe wa FDLR uterwa inkunga n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ukomeje kuba ikibazo gikomeye cy’umutekano mu Karere.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yageneye ubutumwa busoza umwaka inzego z’umutekano z’u Rwanda ashimira byimazeyo akazi gakomeye zikorera Igihugu.