1. Ahishakiye Naphtal(ibumoso) yagaragaje ibikibangamiye Ubumwe bw
    IBUKA yagaragaje ibikibangamiye Ubumwe bw’Abanyarwanda

    1 May 2025 at 07:40 Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA, hamwe na AVEGA Agahozo, ubwo baganiraga n’Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, kuri gahunda yo gushyira mu bikorwa Politiki y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge y’umwaka wa 2020, bagaragagaje ko nubwo hakozwe byinshi hakiri ibikibangamiye ubumwe n’Ubwiyunge mu Banyarwada.

  2. Abakuru b
    Perezida wa Guinea-Conakry arasura u Rwanda kuri uyu wa Kane

    30 April 2025 at 21:54 Gen. Mamadi Doumbouya, Perezida wa Guinea-Conakry, aragirira uruzinduko mu Rwanda, rugamije gukomeza gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.

  3. Burkina Faso yatangiye gufatira ibirombe bya zahabu by’abanyamahanga

    30 April 2025 at 20:18 Muri Burkina Faso, Guverinoma yashyizeho gahunda yo gufatira ibirombe byose bya zahabu bifitwe na sosiyete z’abanyamahanga muri icyo gihugu. Ibyo ngo birakorwa mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’igihugu biturutse mu mutungo kamere wacyo, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso, Ouédraogo Jean Emmanuel.

  4. Ingaruka za COVID-19 zatumye biyemeza kwishyiriraho ikigega kibahunikira imyaka
    Bishyiriyeho ikigega cy’Umudugudu kibafasha kwirinda gusesagura imyaka

    30 April 2025 at 13:19 Abaturage b’Umudugudu wa Kabuga ya mbere, Akagari ka Byimana, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, barishimira ko kuva batangiza ikigega cyo guhunikamo imyaka byabafashije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, ndetse banatandukana no gusesagura umusaruro.

  5. Kumara amezi atanu bakora badahembwa bibangamiye imibereho yabo
    Burera: Hari abakorera Poste de Santé basaba guhembwa ibirarane by’amezi 5

    30 April 2025 at 12:13 Bamwe mu bakora mu mavuriro mato azwi nka ‘Poste de Santé’ yubatswe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kuba mu ihurizo ry’imibereho ibagoye mu miryango yabo, biturutse ku kuba bamaze amezi arenga atanu badahembwa, bakaba basaba gukemurirwa icyo kibazo.

  6. Umuryango utabara imbabare ugiye guhungisha ingabo za FARDC

    30 April 2025 at 11:40 Ubuyobozi bwa Komite Mpuzamahanga y’Umuryango wita ku mbabare - CICR butangaza ko kuri uyu wa 30 Mata butangira gucyura ingabo za FARDC n’ imiryango yabo yahungiye mu kigo cy’ ingabo z’ umuryango wabibumbye zikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Monusco.

  7. Vivo Energy izafasha abantu barenga 300 barimo n
    Vivo Energy yiyemeje kwishyurira abanyeshuri bafite ubumuga no kubaha ibikoresho

    29 April 2025 at 22:27 Binyuze mu bukangurambaga bwiswe ‘Tugendane’, Vivo Energy yiyemeje gushyigikira abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona 60, babishyurira amafaranga y’ishuri mu gihe cy’umwaka, hamwe no gutanga ibikoresho bibafasha bikanaborohereza gukurikirana amasomo ku bandi 300.

  8. Mu Kibaya cy
    Ruhango: Menya icyadindije iyubakwa rya Kiliziya nini mu Kibaya cy’Amahoro

    29 April 2025 at 14:06 Padiri Jean Marie Vianney Nizeyimana, umuyobozi w’Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, avuga ko imirimo yo gutangira kuyubaka yakomeje gukomwa mu nkokora n’amananiza ku kugura igice kigomba kwiyongera ku butaka basanganywe, kugira ngo izabe ari nini.

  9. SADC yacyuye intwaro zayo izinyujije mu Rwanda

    29 April 2025 at 12:47 Kuri uyu wa 29 Mata, ingabo za SADC zatsinzwe ku rugamba zari zifatanyije na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zihanganyemo n’abarwanyi b’umutwe wa M23 zacyuye ibikoresho byazo zibinyujije mu Rwanda.

  10. Politiki y
    Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasabwe kwihutisha politiki igenga itangazamakuru

    29 April 2025 at 09:56 Inteko Ishinga Amategeko igezwaho raporo ya Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ku isesengura rya raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) y’umwaka wa 2023/2024, na gahunda y’ibikorwa ya 2024/2025 tariki 28 Mata 2025, yafashe umwanzuro wo gusaba Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kwihutisha politiki y’itangazamakuru irimo kuvugururwa, bigakorwa mu gihe cy’amezi atandatu gusa.

  11. Abayobozi ku mpande zombi bitabiriye ibyo biganiro
    U Rwanda na Amerika byatangiye ibiganiro ku guteza imbere ubufatanye

    29 April 2025 at 06:20 Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije ku mugaragaro gahunda y’ibiganiro bigamije guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye no gukemura ibibazo bibangamiye inyungu rusange.

  12. Andriy Yarmak wa Ukraine
    U Burusiya bukwiye gufatira urugero ku masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na RDC - Andriy Yarmak

    28 April 2025 at 18:58 Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Ukraine, Andriy Yermak, yavuze ko u Burusiya bwari bukwiye gukurikiza urugero rwiza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko biherutse gusinyana amasezerano yo guhosha amakimbirane byari bimazemo igihe, no kugera ku mahoro arambye n’iterambere ry’Akarere.

  13. Abadepite bemeza imishinga y
    Abadepite bemeje imishinga y’amategeko ane azafasha mu iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu

    28 April 2025 at 17:24 Inteko rusange umutwe w’Abadepite kuri uyu wa mbere tariki 28 Mata 2025, yateranye yemeza imishinga ine y’amategeko, irya mbere rishyiraho amahoro y’ibidukikije yishyurwa ku bikoresho bitumizwa hanze y’Igihugu bipfunyitse mu bikoresho bya pulasitiki, irishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi, irishyiraho amahoro kuri lisansi na mazutu agenewe gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peteroli, n’amahoro yakwa kuri lisansi, mazutu n’ibinyabiziga agenewe gusana imihanda.

  14. Intambara y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’u Bushinwa ihatse iki?

    28 April 2025 at 08:31 Kuva Donald Trump yarahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Perezida wa 47 w’iki gihugu, tariki 20 Mutarama 2025, nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yegukanye umwaka ushize atsinze Kamala Harris wari uhagarariye Ishyaka ry’Aba-Democrates, mu kwezi kumwe gusa asubiye muri ‘White House’, yahise atangiza intambara y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’u Bushinwa.

  15. Ubwo Abepisikopi b
    Menya Abepiskopi umunani b’u Rwanda batowe na Papa Francis

    27 April 2025 at 12:06 Mu rwibutso Papa Francis witabye Imana ku itariki 21 Mata 2025 asigiye Kiliziya Gatolika y’u Rwanda, harimo ko mu bepisikopi icyenda ari we watoye umunani muri bo, anatora Umukaridinali wa mbere mu mateka y’u Rwanda.

  16. Trump na Zelensky baganiririye i Roma
    Misa yo gusezera Papa Francis yabaye umuhuza wa Trump na Zelensky

    26 April 2025 at 19:43 Mu gitambo cya Misa yo gusabira no gusezera bwa nyuma Papa Francis, cyaturiwe ku rubuga rwa Bazilika ya Mutagatifu Petero kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Mata 2025, Perezida wa Amerika Donald Trump, yagaragaye ari kugirana ibiganiro na Perezida Vlodimir Zelensky wa Ukraine bari bamaze iminsi badacana uwaka.

  17. Imvura igwa irimo guteza ibibazo mu mihanda itandukanye, bakaba biyemeje kuyisana
    Iburasirazuba: Umuganda wibanze ku gukumira ibiza no gusana ibyo byangije

    26 April 2025 at 16:45 Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Mata 2025, mu Turere dutandukanye tugize Intara y’Iburasirazuba, hakozwe umuganda usoza uku kwezi, wibanze ku bikorwa byo gusana inzu n’imihanda byangijwe n’ibiza, ndetse no gusibura imirwanyasuri, gutunganya inzira z’amazi, kuzirika ibisenge by’inzu no gusiba ibinogo mu mihanda.

  18. Antony Twahirwa aganira n
    N’ubwo imvura yatinze kugwa imyaka izera - Meteo

    25 April 2025 at 22:52 Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo-Rwanda, kivuga ko imvura y’itumba izarangiza ukwezi kwa Gicurasi 2025 ikirimo kugwa, bitandukanye n’uko iteganyagihe ry’Itumba ryagaragazaga ko ahenshi mu Gihugu imvura izacika mbere ya tariki 20 Gicurasi muri uyu mwaka, bityo ko imyaka izera.

  19. Abagize ihuriro ry
    Ihuriro ry’imitwe ya Politiki ryasabwe kwita ku barangiza ibihano ku byaha bya Jenoside

    25 April 2025 at 22:23 Abadepite bagize komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, basabye ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki gukorana n’izindi nzego hagakomeza gutangwa inyigisho ku bafunguwe barangije ibihano ku byaha bya Jenoside.

  20. Tanzania yakumiriye ibicuruzwa byose bikomoka ku buhinzi bituruka muri Afurika y
    Tanzania yakumiriye ibikomoka ku buhinzi bituruka muri Afurika y’Epfo na Malawi

    25 April 2025 at 12:50 Tanzanira yahagaritse ubucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byose byatumizwaga muri Afurika y’Epfo na Malawi, kubera ibibazo bijyanye n’ubucuruzi biri hagati y’ibyo bihugu.

  21. Impuhwe n’urukundo Papa Francis yagaragarije abandi, byabereye benshi icyitegererezo - PS Mukeka

    24 April 2025 at 23:02 Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clémentine, yavuze ko impuhwe n’urukundo Papa Francis yagaragarije abandi, byabereye benshi icyitegererezo harimo n’u Rwanda.