1. Ingamba z’ubwirinzi zizagumaho mu gihe FDLR igihari – Minisitiri Nduhungirehe

    10 hours ago Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yavuze ko hari Amahanga ashaka ko u Rwanda ruhinduka umuyonga, atangaza ko ingamba z’ubwirinzi zizagumaho mu gihe FDLR igihari.

  2. Umujyi wa Kigali wasabwe gusubiza abaturage amafaranga yarenze ayagombaga gutangwa ku mpushya zo kubaka
    Umujyi wa Kigali wasabwe gusubiza 177,165,500Frw yarenze ku yagombaga gutangwa ku mpushya zo kubaka

    18 September 2025 at 07:32 Inteko rusange umutwe w’Abadepite yateranye ku wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, yakoze umushinga w’umwanzuro uzashyikirizwa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, urimo Ingengabihe (roadmap) y’Umujyi wa Kigali igaragaza igihe uzagaruza amafaranga atarinjiye mu isanduku ya Leta angana na 14,380,000Frw no gusubiza abaturage amafaranga arenze ayo bagombaga gutanga ku mpushya zo kubaka angana 177,165,500Frw bizarangirira.

  3. Ikawa yoherezwa mu mahanga yariyongereye
    Ubuhinzi mu byazamuye bigaragara umusaruro mbumbe w’Igihugu

    18 September 2025 at 07:11 Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, yerekana ko ubuhinzi bwagize uruhare rwa 8% mu musaruro mbumbe w’u Rwanda mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.

  4. Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu nama yiga ku mutekano wo ku mipaka

    17 September 2025 at 23:08 Ingabo z’u Rwanda (RDF) zo muri Diviziyo ya 5 n’iza Tanzania (TPDF) zo muri Brigade ya 202, zahuriye mu nama ya 13 yitwa Proximity Commanders, igamije kwigira hamwe ibibazo bibangamiye umutekano, ndetse no gushimangira ubufatanye mu kubungabunga umutekano ku mipaka ihuza ibihugu byombi.

  5. Dore ibikubiye mu itegeko ryatowe ryerekeye imyishyurire y’indishyi zikomoka ku mpanuka

    17 September 2025 at 21:46 Inteko rusange umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, yatoye umushinga w’itegeko ryerekeye imyishyurire y’indishyi zikomoka ku mpanuka.

  6. Ubwo impande zombi zasinyaga ayo masezerano
    U Rwanda n’u Bushinwa byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare

    17 September 2025 at 19:06 Guverinoma y’u Rwanda na Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’Ingabo, ibifatwa nk’intambwe ikomeye mu mibanire y’ibihugu byombi.

  7. Ibiciro by’amashanyarazi byiyongereye, abakoresha umuriro mucye, abanyenganda bari mu nyungu

    17 September 2025 at 18:48

  8. Bibukijwe ko imanza zitera ubukene n
    Muhanga: Abafitanye ibibazo by’izungura barasabwa kubikemurira mu nama y’Umuryango

    17 September 2025 at 16:22 Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abafitanye ibibazo bishingiye ku mitungo igomba kuzungurwa, kubanza kubikemurira mu miryango kugira ngo birinde inzangano ziterwa no kuburana mu nkiko, kandi ibyo bibazo byagakemutse nta mpaka.

  9. Dr. Sosthene Munyemana yatangiye ubujurire

    17 September 2025 at 10:41 Umunyarwanda Sosthene Munyemana wahoze ari umuganga yagarutse mu rukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa mu bujurire bw’igihano cy’igufungo cy’imyaka 24 yahawe nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

  10. Santrafurika: Ingabo z’u Rwanda zavuye abarenga magana abiri

    16 September 2025 at 15:56 Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zigize amatsinda ya RWABG VII na RWAMED X yita ku buvuzi, zahaye serivisi z’ubuvuzi ku buntu abarenga 200 bo mu Bitaro bya Sam-Ouandja.

  11. Amakimbirane ashingiye ku moko, imitwe y’inyeshyamba mu bikibangamiye Demokarasi

    15 September 2025 at 20:46 Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze ko amakimbirane ashingiye ku moko, imitwe y’inyeshyamba mu bihugu bitandukanye n’iyambukiranya imipaka ndetse n’iterabwoba, bigikoma mu nkokora umugabane wa Afurika kugera kuri Demokarasi.

  12. Inteko Ishinga Amateko y’u Rwanda yamaganye raporo y’iya EU isaba ko Ingabire Victoire arekurwa

    15 September 2025 at 18:50 Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bamaganye bivuye inyuma ibikubiye muri raporo, y’inteko ishinga amategeko y’ibihugu bigize ubumwe bw’u Burayi ku Rwanda.

  13. Ubushakashatsi bushya buje guha ijambo urubyiruko rufite ubukungu bwifashe nabi

    15 September 2025 at 13:13 U Rwanda ruri mu bihugu icumi bya Afurika bigiye gukorerwamo ubushakashatsi bugamije kugaragaza ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko rufite ubukungu bwifashe nabi, rudafite akazi karuhesha ishema.

  14. Barimo gusuzuma iby
    Sena yasabye Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi kureka kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda

    15 September 2025 at 12:20 Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nzeri 2025, Inteko rusange ya Sena ndetse n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, zateranye zisuzuma ikibazo cy’inyungu rusange cyerekeye umwanzuro (2025/2861/RSP) wo ku wa 11 Nzeri 2025, w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uvuga ku Rwanda, aho bigaragara ko ari ukwivanga mu miyoborere yarwo.

  15. Muhanga: Biruhukije ikidodo cyo kubana bitemewe n’amategeko

    14 September 2025 at 12:56 Abagore babanaga n’abagabo batasezeranye byemewe n’amategeko mu Karere ka Muhanga, barishimira ko batakirukanwe mungo zabo nk’indaya, nyuma y’uko ubuyobozi bw’Akarere bubigishije ibyiza byo kubana byemewe n’amategeko bakiyemeza gusezerana.

  16. U Rwanda rugiye gusimbuza abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa muri Mozambique

    14 September 2025 at 09:49 Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, bahaye impanuro abasirikare n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

  17. Kigali yagaragajwe nk’igicumbi cy’imitangire inoze ya Serivisi muri Afurika

    13 September 2025 at 15:46 Muri iki cyumweru kigana ku musozo, mu Mujyi wa Kigali harimo kugaragaramo udushya tw’ivugurura mu mitangire ya serivisi, mu gihe hakirirwaga Inama Nyafurika y’Abayobozi ku mitangire ya Serivisi (Africa Customer Experience Leaders Forum 2025). Ni igikorwa cyatumye Kigali igaragara nk’igicumbi cya Afurika cyujuje ubuziranenge ku mitangire ya serivisi.

  18. Polisi yerekanye abantu batatu baherutse kugaragara batema umuntu

    13 September 2025 at 12:37 Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batatu bagaragaye mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, batema umugore bagamije kumwambura mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu Kagari ka Rwampara tariki ya 11 Nzeri 2025.

  19. Perezida wa Sena, Dr. Kalinda François Xavier na Dr. Christophe Bernasconi,
    Perezida wa Sena Dr. Kalinda yashimye ubufatanye bw’u Rwanda na La Haye

    12 September 2025 at 19:42 Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 yakiriye mu biro bye Dr. Christophe Bernasconi, Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro rya La Haye ku Mategeko Mbonezamubano Mpuzamahanga, HCCH.

  20. Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

    12 September 2025 at 19:26 Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, aho yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar.

  21. Kamonyi: Abafunguwe basubizwa mu buzima busanzwe binyuze mu biganiro by’ubwiyunge

    12 September 2025 at 12:42 Mu Karere ka Kamonyi, abagororwa barangije ibihano bari bakatiwe ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bongeye guhurira hamwe n’abarokotse Jenoside mu biganiro bigamije kubasubiza mu buzima busanzwe no kubaka ubumwe n’ubudaheranwa.