1. RIB yerekanye abantu 26 bakurikiranyweho ubwambuzi bushukana

    8 September 2025 at 14:05 Abantu 26 barimo abagabo 25 n’umugore umwe, bakurikiranyweho ubwambuzi bushukana n’ibindi byaha bifitanye isano. Bari mu kigero cy’imyaka 18-54 bose bakaba bakomoka mu Karere ka Rusizi. RIB ivuga ko bahamagaraga abaturage, bakababwira gukora ibintu bitandukanye, bikarangira babibye.

  2. Imikino n’Ivugabutumwa, Inzira nshya yo kurinda urubyiruko

    26 August 2025 at 16:06 Ku wa 23 Kanama, ku kibuga cy’umupira cya Gatega mu murenge wa Bumbogo, humvikanye indirimbo, amajwi y’ibyishimo, n’urusaku rw’abogeza umupira . Ariko inyuma y’ibi byishimo hari indi mpamvu ikomeye yahurije hamwe ababyeyi n’abana yo gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.

  3. AFC/M23 yamaganye raporo ya HRW iyishinja kwica abantu 140

    21 August 2025 at 12:46 Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryamaganye raporo yashyizwe ahagaragara n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch /HRW) irishinja kwica abaturage b’abasivili barenga 140.

  4. Isabukuru nziza ku matara aturinda kuryana no kuryamirana mu muhanda

    5 August 2025 at 12:07 Amatara yo ku muhanda yifashishwa mu kuyobora ibinyabiziga n’abanyamaguru azwi nka ‘Feu Rouge’ cyangwa ‘Traffic Lights’ mu ndimi z’amahanga, ni amatara akoreshwa mu kugenga no gutunganya urujya n’uruza rw’ibinyabiziga n’abanyamaguru hagamijwe kunoza umutekano wo mu muhanda ku buryo habaho umudendezo mu muhanda buri wese akawukoresha mu buryo butabangamira mugenzi we.

  5. RIB yataye muri yombi ‘Burikantu’

    21 July 2025 at 18:47 Mwitende Abdoulkarim wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Burikantu’ yatawe muri yombi azira gufungirana mu nzu abakobwa bari bagiye kumureba iwe mu rugo aho atuye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Akagari ka Murama mu Mudugudu wa Binunga.

  6. U Rwanda rwishimiye intambwe M23 na DRC bateye

    19 July 2025 at 19:17 U Rwanda rwishimiye isinywa ry’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23, yasinyiwe i Doha muri Qatar.

  7. Harimo uwafashwe ku ngufu inshuro ibihumbi bine: Ibibera mu icuruzwa ry’abantu

    22 June 2025 at 15:18 Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye batunguwe no kumva ibikorwa by’ubugome bw’indangakamere bukorerwa abantu bacurujwe (Human Trafficking) babeshywa ko bagiye gushakirwa imirimo ibahemba neza.

  8. Abanyarwanda barenga ibihumbi bibiri bakuwe mu menyo ya FDLR

    17 May 2025 at 15:23 Kuri uyu wa 17 Gicurasi, Abanyarwanda bagera kuri 360 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bakirwa mu rwababyaye banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Kongo mu Karere ka Rubavu.

  9. Rubavu: umuhora winjiriragamo magendu wafunzwe

    23 April 2025 at 16:00 Ubuyobozi bw’Intara y’i Burengerazuba bwafunze umuhora ukunze kwinjiriramo magendu mu murenge wa Rubavu, akarere ka Rubavu.

  10. Shyorongi: Impanuka yakomerekeje abagenzi ku muhanda wa Kigali - Musanze

    18 April 2025 at 11:20 Mu muhanda Kigali-Musanze ahazwi nko muri Kanyinya ya Shyorongi habereye impanuka abantu barakomereka.

  11. Huye: Inzu ebyiri z’ubucuruzi zibasiwe n’inkongi

    16 April 2025 at 13:03 Ahitwa mu Cyarabu, mu mujyi i Huye, inzu z’ubucuruzi ebyiri zafashwe n’inkongi y’umuriro ibyari mu byumba byagezwemo n’iyo nkongi birangirika ku buryo urebye ntacyo baramuye.

  12. Ngoma: Abantu 11 bafashwe bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umukobwa w’imyaka 15

    12 April 2025 at 13:05 Abantu 11 bafashwe bashyikirizwa Sitasiyo ya Polisi ya Kibungo, bakaba barimo gukorwaho iperereza ku rupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa ROVIZASI Divine wigaga mu mwaka wa Gatatu w’amashuri yisumbuye ku kigo cya GS Gahurire giherereye mu Murenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

  13. Musanze: Imodoka yafashwe yikoreye inzoga zitujuje ubuziranenge

    28 March 2025 at 10:07 Iyo modoka yari ipakiye Litiro 2,720 z’inzoga mu majerekani n’ingunguru byari byuzuye, izivanye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, ikaba yafashwe na Polisi y’u Rwanda ubwo yarimo yerekeza mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025.

  14. Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara yitabye Imana

    26 March 2025 at 23:28 Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025, azize uburwayi bwa kanseri yari amaranye iminsi.

  15. Kigali: Bafunzwe bazira kwaka abantu amafaranga babizeza akazi ariko ntibakabone

    25 March 2025 at 13:13 RIB yafunze Mungaruriye Eric n’abafatanyacyaha be babiri ari bo Beneyo Jean Norbert na Iradukunda Aliane bakurikiranyweho gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya hamwe n’iyezandonke.

  16. Ntirenganya Jean Claude, umukozi wa RIB ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha, asaba abaturage kugira amakenga ku byo babwirwa kuko byose biba atari ukuri
    RIB irakangurira abaturage kurushaho kwirinda abatekamutwe

    24 March 2025 at 20:27 Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ntirusiba kwerekana abafatiwe mu byaha by’ubutekamutwe, ubutubuzi n’ubundi buriganya butandukanye, nyamara hadaciye kabiri ukumva abandi bafatiwe muri ibyo byaha bagerageza gutwara iby’abaturage. Iyi ni imwe mu mpamvu RIB iburira abantu ko bakwiye kurushaho kwirinda bene abo bantu baba bashaka kubatwarira ibyabo.

  17. Corneille Nangaa(Iburyo), umuhuza bikorwa wa AFC/M23
    Ese guhagarika imirwano muri RDC bizakunda?

    17 March 2025 at 10:44 Perezida wa Angola akaba n’Umuyobozi w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), João Lourenço, aherutse gusaba impande ziri mu ntambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imirwano guhera Saa Sita z’ijoro ryo ku wa 16 Werurwe 2025.

  18. Ntituri mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, turarwanira impamvu ifatika - Sultani Makenga

    14 March 2025 at 15:43 Umuyobozi wa Gisirikare w’Umutwe wa M23, General Sultan Makenga, yashimangiye ko intambara barwana ntaho ihuriye n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro nk’uko babishinjwa, ahubwo ko barwanira impamvu yumvikana.

  19. Kenya: Abagore batanu bacukuraga zahabu bagwiriwe n’ikirombe barapfa

    6 March 2025 at 09:56

  20. Nta mahoro twagira dushyira M23 ku ruhande - Umuyobozi w’Abasenyeri muri DRC

    19 February 2025 at 20:37 Umuyobozi w’Inama nkuru y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Mgr Donacien Nshole, aratangaza ko Igihugu cye kidashobora kugera ku mahoro arambye, igihe cyose gishyize imbere inzira y’intambara no gushyira ku ruhande umutwe wa M23.

  21. Intambara ya Congo: Abanyamadini binjiye mu rugamba

    15 February 2025 at 11:55 Bukavu, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyepfo waraye mu muriro, cyangwa se ku babirebera hafi, bamaze iminsi bazinga utwangushye, bashaka inzira y’aho bahungira, mu gihe abandi bavuga ko hashize iminsi ingabo za Congo n’abazishyigiye basahura, ndetse bica inzirakarengane z’Abasivili.