Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali yanditse isaba inama y’igitaraganya n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bitaba ibyo ikaba itazakina shampiyona 2025-2026, abo yandikiye bavuga ko atari Umujyi wa Kigali ukwiriye kubazwa imikorere ya buri munsi ya AS Kigali kuko atari ikipe yawo.
Ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nyakanga 2025, muri Lycée de Kigali, habereye irushanwa ry’iteramakofe ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora “Liberation Boxing Talent Competition” ryiharirwa n’Abanyarwanda.
Ikipe ya AS Kigali ishobora kudakina shampiyona 2025-2026, yasabye inama y’igitaraganya n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali nk’umuterankunga wayo mukuru.
Myukiyehe Juvenal wayoboye Kiyovu Sports hagati ya 2020 na 2023, akayivamo adacana uwaka na bamwe mu Bayovu yatumiwe mu nama idasanzwe y’iyi kipe igowe n’ibibazo by’ubukungu.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 6 Nyakanaga 2025, ni bwo hahembwe abitwaye neza muri Rwanda Mountain Gorilla Rally 2025, nyuma y’uko iri siganwa ry’imodoka ryamaze iminsi itatu rirangiye, rikaba ryegukanywe na Samman Vohra na Drew Sturrock, bari batwaye imodoka ya Skoda Fabia.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire William Togui Mel na myugariro Nduwayo Alex wakiniraga Gasogi United.
Umukinnyi Ntarindwa Aimable wakiniraga Mukura VS hagati mu kibuga yugarira, yumvikanye na Rayon Sports kuzayikinira kugeza mu mpeshyi ya 2027.
Amakipe ya Police Volleyball Club abagabo n’abagore, yegukanye irushanwa ryo Kwibohora atsinze amakipe ya APR.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunyezamu Drissa Kouyate ikanongerera amasezerano rutahizamu Biramahire Abeddy.
Mu irushanwa ryo Kwibohora ku nshuro ya 31 mu mukino wa Volleyball ririmbanyije, amakipe ya Kepler abagabo n’abagore yegukanye imyanya ya gatatu.
Mu mukino wa 1/2 mu bagabo wahuje ikipe ya REG VC na Police VC, Police VC itsinze REG amaseti 3-2 isanga ikipe ya VC ku mukino wa nyuma.
Amakipe ya Rayon Sports na APR FC azahabwa arenga miliyoni 143 Frw kubera kwitabira imikino Nyafurika.
Ikipe igizwe n’abarimo Emmanuel Arnold Okwi, Hakizimana Muhadjili yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yasubiye ku ivuko , ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi aho yavukiye mu 1993 mu birori byo kwizihiza igihe imaze byateguwe n’abafana bigahuza n’umunsi wo Kwibohora.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Mohamed Chelly ukomoka muri Tunisia wazanywe n’umutoza Afahmia Lotfi.
Rutahizamu ukomoka muri Portugal, Diogo Jota wakiniraga Liverpool yitabye Imana ari hamwe n’umuvandimwe we bazize impanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Isiganwa ry’imodoka rimaze kumenyerwa mu Rwanda rizwi nka ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ ryongeye ryagarutse, iry’uyu mwaka rikazatangira ku wa Gatanu tari 4 Nyakanga 2025.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026 igaragaramo Bugingo Hakim, Iraguha Hadji na Fitina Omborenga bavuye kuri Rayon Sports.
Amakipe ya Brazil igizwe na Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjili na Young Boys irimo umunyezamu Kwizera Olivier zasanze Golden Generation na Native Sports muri 1/2 cy’irushanwa rya Esperance Football Tournament.
Umutoza Gatera Musa watozaga Rutsiro FC yasinyiye gutoza ikipe ya AS Muhanga iheruka kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo yiganjemo abakinnyi bashya yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.