1. Umuti wavanywe ku isoko
    FDA yahagaritse umuti witwa ‘Benylin Paediatric Syrup’

    13 April 2024 at 13:49 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse ikwirakwizwa n’ikoreshwa rya nimero 329304 y’umuti wa Benylin Paediatric Syrup ku isoko ry’u Rwanda, wahabwaga abana.

  2. Uwahungabanye akenera kuruhuka ntawe umushungereye
    Dore uburyo 12 wafashamo uwagize ihungabana

    12 April 2024 at 08:59 Ubushakashatsi bwakozwe mu 2018, bwagaragaje ko abarokotse Jenoside yekorewe Abatutsi ari bo benshi bafite ikibazo cy’ihungabana n’agahinda gakabije ugereranyije n’abandi Banyarwanda. Ubu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside n’iyari Minisiteri y’Umuco na Siporo.

  3. Uko Yubahe yari ameze mbere na nyuma yo gufashwa akayungururirwa amaraso, ubu araseka
    Yubahe arashimira abamufashije kubona ubuvuzi bwo kuyungurura amaraso

    10 April 2024 at 08:13 Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, wasabiwe ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (Dialyse), arashimira ababigizemo uruhare kuko ubufasha yabonye bwatumye ashobora kubyimbuka akaba ategereje ko ahindirirwa impyiko agasubira mu ishuri.

  4. Abanyarwanda bibukijwe kuba hafi abagira ihungabana
    RBC yibukije Abanyarwanda kuba hafi umuntu wagira ihungabana

    9 April 2024 at 20:20 Muri iyi minsi u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakoerewe Abatutsimu 1994, hari abakigaragaza ibimenyetso by’ihungabana, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), kikaba gisaba Abanyarwanda kuba hafi yabo no kwiyambaza inzego z’ubuzima mu gihe bibaye ngombwa, kinagaragaza nomero za telefone zakwifashishwa mu gihe hari ugize icyo kibazo.

  5. Inzu y
    Kamonyi: Bashyikirijwe inzu y’ababyeyi yo kubyariramo basaba n’imbangukiragutabara

    6 April 2024 at 11:16 Abaturage bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Murenge wa Kamonyi, baturiye ikigo nderabuzima cya Nyagihamba, bashyikirijwe inzu ababyeyi babyariramo, ariko banifuza guhabwa imbangukiragutabara yo gufasha abagize ibibazo bisaba kujyanwa ku bitaro bifite ubushobozi.

  6. Bishimiye kwegerezwa ikigo cyita ku bana bafite Autisme
    Muhanga: Ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwa ‘Autisme’ barishimira kwegerezwa ikigo kibitaho

    5 April 2024 at 22:19 Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autisme mu Karere ka Muhanga, barishimira kwegerezwa ikigo kibitaho cyitwa ‘Oroshya Autisme’, kuko n’ubwo kimaze igihe gito gitangiye gukora, abo babyeyi batangiye kubona abana babo bahindura ubuzima ugereranyije na mbere.

  7. Uwahawe impyiko y
    Amerika: Uwa mbere watewemo impyiko y’ingurube yasezerewe mu bitaro

    4 April 2024 at 13:53 Muri Amerika, umurwayi wa mbere ku Isi watewemo impyiko y’ingurube yatashye iwe, nyuma yo gusezererwa n’ibitaro bya ‘Massachusetts General Hospital’, akaba atashye yari amaze ibyumweru hafi bibiri akorewe ubwo buvuzi.

  8. Gakenke: Ingabo na Polisi bagiye kuvura abaturage 2,000

    3 April 2024 at 22:19 Muri gahunda y’Ingabo na Polisi yiswe ‘Defence and Security Citizen Outreach Programme’, itsinda ry’abaganga riturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe ryageze mu Karere ka Gakenke, aho bagiye kumara ibyumweru bibiri bavura abaturage indwara zitandukanye.

  9. Abitariye iki gikorwa basobanurirwa ibya Autism
    Abana bafite ubumuga bwa ‘Autism’ bakwiye kwitabwaho byihariye

    3 April 2024 at 10:33 Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autism, buterwa n’ikibazo umwana aba yaragize ku bwonko bigatuma agira imyitwarire idasanzwe, ntabashe kuvuga mu gihe abandi bana batangirira kuvuga n’ibindi bimenyetso, bavuga ko ibyo bituma kubavuza cyangwa amashuri yabo bihenda cyane ku buryo ababasha kubyigondera ari mbarwa, bakifuza kubifashwamo kuko ari abana n’abandi.

  10. Gukingira abana biracyahenda
    Gukingira umwana umwe bitwara asaga ibihumbi 100Frw

    3 April 2024 at 10:02 Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko mu Rwanda ikiguzi kigenda ku mwana ku nkingo zose ateganyirijwe kuva akivuka, kirenga Amadolari y’Amerika 80 (asaga ibihumbi 100Frw), utabariyemo ikiguzi cya serivisi.

  11. Abadafite imyirondoro ihuye basabwa kujya gukosoza ku Kagari
    Abaturage barasabwa kumenya imyirondoro yabo mbere yo kujya kwivuza

    2 April 2024 at 17:42 Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB) ishami rya Nyagatare, Nzamurambaho Sylvain, asaba abaturage kumenya imyirondoro yabo bakoresheje telefone igendanwa, kugira ngo hirindwe ko bashobora gutinda guhabwa serivisi kwa muganga, kubera kudahura k’umwirondoro uri ku ikarita ndangamuntu n’uri muri sisiteme.

  12. Ababyeyi bishimiye iryo koranabuhanga kuko hari amafishi yangirikaga
    Kubika amakuru y’ikingira hifashishijwe ikoranabuhanga bizagabanya arenga Miliyoni 300Frw ku yakoreshwaga

    2 April 2024 at 16:47 Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko uburyo bwo kubika amakuru y’abana bakingiwe hakoreshejwe ikoranabuhanga, buzagabanya ikiguzi cy’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 300, yagendaga ku ikoreshwa ry’ifishi yandikagwaho aya buri mwana.

  13. Abanyeshuri 68 bikekwa ko batewe uburwayi n
    Nyagatare: Mu banyeshuri 165 bajyanywe kwa muganga, 68 ni bo bagikurikiranwa

    26 March 2024 at 08:21 Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko abanyeshuri 68 ari bo bagikurikiranwa kwa muganga, harimo batandatu (6) bari mu bitaro bya Nyagatare, ahagikekwa ko amata banyoye ku ishuri ari yo ntandaro y’uburwayi.

  14. Abayobozi ba RRP+ n
    Baranenga umuntu ugenda abwira abandi ko kanaka arwaye SIDA

    23 March 2024 at 21:49 Urugaga Nyarwanda rw’Abafite Virusi itera SIDA, RRP+, ruvuga ko hari akato karimo guhabwa abanyamuryango barwo, cyane cyane urubyiruko, bitewe ahanini n’uko umuntu iyo amenye ufite iyo virusi ngo agenda abibwira abandi.

  15. Abajyanama b
    Abajyanama b’Ubuzima bashimiwe uruhare rwabo mu kurwanya Igituntu

    23 March 2024 at 14:22 Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Igituntu, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Rubavu, abajyanama b’ubuzima 15 bo muri aka Karere bashimiwe uruhare bagize mu kumenyekanisha abafite ibimenyetso by’igituntu no gukurikiranira hafi abari ku miti, bahabwa amagare yo kubafasha gukora akazi kabo neza.

  16. Dr Migambi Patrick, umuyobozi ushinzwe kurwanya igituntu muri RBC
    Buri wese arahamagarirwa kurwanya indwara y’igituntu

    23 March 2024 at 11:28 U Rwanda rurahamagarira buri wese kugira uruhare mu guhashya indwara y’igituntu ibarirwa mu ndwara 10 zihitana abantu benshi ku Isi, abafite ibyago byinshi byo guhitanwa n’iyo ndwara bakaba ari abafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.

  17. Abaturage basanzwe mu rusengero ngo basobanurirwe ko Roho nziza itura mu mubiri muzima
    Muhanga: Baragirwa inama yo gucika ku kwivuza magendu

    22 March 2024 at 13:32 Inzego z’ubuzima n’iz’ubuyobozi mu Karere ka Muhanga, ziragira inama abaturage yo gucika ku kwivuriza kwa magendu, ahubwo bakagana amavuriro, ibitaro n’ibigo nderabuzima, kuko ubuvuzi butemewe bugira ingaruka mbi ku buzima.

  18. Abaturage bo mu Murenge wa Gikomero bigishijwe uko koza amenyo bikorwa
    Abasaga Miliyari 3.5 ku Isi barwaye indwara zo mu kanwa - OMS

    22 March 2024 at 12:52 Abakora mu rwego rw’ubuzima by’umwihariko abavura indwara z’amenyo no mu kanwa, bavuga ko kugira ubuzima bwiza bihera ku buzima bwo mu kanwa. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), rigaragaza ko indwara zo mu kanwa zugarije Isi, aho mu basaga Miliyari 8 bayituye, muri bo Miliyari 3.5 barwaye izi ndwara.

  19. Haravugwa ubwiyongere bwa Virusi itera SIDA mu rubyiruko

    22 March 2024 at 12:48 Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, mu ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA, Soeur Marie Josée Maribori, avuga ko mu gihe ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bugenda bugabanuka muri rusange, mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 ho bugenda bwiyongera kuko buri ku kigereranyo cya 35% hashingiwe kuri raporo y’umwaka ushize.

  20. Inyubako izajya itangirwamo ubuvuzi bwo kubaga indwara yafunguwe ku mugaragaro yuzuye itwaye Miliyoni zisaga 400 z
    Ibitaro bya Ruhengeri byatashye inzu nshya yo kubagiramo abarwayi

    22 March 2024 at 07:40 Inzu igenewe kubagiramo abarwaye indwara zitandukanye yuzuye mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri, yatashywe ku mugaragaro tariki 21 Werurwe 2024, abarwayi n’abarwaza biruhutsa impungenge baterwaga no kwakirirwa ahantu hato kandi hatajyanye n’igihe.

  21. Perezida William Ruto
    William Ruto: Abanga gutanga amafaranga mu kigega cyo kwivuza bazajya mu muriro

    22 March 2024 at 00:29 Mu rwego rwo gushyigikira Ikigega cyo kwivuza, Social Health Insurance Fund (SHIF), Abanyakenya basabwa gutanga nibura 2.75% ku mushahara. Perezida William Ruto yavuze ko abafite akazi banga kwiyandikisha ngo bajye batanga umusanzu muri icyo kigega batazajya mu ijuru.