Ubuyobozi bw’Umuryango Iteka Youth Organization ukorera mu Rwanda usanzwe utegura Iserukiramuco ‘Iteka African Cultural Festival’ bwatangaje ko bwifuza kugeza ibikorwa by’iri serukiramuco mu gihugu hose mu buryo bwo kugira uruhare mu kukimenyekanisha binyuze mu bukerarugendo.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Damini Ogulu wamamaye nka Burna Boy, ari ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy awards, akaba ari we muhanzi wa mbere w’injyana ya Afrobeat ugiye kuri uru rutonde.
Umusore w’umunyamuziki w’Umunyamerika witwa Zeddy Will w’imyaka 22 y’amavuko, utuye mu Mujyi wa New York aravugwaho kuba yarateye inda abagore batanu icyarimwe, yarangiza akabategurira ibirori byo kuvuka kw’abana (baby shower) abahurije hamwe bose.
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Cindy Marvine Gateka, yahuje imbaraga na Aline Gahongayire uherutse kwemera kumufasha muri muzika, bakorana indirimbo bise Wondekurwa Norwa.
Nshizirungu Prince ukoresha izina ’Uzagendere kuri Moto’ ku mbuga nkoranyambaga ze, yambitse impeta umukunzi we Iliza Gisa Christelle, bamaranye imyaka 9 bakundana.
Umuhanzi wo muri Nigeria, Michael Adebayo Olayinka wubatse izina mu muziki nka Ruger, yatandukanye n’inzu ya Jonzing World Label yamufashaga ikanareberera inyungu ze mu bikorwa bye bya muzika.
Nyuma ya Mico The Best na Danny Vumbi, Bwiza na we yavuye muri KIKAC Music Label, yareberaga inyungu ze.
Umuhanzikazi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Tiwatope Omolara Savage uzwi cyane nka Tiwa Savage yatangaje yibiwe i Londre mu Bwongereza.
Nahimana Adrienne, Umurundikazi wamamaye ku izina rya ‘Bikira Mariya Mawe’, akaba yari azwi cyane nk’umukinnyi w’inararibonye muri filime y’uruhererekane yitwa Ninde, ndetse akaba n’umunyarwenya uzwi, yitabye Imana.
Arnold Alois Schwarzenegger wamamaye muri filime ku izina rya Komando, yatawe muri yombi n’inzego za gasutamo ku kibuga cy’indege cya Munich mu Budage azira kunanirwa kumenyekanisha imisoro y’isaha ihenze yafatanywe yo mu bwoko bwa Audemars Piguet.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, wamamaye mu njyana ya Afrobeats yongeye gukora amateka yo kugurisha amatike yose y’igitaramo agashira ku isoko.
Umukinnyi wa Filime z’urwenya ukomoka muri Amerika, Quinta Brunson yakoze amateka yo kuba umwirabura wa mbere wegukanye igihembo muri Emmy Awards mu myaka 40 yari ishize.
Umuhanzikazi Marina Deborah, bwa mbere yatangaje ko nta mukunzi afite ndetse ahakana amakuru yakomeje kuvugwa mu bitangazamakuru bitandukanye, ko akundana na Yvan Muziki.
Salum Iddi Nyange cyangwa se Mama Dangote, akaba nyina w’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzaniya, yavuze ko umuhungu we igihe yemererwa n’amategeko nikigera ashobora kuzafata abana be akabarera cyangwa akazajya amarana na bo igihe ashaka.
Umuhanzikazi akaba n’Umwamikazi mu njyana ya Afro-pop, Tiwa Savage, yatangaje ko yishimye kuba inzozi ze zigiye kuba impamo, agashyira hanze filime ye ya mbere yise ‘Water and Garri’.
Umuhanzi akaba n’umuyobozi w’inzu ifasha abahanzi, Collins Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy, yashimagije Davido kubera ishyaka agira mu guteza imbere umuziki we kabone n’ubwo akomoka mu muryango ukomeye.
Filime ivuga ku mateka n’ubuzima byihariye by’icyamamare mu njyana ya Pop, Michael Jackson, byatangajwe ko izasohoka ku ya 18 Mata 2025.
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi cyane nka Meddy, uri mu bahanzi bakomeye b’Abanyawanda, umwanzuro aherutse gutangaza yafashe wo kwiyegurira umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel), akomeje kuwushyira mu bikorwa, aho yasohoye indirimbo yise ‘Niyo Ndirimbo’.
Iki gitaramo cyiswe Gabiro Guitar live Experience cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, kibera ahitwa Centre Culturel Francophone ku Kimihurura mu Rugando.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Abdallah Utumatwishima, yakiriye mu biro bye umuraperi Bushali, bagiranye ibiganiro birimo no kumushyigikira mu bikorwa bye bya muzika.
Intore Tuyisenge Jean de Dieu, umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko yahisemo guhanga mu njyana gakondo mu rwego rwo gutanga ubutumwa bwo gukunda igihugu ku bakuru n’abakiri bato.
Uwicyeza Pamella ubwo umugabo we, Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yizihizaga isabukuru y’amavuko, yamubwie amagambo yuje urukundo amugaragariza ko yifuza ko bazasazana.
Ku Cyumweru tariki ya 7 Mutarama 2024, Umunya-Senegal ukinira ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia, Sadio Mané w’imyaka 31, yashyingiranywe n’umukunzi we Aicha Tamba w’imyaka 19 y’amavuko.
Kimenyi Yves, umukinnyi wa AS Kigali n’ikipe y’Igihugu Amavubi, yakoze ubukwe na Uwase Muyango Claudine, witabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019.
Umuhanzi Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol mu muziki, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we witwa Kunda Alliance Yvette bitegura kurushinga.
Kimenyi Yves usanzwe ari umunyezamu wa w’ikipe y’Igihugu Amavubi na AS Kigali, na Uwase Muyango Claudine witabiriye irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019, basezeranye imbere y’amategeko.
M’bilia Bel ubusanzwe amazina ye yose ni Marie-Claire Mboyo Moseka. Yavutse ku itariki 10 Mutarama 1959, akaba ari umuhanzikazi wo mu cyahoze ari Zaire, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) y’ubu.
Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yambitswe impeta ya Fiançailles n’umukunzi we Michael Tesfay wamusabye kuzamubera umugore.
Mu gihe mu myaka ishize abahanzi nyarwanda bakora umwuga wo kuririmba batagaragaye cyane basohora imizingo cyangwa se ‘Albums’ z’ibihangano byabo ahanini bitewe n’icyorezo cya COVID-19 cyabangamiye ibikorwa by’imyidagaduro, muri uyu mwaka wa 2023, abahanzi nyarwanda, abakuru ndetse n’abato, bongereye ingufu mu gukora no (…)
Abatuye mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu basoje umwaka bataramirwa n’abahanzi batandukanye. Barimo Kevin Kade, Bushali, Igisupusupu, Papa Cyangwe, Senderi, Chriss Eazy n’uwitwa Diva.