Musenyeri wa Anglican i Byumba yarokotse impanuka

Umushumba w’Itorero Anglican mu Rwanda (EAR) muri Diyosezi ya Byumba, Ngendahayo Emmanuel, yakoze impanuka ikomeye y’imodoka, ku bw’amahirwe arayirokoka.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 03 Ugushyingo 2022, mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi.

Imodoka ya Musenyeri Ngendahayo yakoze impanuka iracuranguka nyuma yo gusekura umukingo, ubwo we n’umuntu umwe bari kumwe muri yo baturukaga i Kigali berekeza mu Karere ka Gicumbi.

Imbuga nkoranyambaga z’inshuti za Musenyeri Ngendahayo zivuga ko impanuka yabaye ubwo bari bageze mu gasantere ka Rukomo muri ako Karere ka Gicumbi.

Musenyeri Ngendahayo n’uwo bari kumwe bombi bavuyemo badakomeretse bikomeye ndetse bahita bataha, n’ubwo imodoka yo yangiritse cyane.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

Shimwa MANA warinze umugaragu wawe Emmanuel Ngendahayo.

RWABAHIZI Viateur yanditse ku itariki ya: 6-11-2022  →  Musubize

IMANA ishimwe kubwo kuturindira Umushumba , Kandi natwiraturinze.

Habiyakare yanditse ku itariki ya: 5-11-2022  →  Musubize

Imana is hamwe kubwo kurinda nyiricyubahiro wacu(Yesu we uri intwari)

Aimee Nadine yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana is hamwe kubwo kurinda nyiricyubahiro wacu(Yesu we uri intwari)

Aimee Nadine yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Nukuri Imana ishimwe kubwa musenyeri satani ntabubasha afite kubaskozi bimana kdi Imana ukomeze kubana nawe!

Nsabimana rulinda ferdinand yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

IMANA ISHIMWE YO YATURINDIYE UMUSHUMBA.

NIYONZIMA Onesphore yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana yakoze imirimo ikomeye iturokorera aba benedata.Ihabwe icyubahiro ,Turanezerewe.

HATEGEKIMANA Jean Claude yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana ihabwe icyubahiro kubwo kurinda impanuka Nyiricyubahiro n’uwo bari kumwe.

May God’s name be glorified.

NDAGIJIMANA Emmanuel yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana yakoze yaturindiye umubyeyi tuyihaye icyubahiro

UWIMANA Laurence yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana izi kurinda disi reba ukuntu umudamu yapfuye mumyaka ishize agiye byamarabira nawe akaba yarahise acaho Imana ntiyashatse ko abana bahita baba imfubyi nishimwe

Kayitare yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Imana ishimwe ko yabarengeye.

Niyobuhungiro Samuel yanditse ku itariki ya: 4-11-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka