Abanyeshuri 202 bayobora abandi muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, batangiye itorero ry’Igihugu icyiciro cya IV mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, giherereye mu Karere ka Burera, basabwa kurwanya ingeso mbi mu rubyiruko.
Umugore witwa Mukanoheli utuye mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, amaze imyaka ine mu gahinda yatewe n’umugabo we, wamutemye akamuca urutoki, yarangiza agatorokera muri Uganda.
Muri gahunda yo gushishikariza abaturarwanda kwiha serivisi zitangirwa ku rubuga rw’Irembo, hatangijwe gahunda y’ubukangurambaga yiswe ‘Byikorere’ mu rwego rwo gufasha abaturage kwisabira serivisi za Leta bifashishije ikoranabuhanga.
Urubyiruko 50 rwo mu Mirenge ya Cyanika na Kagogo mu Karere ka Burera, rwishoraga mu bikorwa byo kwambukiranya imipaka mu buryo butemewe, rutunda magendu n’ibiyobyabwenge, rugiye kubakirwa ubushobozi binyuze mu kwigishwa imyuga, izatuma babasha kwihangira imirimo ibafitiye akamaro, bityo babashe no kwitandukanya n’ibyo (…)
Umuhanda wa Base-Kirambo-Butaro/Butaro-Kidaho mu Karere ka Burera, hari hashize imyaka isaga icumi (10) abaturage babwirwa ko uzashyirwamo kaburimbo, ndetse rimwe na rimwe hagashyirwamo imashini zikora imihanda, ariko zikawusiga wangiritse kurusha uko wari umeze, ubu imirimo yasubukuwe.
Abacururiza mu isoko rya Gahunga n’abarihahiramo, bavuga ko kuba ritagira amatara arimurikira biteza umwijima mu gihe cy’amanywa na nijoro, bikabangamira ubucuruzi, bagasaba ko yashyirwamo bagakora batekanye.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, yanyuzwe n’ibikorwa by’abangavu babyariye iwabo bo mu Karere ka Burera, ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakora imishinga imwe n’imwe ibateza imbere, irimo uwo gukora amasabune n’amavuta yo kwisiga.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah, asanga hari amahirwe menshi iterambere ry’Igihugu ryubakiyeho, urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro, kugira ngo iterambere ryarwo n’iry’Igihugu ryihute.
Urubyiruko rwo mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, rwibukijwe ko iterambere rirambye rigerwaho mu gihe abenegihugu bitaye ku kurangwa n’imitekerereze ndetse n’imikorere byagutse; ibi bikaba na bimwe mu by’ingenzi bikubiye mu mahame remezo y’uyu muryango.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bahamya ko ingamba zashyizwe mu bikorwa bigamije kugabanya ubukana bw’amazi ava mu birunga, zigenda zitanga umusaruro, icyizere kikaba ari cyose ko mu gihe zakomeza gushyirwamo imbaraga, igihe kizagera ayo mazi akunze kubasenyera akanatwara ubuzima bw’ababo, bizaba (…)
Mu Turere twa Burera, Musanze na Gakenke, hatangijwe umushinga witwa Bandebereho, ugiye guhwitura abagabo no kubafasha kuzamura imyumvire, yo kwita ku buzima bw’umugore n’umwana, gukumira ihohoterwa mu muryango no gufatanya n’umugore mu nshingano ziwuteza imbere, hagamijwe kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Abavuka mu karere ka Burera bakorera mu duce dutandukanye tw’igihugu n’inshuti z’ako karere, bahuye n’ubuyobozi bw’ako karere mu nama nyunguranabitekerezo yiga ku iterambere rirambye ryako.
Umugore witwa Uwimana yafatanywe imifuka ipakiyemo inzitiramibu (Super net), bikekwa ko yari azijyanye kuzigurishiriza muri Uganda, kandi bitemewe.
Abarema isoko rya Nyarwondo bavuga ko niba nta gikozwe mu guhashya abajura biba ibyuma biryubatswe, bashobora kuzisanga batakirikoreramo. Ibi babivuga bahereye ku kuba ibisima bimwe na bimwe byo muri iri soko bitagicururizwaho kubera ko ababisenya bagamije kubikuramo ibyuma (ferabeto) byubakishijwe, bakabijyana kubigurisha (…)
Abaturage bafite imirima ku misozi yatunganyijweho amaterasi, ku gice cyegereye Igishanga cy’Urugezi, mu Kagari ka Rwambogo, mu Murenge wa Gatebe, mu Karere ka Burera, bariruhutsa igihombo cyaturukaga ku kuba mbere ayo materasi atarakorwa, bahingaga, imyaka n’ubutaka bigatembanwa n’amazi y’imvura, bikiroha muri icyo gishanga.
Imiryango 442 ibarizwa mu Mirenge igize Akarere ka Burera, yari imaze igihe ibana mu buryo butemewe, yasezeranye imbere y’amategeko, ihita iniyemeza kuba imbarutso yo kurandura amakimbirane no kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, buvuga ko igihe bwari bwihaye cy’imyaka ibiri, cyo kuba kujuje inyubako y’ibiro bishya by’ako karere, gishobora kwiyongeraho andi mezi macye, bitewe n’uko imirimo yagiye ikererezwa n’icyorezo cya Covid-19.
Abahoze ari abarimu bo mu Karere ka Burera, bavuga ko babangamiwe no kuba bamaze imyaka 23, basiragira ku mafaranga y’ibirarane by’imishahara, ay’ubwiteganyirize ndetse n’imperekeza batigeze bahabwa kuva basezererwa ku kazi, ubuyobozi bw’ako karere ariko burabizeza ko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha bazishyurwa ibyabo.
Abaturage bibumbiye mu itsinda ryitwa “Ngobyi Dutabarane Karambi II” bari mu gihirahiro, nyuma y’aho amafaranga bari barakusanyije, ngo bishyure ubwisungane mu kwivuza, yarigishijwe n’umwe muri bo, kugeza ubu akaba akomeje kwanga kuyabasubiza.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, asanga urubyiruko nirusigasira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rwirinda gutatira igihugu, kutagisebya kandi rugashyira imbaraga mu kuvuguruza abakivuga uko kitari; ari bumwe mu buryo bwo guhamya nyabyo igihango rufitanye na cyo.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuvunyi, Nirere Madeleine, abaturage baherutse kumugaragariza impungenge bakomeje guterwa n’amazu batuyemo, bavuga ko yenda kubahirimaho, biturutse ku kirombe gicukurwamo amabuye, cyabateye kuba mu manegeka; bagahamya ko nta gikozwe mu maguru mashya, ayo mazu ashobora kuzabahirimaho, (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko bwamaze gushyikirizwa Miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, ku buryo bitarenze umwaka utaha wa 2024, kutagira amashanyarazi muri ako Karere bizaba byabaye amateka.
Kimwe n’ahandi mu gihugu, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa gatatu tariki 01 Gashyantare 2023, abaturage bifatanyije n’ubuyobozi mu nzego zitandukanye, kwizihiza Umunsi w’Intwari, bishimira ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho, bikomoka ku kwiyemeza, ubushake n’umurava byaranze izo ntwari z’u Rwanda.
Abaturage bakoresha imihanda yangiritse, yo mu bice bitandukanye by’Akarere ka Burera, bagaragaza ingaruka zirimo imihahiranire n’imigenderanire batanoza uko bikwiye, bakadindira muri serivisi harimo no kugeza umusaruro ku masoko.
Isoko ry’amatungo magufi, ririmo kubakwa, mu Murenge wa Gatebe mu Karere ka Burera, rikaba riri hafi kuzura, abiganjemo aborozi bo muri uwo Murenge, kimwe n’abo mu Murenge wa Kivuye byegeranye, baremeza ko nibatangira kuricururizamo, bizaca akajagari, no guhendwa n’abamamyi, bahoraga babapfukamaho, bayabaguriraga ku giciro (…)
Imiryango 110 ituriye Igishanga cy’Urugezi mu Mirenge ya Kivuye na Gatebe mu Karere ka Burera, irishimira ko ibigega bifata amazi yashyikirijwe, bigiye gufasha abayigize guca ukubiri n’imvune baterwaga no kuvoma amazi y’ibirohwa muri icyo gishanga, yajyaga anabatera indwara.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, asanga ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko bo mu Karere ka Burera, hari intambwe ishimishije bakomeje gutera, mu kuvumbura no guhanga imishinga itanga ibisubizo by’iterambere; akarusaba gukomereza muri uwo murongo, bubakira ku bufatanye no kuzuzanya, kureba kure, kandi bagahanga (…)
Hirya no hino mu turere, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakomeje kwishimira isabukuru y’imyaka 35 uwo muryango umaze ushinzwe, bakaboneraho n’umwanya wo kwinjiza abanyamuryango bashya.
Abiganjemo abaturiye n’abarema isoko rya Gahunga, bahangayikishijwe n’umugabo ufite uburwayi bwo mu mutwe ukubita abantu akabakomeretsa, akagerekaho no kwangiza isoko, aho bahamya ko nta gikozwe ngo avuzwe mu maguru mashya, yazarisenya burundu bagasubira gucururiza mu mihanda no ku gasozi.
Abana babiri b’abahungu, basanzwe mu nzu bamaze gushiramo umwuka, bazize imbabura nyina yari yasize mu nzu yaka.