Imiryango yo mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera iherutse kugerwaho n’ingaruka z’ibiza byatewe n’amazi yaturutse mu birunga, muri iki cyumweru yatangiye guhabwa ubufasha bw’ibiribwa, mu rwego rwo kunganira imibereho yabo yashegeshwe n’ingaruka z’ibyo biza.
Bamwe mu baturiye umupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko kimwe mu bibatera kujya mu burembetsi ari ugukora bakamburwa na ba rwiyemezamirimo, bikabatera ubukene butuma bajya mu ngeso mbi zo gutunda ibiyobyabwenge na Magendu.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) butangaza ko bwataye muri yombi Kagaba Jean Baptiste wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeru mu Karere ka Burera, hamwe na Zirimwabagabo Dieudonné, ushinzwe uburezi muri uwo Murenge.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV, araburira abantu bagitunda ibiyobyabwenge bazwi ku izina ry’abarembetsi bo mu Karere ka Burera, abasaba kubivamo bakihuriza mu makoperative atanu, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere bakareka ibyo bikorwa byangiza igihugu kuko na bo bibagiraho ingaruka.
Hoteli y’Akarere ka Burera ari yo “Burera Beach Resort Hotel” yubatse ku Kiyaga cya Burera, igiye gutezwa cyamunara nyuma y’uko akarere gasabwe kuva mu mushinga w’ubucuruzi, bugaharirwa abikorera aho byagaragaye ko kadashoboye kuyicunga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abaturage bo mu Murenge wa Kivuye gukoresha neza amafaranga bagiye kujya bahembwa mu mirimo Leta ikomeje kubahangira, abereka uburyo umuntu yakira ahereye ku kilo kimwe cy’ubunyobwa.
Umugore witwa Nyirabariyanga Beatrice utuye mu Kagari ka Gisizi, Umurenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, arasaba ubutabazi bwo kuvuza no kwita ku mugabo we witwa Tuyisenge Alexis, umaze imyaka 12 arwaye indwara yamubereye amayobera.
Amatsinda y’abana mu mirenge itanu yo mu Karere ka Burera baratabariza abana bagenzi babo bakigaragara ko bakoreshwa imirimo mibi, ibyo bikaba intandaro yo guta ishuri.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, baratangaza ko basigaye iheruheru, nyuma yo gusenyerwa n’amazi y’imvura yaturutse mu birunga, agasandarira mu ngo zabo, umuntu umwe ahasiga ubuzima, inzu 120 zirangirika, hangirika imihanda, ibiraro n’imyaka bari barahinze.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego batwitse ibiyobyabwenge byagiye bifatirwa mu bikorwa bya Polisi birimo litiro 476 za Kanyanga n’ibiro 30 by’urumogi, byatwikiwe mu Karere ka Burera mu Murenge wa Bungwe mu Kagari ka Bungwe tariki ya 9 Mata 2021.
Abo bantu uko ari 66 barimo abagore 41 n’abagabo 15 bafashwe saa sita n’igice z’ijoro ry’itariki 7 Mata 2021, ubwo barimo basengera mu rugo rw’umuturage witwa Mukankusi Melanie w’imyaka 60, ruherereye mu Mudugudu wa Muremure, Akagari ka Musenda, Umurenge wa Gatebe mu Karere ka Burera.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko mu ngengo y’imari izakoreshwa mu kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera, hamaze kuboneka 20% byayo. Akaba ari nayo akarere kagiye guheraho, gatangiza imirimo yo kubaka iyo nyubako mu gihe cya vuba.
Kuva ku itariki 31 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, ari mu ngendo mu turere twa Gicumbi, Burera na Musanze aho aganira n’ubuyobozi buhagarariye abaturage kuva ku isibo, ari nako asura imishinga yo guteza imbere imibereho y’abaturage, anatanga ubutumwa bwibutsa abayobozi ko umuturage ari ku (…)
Uwize amashuri abanza iyo abajijwe ku isomo ry’ubumenyi bw’isi (Géographie), by’umwihariko ku byiza nyaburanga by’u Rwanda, ntawibagirwa ibiyaga bibiri aribyo Burera na Ruhondo byo mu karere ka Burera, dore ko wasanga ari bake bataririmbye indirimbo yitwa “Turate Rwanda yacu”.
Abana bo mu Karere ka Burera, barishimira uburyo batekerejweho bagishwa inama mu iyemezwa ry’ingengo y’imari ibagenerwa, nk’uburyo nyabwo bwo kumva ijwi ry’umwana harwanywa n’ihoterwa bakorerwa.
Imiryango ibarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe (ibyiciro byacyuye igihe) yo mu Karere ka Burera, kuva ku wa Gatanu tariki 26 Werurwe 2021, yatangiye gushyikirizwa amabati, bamwe bibabera nk’igitangaza kuba batazongera kuba mu nzu banyagirirwamo.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Burera, baratangaza ko ingengo y’imari ikoreshwa buri mwaka mu bikorwa bigamije kubahindurira imibereho, hari urwego imaze kubagezaho, bakaba batakireberwa mu ndorerwamo y’ubukene no kutagira akamaro, kuko izo miliyoni 70 bemeza ko hari aho zibagejeje mu kwiteza imbere.
Kayitesi Clarisse, rwiyemezamirimo washoye imari mu bijyanye no kongerera agaciro igihingwa cy’ibigori akoramo ifu ya Kawunga akanabibyaza ibiryo by’amatungo, mu gihe cy’imyaka itanu amaze abikora asanga umusaruro uruta ibindi yakuyemo ari ugutinyukira gukora no kuba hari abo yahaye akazi, bakaba batunze imiryango yabo.
Imibare y’Uturere uko ari dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, igaragaza ko muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2021B, ibishyimbo ari byo bizahingwa ku buso bunini buhuje ugeranyije n’ibindi bihingwa bizibandwaho muri iki gihembwe kiba kigizwe n’itumba ryinshi.
Umushinga wo gutunganya igishanga cya Kamiranzovu cyo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera ahakenewe abakozi 800, waba ngo ari kimwe mu bisubizo ku kibazo cy’ingendo zitemewe zijya muri Uganda mu gutunda magendu n’ibiyobyabwenge bikorwa n’abanzwi nk’abarembetsi.
Leta y’u Rwanda yashoye asaga miliyoni 900 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gutunganya igishanga cya Kamiranzovu cyo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, aho abaturage 800 bagiye guhabwa akazi mu gihe cy’amezi icyenda uwo mushinga uzamara.
Umwana w’umuhungu witwa Iradukunda Valens wo mu Kagari ka Nyamugari, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Burera, ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2021 ari kumwe na bagenzi be bakinira Ikipe y’Igihugu y’Amagare, yuriye indege, yerekeza mu Gihugu cya Misiri muri shampiyona ya Afurika mu mukino w’amagare igiye (…)
Abaturiye ikiyaga cya Burera, basaba ubuyobozi gushyiraho ingamba zihamye, zituma icyo kiyaga kirushaho kubungabungwa no kubyazwa umusaruro, kugira ngo kirusheho kuba mu biyaga bikurura ba mukerarugendo.
Kuba abahinzi barakanguriwe uburyo bushya bwo kwanikira hamwe umusaruro wabo w’ibigori, ni kimwe mu byabafashije kunguka, nyuma y’uko mu myaka yahise bagiye bagwa mu bihombo byo kutanika ibigori uko bikwiye.
Akarere ka Burera gakomeje urugamba rwo gushakira amacumbi imiryango itishoboye ibaho itagira inzu, aho muri uyu mwaka wa 2021 akarere kihaye umuhigo wo kubakira imiryango 192.
Abanyeshuri biga mu ishuri ribanza rya Kirambo (EP Kirambo) ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ikigo, abarezi babo ndetse n’ababyeyi bashinze itsinda ryiswe “Igiseke cy’Amahoro” mu rwego rwo kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, bagafasha na bagenzi babo bahuye n’ibibazo mu miryango yabo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera by’umwihariko abo mu Murenge wa Gahunga uhana imbibi n’Akarere ka Musanze, baremeza ko baciye ukubiri no guhanwa na Polisi kuko bamaze kumenya icyo Leta ibashakaho ku ruhare rwabo mu kwirinda COVID-19.
Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki 10 Gashyantare 2021, Abarembetsi 16 bari bikoreye ibiyobyabwenge, bikanze inzego zishinzwe umutekano, bajugunya ibyo bari bikoreye bakizwa n’amaguru.
Mu gihe isi yose izirikana uburwayi bwa Kanseri tariki ya 4 Gashyantare buri mwaka, umunsi wahariwe kwita ku ndwara za kanseri, ibitaro bya Butaro bikomeje ubukangurambaga mu rwego rwo gusaba abaturage kwisuzumisha no kwivuza kare abantu bakareka imyumvire yo guhora bikanga amarozi mu gihe barwaye.