Twagirimana Emmanuel na Mutuyimana Felix babitegetswe na Mukagasana Hortense wari nyiri akabali bose banyweragamo inzoga bahondaguye umusore witwa Nzabamwita Alexis w’imyaka 27 y’amavuko basiga bamugize intere biturutse ku makimbirane ashingiye ku masambu bari bafitanye.
Abasore batatu (Nkundimana, Ndagijimana na Byigero) bafungiye kuri satasiyo ya Polisi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho ibyaha by’ubwinjira cyaha bashakaga gukorera muri aka karere Polisi ikabata muri yombi batarabigeraho.
Harerimana Eric bakunze kwita Kibamba uregwa kwica umucuruzi Habimana Sostène amurashe ndetse n’umucuruzi Habumuremyi Alphonse wamuhaye icyo kiraka, batawe muri yombi n’inzego za Polisi y’u Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 17/01/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bo muri ako karere kwirinda abantu bababwira ibihuha kuko abantu nk’abo ari abanzi b’igihugu cy’u Rwanda.
Abagabo barindwi bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ubutabera kuri uyu wa 16/01/2013 bazira gutaburura inka ebyiri zatewe imiti bakazirya bagatanga n’inyama abaziriye bikabaviramo gupfa.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru aratangaza ko hafashe ingamba zikomeye zo kugenzura neza imiterere y’imirenge SACCO yo muri iyo ntara kugira ngo hamenyekane uko umutungo uhagaze muri ibyo bigo by’imari bityo ahazagaragara ibibazo hafatirwe ibyemezo.
Abagabo babiri bacumbikiwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Musambira, bakekwaho ubutekamutwe bwo kwigira abakozi ba Sosiyeti y’itumanaho Airtel, bakaba bashakaga kwaka amafaranga umucuruzi ngo bamugurire butaka bwe, ahazubakwa umunara.
Yamuragiye Rosary wari utuye mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Gafunzo, umurenge wa Mwendo, yimuriwe mu mudugudu wa Dusenyi akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ubusinzi.
Inama y’umutekano y’umurenge wa Kazo yabaye tariki 14/01/2013yafashe icyemezo cyo gusubiza iwabo abarundi barindwi badafite ibyangombwa babaga muri uwo murenge gusubira iwabo.
Abantu babiri bakomerekeye mu mpanuka ya moto yabereye ku gasanteri ka Cyuru mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi tariki 14/01/2013.
Nubwo abantu 308 basize ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda mu mwaka wa 2012 ngo uyu mubare ni muto ugereranyije na 392 wagaragaye mu 2011.
Karimunda Siperansiya umucyecuru w’imyaka 50 ari kuvurirwa kwa muganga mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu nyuma yo gukubitwa bikomeye azira kuroga umuryango w’abantu batandatu.
Kubwimana Etienne bakunze kwita Defender yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano afite ikiyobyabwenge cy’urumogi gipfunyitse mu dupfunyika umunani mu ijoro rya tariki 13/01/013.
Nyiramahirwe umubyeyi w’abana batatu acumbikiwe na Polisi y’igihugu kuri station ya Kanzenze akarere ka Rubavu nyuma yo gutabwa muri yombi acyenyereye ku dupfunyika 2000 tw’urumogi.
Umudozi w’ikweto ukorera mu isoko ryo mu mujyi wa Butare, mu gitondo cya tariki 11/01/2013, yari yivuganywe n’umucuruzi bita Gasongo ukorera muri iri soko amuziza ko yari aje kumubaza impamvu yamumeneye itara.
Abasore babiri bakekwaho kwiba moto mu Karere ka Nyagatare bagatorekera mu gihugu cya Uganda, tariki 09/01/2013 bashyikirijwe Polisi y’u Rwanda na moto bari bibye; nk’uko Polisi ibitangaza.
Abantu 14 batawe muri yombi tariki 10/01/2013 bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe mu birombe biherereye mu mudugudu wa Bweramana, akagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko imwe mu mpamvu ituma inzoga z’inkorano (ibikwangari) zidacika ari uko ababinywa batarumva neza ingaruka zifite ku buzima bwabo.
Abaturage n’ubuyobozi mu karere ka Gatsibo bakomeje guterwa inkeke n’amakimbirane arangwa mu bimukira baza muri aka karere bakurikiye ubutaka n’imirimo bakaza kuhatura.
Ubwo abashinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rusizi bakomezaga igikorwa cyo kureba aho isuku igeze ishyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa 10/01/2013, baje kugwa ku inzu icumbikira abantu ariko itazwi mu murenge wa Kamembe ihita ifungwa.
Iradukunda Naumie w’imyaka 18 utuye mu murenge wa Kibungo, akagali ka Mahango umudugudu wa Rebero yayahuje umuti wa Tioda ku wa mbere tariki 07/01/2013. Uyu munyeshuri yaguye mu rugo iwabo atarajya ku ishuri.
Nyuma yo kumara igihe kirekire muri gereza azira kwiba akaza gufungurwa , tariki 09/01/2012, Dusingizimana Saveri, w’imyaka 34 y’amavuko,ukomoka mu murenge wa bushoki ho mu karere ka Rulindo yongeye gufatanwa ibintu bitandukanye birimo n’amafranga yibye mu baturanyi.
Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Nkejuwimye Gentille wo mu murenge wa Gihundwe yahamagawe n’umuhungu kuri telefone amusaba kuza bakabana, ariko ubwo nyamukobwa yazingaga utwe yageze aho umuhungu atuye aramubura ahamara iminsi igera kuri ibiri amutegereje.
Umusore w’imyaka 33 witwa Kayisire Theogene yatemaguwe n’umusaza witwa Rugiramavuga Emmanuel w’imyaka 50 wo mu murenge wa Kamembe, ahagana saa munani z’ijoro rishyira tariki 09/01/2013, ubwo yamusangaga mu ifuru ye agiye kwiba amakara ye.
Mu nama yahuje abari muri komite z’imiturire zo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barasabwa gukora ku buryo abaturage batura neza kuko gutura habi biri mu bihungabanya umutekano.
Umugabo uzwi ku izina rya Emmanuel ukomoka mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke acumbikiwe kuri Station ya Police ya Kanjongo ashinjwa kwiba butike y’umuturage wo mu murenge wa Macuba.
Sekabuga Petero w’imyaka 93 utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, afite ingamba z’uko atazakomeza kunywa inzoga z’inkorano kuko yakomeje kumva kenshi abantu bavuga ububi bwazo.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe baributswa ko bagomba kwita ku kwibungabungira umutekano mu rwego rwo kurwanya abaturage bajya bambuka bavuye mu gihugu cya Tanzaniya bakazana urumogi.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko, muri iyo ntara, mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2012 hagaragaye ituze ritari risanzwe rigaragara mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka kuburyo ibyaha byagabanutse.