Ngoma: Abakora mu materasi baburiwe ko uzongera gutwara imyaka y’abaturage azahanwa

Mu gihe abaturage bakorerwa amaterasi bari bamaze iminsi batabaza ko abakora muri ayo materasi aho basanze imyaka bayitwara aho kuyisubiza nyiri isambu, ubuyobozi bw’umurenge wa Remera ndetse n’ingabo babwiye aba bakozi ko uzongera kugira icyo atwara azabiryozwa.

Bimwe mu byo aba bakozi biba ngo ni imyumbati, amavoka, ndetse n’ibiti batemye bakabitwara bakabitwikamo amakara banyirabyo bavuga bakenda gukubitwa.

Aba bakozi bavuga ko biba ibintu by’abandi kubera inzara yabaga yabishe kuko rwiyemezamirimo wabo atabahembaga cyangwa ngo abahe ibiryo nkuko babyumvikanyeho none amezi akaba ngo ashize ari abili.

Tariki 22/10/2013 nta muntu wigeze asubirayo gukora mu materasi kubera ngo ikibazo cy'inzara.
Tariki 22/10/2013 nta muntu wigeze asubirayo gukora mu materasi kubera ngo ikibazo cy’inzara.

Umwe muri bo yagize ati “Ibiti byo urabibona tukabitwikamo amakara wenda umuntu akabona icyo arya umunsi umwe kuko havamo agafaranga. Imyumbati yo rwose nawe ushonjye ntiwakihangana. Nibakemure ikibazo cyacu barebe ko hari uwakongera.”

Umwe mu baturage bangirirjwe imitungo yagize ati “Twebwe aba bakozi batubujije uburenganzira ku byacu, ubu ntawe ubona imyaka bakuye aho bakoze amaterasi. Hari uwagiye kubabuza ejo bamuzamukana agasozi bashaka kumukubita.”

Amwe mu mazu aba bakozi bacumbikamo ari naho baza gutekera ibyo biryo.
Amwe mu mazu aba bakozi bacumbikamo ari naho baza gutekera ibyo biryo.

Umuyobozi w’umurenge wa Remera, Mukarukundo Victoire, uhereryemo aya materasi yagize ati “Nta muntu n’umwe wemerewe kugira ikintu cy’umuturage akoraho. Ibyo mukuye mu murima wabo ni ibyanyirawo ntimugomba kubifata. Uzafatirwa mu bikorwa nk’ibyo azahanwa n’amategeko.”

Aba bakozi bakora mu materasi bijeje abayobozi b’umurenge n’abayobozi b’ingabo ko ntawe uzongera gutwara ikintu cy’umuturage. Abayobozi nabo bizeza abo bakora mu materasi kujya babakurikiranira ibibazo byo guhembwa ndetse no kubona ibibatunga.

Tariki 22/10/2013 aba bakozi bakora mu materasi bari baretse akazi bavuga ko batakora bashonje.

Jean Claude Gakwaya

Ibitekerezo   ( 1 )

Ahubwo abantu bajyiye kwicwa n’inzara kubera amaterasi urugero;nkokubura ahobahinga nogusarurira riwe ibyobahinze ndetse no kubirandura bitezen’ibindi.

Uwab Jiggy Cleme yanditse ku itariki ya: 23-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka