Eden Business Center yahiye zimwe mu nkoko zirapfa

Mu gihe mu cyumweru gishize humvikanye ubushyamirane hagati y’ikigo Eden Business Center n’abafatanyabikorwa bacyo borora inkware, kuri uyu wa 11 Mutarama 2016 cyibasiwe n’inkongi y’umuriro.

Bamwe mu bakozi bakeka ko inkongi yatewe n’amashanyarazi; ariko umuyobozi w’ikigo Dr. Rekeraho Emmanuel akavuga hari umuntu washakaga kubateza igihombo wahatwitse.

Zimwe mu nkoko zapfuye.
Zimwe mu nkoko zapfuye.

Inkongi y’umuriro yatangiye mu masaa kumi z’igitondo cyo ku wa 11 Mutarama 2016, ku gice cyororerwamo inkoko n’ikigo Eden Business Center giherereye mu kagari ka Ruyenzi, mu murenge wa Runda.

Hahiye inkoko nyinshi, Umuyobozi w’Ikigo avuga ko zifite agaciro gasaga miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Abakozi barara hafi y’inkoko bavuga ko umuriro waturutse mu nzu yo hasi (cave) ahabikwa ibiryo by’inkoko n’ipamba.

Ikigo Eden Business Center cyorora inkware n'inkoko kibasiwe n'inkongi zimwe mu nkoko zirapfa.
Ikigo Eden Business Center cyorora inkware n’inkoko kibasiwe n’inkongi zimwe mu nkoko zirapfa.

Umwe muri bo wari uryamye hafi y’umuryango, ati “Nagiye kubona mbona mugenzi wanjye arambyukije kuko njye nari ndwaye, mbona imyotsi myinshi yaturukaga hasi muri kave, ariko mbere yaho umuriro wari wabanje kugenda”.

Mugenzi we umurara hafi, na we ahamya ko umwotsi waturutse hasi kuko nta wundi muriro wari ucanye muri iki kigo . Ngo n’urugi rw’umuryango rwari rukinze ni bo bakinguye batabaza abandi bakozi. Na we akeka ko ari amashanyarazi yahatwitse kuko yari yabanje kujya agenda akagaruka.

Nubwo aba bakozi bakeka ko inkongi yatewe n’amashanyarazi, Umuyobozi wa Eden Business Center, Dr. Rekeraho Emmanuel, abihakana avuga ko umuriro wazanywe n’umuntu waturutse hanze y’ikigo, washakaga kumuteza igihombo kugira ngo azabure uko yishyura aborozi b’inkware agomba gushumbusha inkoko.

Abakozi bavuga ko umuriro watewe n'amashanyarazi uturutse hasi muri kave ariko nyir'ikigo akavuga ko hatwitswe n'umuntu washakaga kumuhombya.
Abakozi bavuga ko umuriro watewe n’amashanyarazi uturutse hasi muri kave ariko nyir’ikigo akavuga ko hatwitswe n’umuntu washakaga kumuhombya.

Ati “Ku ruhande rwanjye, ni nk’igikorwa umuntu yashatse gukora ngo atwike zino nkoko kuko yumvise ko dufite gahunda yo gusubiza inkoko bariya bantu barimo bagarura inkware”.

Ngo iyi nkongi yabaye nyuma y’uko bari bamaze gupakurura izindi nkoko bavanye mu gihugu cya Uganda. Nta mubare uhamye w’izahiye ariko ngo izo gushumbusha aborozi b’inkware zirahari, kandi ikigo gifite ubwishingizi.

Dr Rekeraho, nyir'Eden Business Center avuga ko hari inkoko zasigaye azashumbushamo abo inkware zabo zapfuye.
Dr Rekeraho, nyir’Eden Business Center avuga ko hari inkoko zasigaye azashumbushamo abo inkware zabo zapfuye.

Iyi nkongi ibaye nyuma y’iminsi itatu, kuri iki kigo haramukiye aborozi b’inkware bashinja ikigo kubateza igihombo cyanga kubagurira amagi nk’uko byari biri mu masezerano (kanda hano wisomere). Mu myanzuro yari yafatiwe iki kibazo harimo kubashumbusha inkoko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Yo mwihangane pe gusa uwo munt u ashakwe ahanywe

Alias yanditse ku itariki ya: 8-12-2016  →  Musubize

Muraho turabakunda ariko niki kigaragara ashingiraho akomeza kuvuga ko ari umuntu wabikoze. ok ariko nizereko service zijyanye ninkoko ko zihagaze murakoze?

Kamarade edouard yanditse ku itariki ya: 19-11-2016  →  Musubize

mukuriraneneza icyateye iyonkongi yumuriro dukeneye ayomahugurwa inyamagabe murakoze

nemeye gaspard yanditse ku itariki ya: 30-05-2016  →  Musubize

Ariko wangu! uri bamuhige bukware kandi arizo yoroye! ubwose yaba ahindutse inkware!

sasa ibintu ni 2:
1.Niba afite assurance niwe witwikiye
2.Niba nta assurance byaba arinkakumwe bavuzeko buriya bikoreshwa namagini biva I kuzimu none bikaba ariyo yahateye!!! nigeze kumvabantu babivugaho ukuntu!

Kagagi yanditse ku itariki ya: 12-01-2016  →  Musubize

YES! NIBA BARI BAFITE ASSURANCE BISHOBORA KUGIRANA ISANO, POLICE ITANGIRE IPEREREZA UBUNDI "UWO MWOROZI W’INKWARE AHIGWE BUKWARE"

C yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

Mwiriwe kubwange ndabona bashishozaneza kuko sinumva ukuntu habahamaze imisi bagiranye ayomakimbirane yokutabagurira amagi nonengo habehahiye nikibazo? murakoze

Baptista habarurema yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

Nyamara murebe neza intambwe mva bukene itaba intambwe mva kwitikira! Mfite amakenga!!

Nkongi yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka