Umushinga uzwi nk’Indashyikirwa w’Umuryango Rwanda Women’s Network, urimo gufasha imiryango yo mu Karere ka Bugesera kurwanya ihohoterwa ryo mu ngo.
Depite Mutesi Anita ni we watorewe kuyobora ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko ( FFRP) muri manda y’ imyaka ibiri n’igice iri imbere.
Umuryango World Relief wahaye abaturage bo mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera ibikoresho bibafasha kuyungurura amazi.
Imiryango 19 itegamiye kuri Leta yahawe inkunga y’amafaranga irimo kongererwa ubushobozi kugira ngo bizayifafashe kuyikoresha neza.
Ababyeyi, abavandimwe n’abaturanyi ba Rucyahintare Cyprien wiyise maneko w’u Rwanda mu Burundi, barahakana ko yigeze kuba umusirikare ndetse ko atigeze anabitekereza ngo wenda bimutere kubiyitirira.
Aborozi bo mu nkengero z’ishyamba rya Gisirikare rya Gako mu Bugesera bahawe hegitari 600 z’urwuri rwo kororeramo.
Urubyiruko rugomba kumenya amateka ya Jenoside rutagamije kubika inzika, ahubwo ari ukugira ngo bibatere imbaraga zo gukora ibyo abishwe basize badakoze.
Umuryango w’Abanyeshuri n’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, watangije gahunda ngarukamwaka y’ibikorwa bitegura kwibuka ku nshuro ya 22.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda Tony Nsanganira arizeza abahinzi ko mu mwaka utaha ikibazo cy’imbuto y’umyumbati kizaba cyakemutse.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ,Dr. Uzziel Ndagijimana, aravuga ko intego z’iterambere rirambye zizarandura burundu ubukene mu Rwanda.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera barashinjwa gukingira ikibaba abateka Kanyanga bateze indonke.
Abaturage 77 bangirijwe imitungo hakorwa umuhanda Nyamata-Rilima ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera barasaba ingurane z’imitungo yangijwe.
Bamwe mu batuye Akarere ka Bugesera baravuga ko umusaruro w’ibigori bafite uzaziba icyuho cy’umusaruro w’imyumbati kuko imbuto yayo bahinze yibasiwe n’indwara.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, Muyengeza Jean de Dieu, yeguye ku mirimo ye kubera impamvu ze bwite.
Umucuruzi wa moto za “Bajaj” mu Karere ka Bugesera witwa Musemakweri Lambert ari mu mabako ya Polisi ashinjwa kurimanganya abaturage yagurishije.
Abaturage bo mu mirenge ya Shyara, Nyarugenge na Musenyi mu Bugesera barasaba ubuyobozi kurangiza umuhanda uhuza iyi mirenge kugira ngo woroshye ubuhahirane.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, aravuga ko ubwiyongere bw’indwara ya Malariya bwatewe n’uburangare bw’abayobozi n’abaturage bagabanyije umurengo mu kuyirwanya.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative Urumuri Nyarugenge mu Bugesera, barasaba ko bakwishyurwa miliyoni 60Frw y’imyaka yabo yangijwe n’amazi y’uruzi rw’Akanyaru.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Bugesera basabye imbabazi ku burangare bagize ku bibazo by’imirire mibi n’isuku nke bikigaragara muri ako karere.
Abikorera bo mu Karere ka Bugesera bafatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) bashinze ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rifite ubushobozi bwo gutanga impamyabumenyi z’ikirenga.
Kuri station ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, hafungiwe umugabo witwa Kamegeri Appolinaire ukekwaho gutera ivi umugore witwa Nyirangwera Scovia bikamuviramo urupfu.
Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama n’urwa Nyamata Nyamata mu rwego kumenya amateka ya Jenoside byimbitse.
Ingo 83 ni zo zitarabona indishyi z’imitungo yazo yabaruwe ahazubakwa Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera.
Abagenerwabikorwa b’ikigega gishinzwe gufasha abatishoboye mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, FARG, barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubaha inkunga yabo batabonye.
Kuri sitasiyo Polisi ya Nyamata mu Bugesera, hafungiye abantu bane bacyekwaho kwiba abaturage n’umurenge SACCO bakoresheje uburyo bwa Mobile Money.
Madame Jeannette KAGAME arashishikariza urubyiruko rw’abayobozi gutera ikirenge mu cy’ababanjirije kugira ngo babyaze umusaruro amahirwe yose bafite.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera n’ushinzwe VUP mu Murenge wa Kamabuye batawe muri yombi bakekwaho kunyereza amafaranga yagenewe abatishoboye.
Abahinzi bibumbiye mu itsinda “Twizerane” ryo mu murenge wa Musenyi mu Karere Bugesera, baravuga ko kuva ku buhinzi bw’akajagari, byatumye umusaruro wikuba inshuro enye.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ziratangaza ko gahunda y’isanamitima izwi nka Mvura Nkuvure yabafashije gukira ibikomere batewe n’intambara.
Abaturage bakoresha umuhanda Ruhuha-Mareba-Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga babangamiwe n’ikiraro cya Mareba cyacitse.