Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu karere ka Rwamagana barasabwa kubahiriza amabwiriza agenga gutwara abagenzi, bakanacyebura abo batwara kuko polisi yahagurukiye guhashya amakosa bakora agateza impanuka akambura Abaturarwanda ubuzima.
Umukecuru wo mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi wari umaze iminsi ine yaraburiwe, yabonetse mu kigunda tariki 01/10/2013 yaritabye Imana. Uyu mukecuru yaburiwe irengero tariki 27/09/2013 ariko bimenyekana tariki 30/09/2013.
Amabati yari asakaye amazu abiri yubakiwe abasigajwe inyuma n’amateka hamwe n’indi nzu y’umuturage yaragurutse, ibyuma bikurura ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba byo ku murenge SACCO wa Nyabirasi na byo biraguruka, ibishyimbo n’ibigori bihinze kuri hegitari 53 bihinduka imfabusa, byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye (…)
Umugore w’imyaka 37 witwa Nyirarukundo Patricie utuye mu Mudugudu wa Gashishi, Akagali ka Kamubuga ho mu Murenge wa Kamubuga tariki 29/09/2013 yatemye umugabo we mu rubavu akoresheje umuhoro ngo amuziza ko amuca inyuma.
Uwamahoro Zawadi wo mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica abana babili b’impanga akabajugunya mu cyobo gikoreshwa n’abari mu nkambi ya Nkamira.
Dukuze Fiston w’imyaka 9 y’amavuko yaturikanywe na gerenade ubwo yavaga kwiga mu gihe cya saa cyenda z’amanywa tariki ya 30/09/2013 iramukomeretsa cyane.
Kabera Pierre Celestin w’imyaka 45 wo mu murenge wa Mudende yitabye Imana azize inkuba. Inkuba kandi mu kagari Kanyundo yakubise inka 4, inzu 3 zo mu kagali ka Ndoranyi zivaho ibisenge naho inzu imwe irasenyuka kubera kurengerwa n’amazi y’iyi mvura yanangije imyaka.
Félicien Mashema w’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gisozi, akagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo acukura amabuye y’agaciro rwihishwa tariki 28/09/2013.
Umugore ukora akazi k’uburaya mu Mujyi wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yadukiriwe n’umugabo witwa Heka Francois arakubita arangije amujyana mu mugezi kumwinikamo kugira ngo amuhe terefone ye ngo yamwibye.
Abajura bibye inka mu ijoro rishyira tariki 30/09/2013 barangije barayibaga nyuma bayiteshwa n’abazamu ndetse n’irondo ryo mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Ayingeneye Odette w’imyaka 20 wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye yahitanywe n’amashanyarazi kuwa 29 nzeri 2013 saa moya n’igice (19h30) mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Ruhanga umurenge wa gatumba mu karere ka Ngororero.
Ivatiri ifite pulaki RAB558H yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye na moto RB618 yerekezaga i Muhanga, uwari uyitwaye witwa Ndagijiyaremye Emmanuel w’imyaka 26 ahita ahasiga ubuzima.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 28/09/2013, umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Bwishyura, yafungishije ikitaraganya hoteli iri mu mujyi wa Karongi yitwa Best Western Eco Hotel kubera ibyo yise agasuzuguro.
Mu mukwabo wakozwe na Polisi ishami rya Ruhango mu ijoro rya tariki 27/09/2013, hafashwe imodoka 12 na mato imwe, kubera amakosa atandukanye.
Umwana w’amezi icyenda yitabye Imana abandi umunani barakomereka bazize impanuka yatewe n’ikamyo yarenze umuhanda ikinjira mu nzu iri mu kagari ka Gatarama mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe.
Imvura idasanzwe yaguye mu mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi tariki 27/09/2013 saa kumi nimwe z’umugoroba yasenye urusengero rwa EAR irarusakambura.
Umuyaga uvanze n’imvura wagurukanye igisenge cy’ibyumba bitandatu by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rukara Protestant mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 26/09/2013. Icyo gisenge cyagurutse abana bari ku ishuri, abagera kuri 17 n’umwarimu umwe bahita bakomereka.
Ishuri ribanza rya Kawangire Protestant n’irya GS Kawangire Catholique riri muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yibwe ibikoresho n’amafaranga mu ijoro rishyira tariki 27/09/2013.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubuye akagari Gacurabwenge umurenge wa Busasamana bavuga ko barembejwe n’ubujura bw’amatungo bukorerwa mu kibaya baturiye gihuza u Rwanda na Congo.
Hakizimana Jean Pierre wari wagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Rwinkwavu tariki 24/09/2013 yakivanywemo nyuma y’umunsi umwe yashizemo umwuka.
Abana b’abakobwa babiri bageze mu Karere ka Gakenke ku cyumweru tariki 22/09/2013 bashaka kujya mu Ntara y’Iburasizuba (Umutara) ariko bagira ikibazo cy’urugendo rw’amaguru.
Polisi ikorera mu karere ka Kayonza yafashe imodoka idafite icyangombwa na kimwe, umushoferi wari uyitwaye ayivamo ariruka. Iyo modoka yafatiwe ahitwa mu murenge wa Gahini tariki 25/09/2013.
Umwe mu bacukuzi bakorana n’ikigo cya Wolfram Mining Processing Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe by’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza yaheze mu kirombe ku buryo kumukuramo byananiranye.
Umunyeshuri w’imyaka 17 witwa Nyiramahirwe Joselyne ukomoka mu Mudugudu wa Buhande, Akagali ka Gasiza, Umurenge wa Bushoki ho mu Karere ka Rulindo yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa “China Henan” ahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa LandCruiser ifite puraki RAB 248J yavaga i Musanze yerekeza i Kigali yagonze abantu babiri bari ku igare, umwe arakomereka cyane ahita ajyanwa ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
Nyuma y’ibitero byagabwe ku nyubako ya Westgate mu mujyi wa Nairobi muri Kenya, bigahitana abantu barenga 70, Polisi y’u Rwanda imaze gutangaza ko yafashe ingamba zo gukumira ibitero nk’ibi mu gihe haba hari abafite umugambi wo kubigaba.
Ahitwa mu kadasomwa mu murenge wa Kamembe ku muhanda wa kaburimbo habonetse umuvu w’amaraso mu gitondo cyo kuwa 25/09/2013; abantu bakaba bakeka ko hashobora kuba habereye ubugizi bwa nabi.
Umugabo n’umusore bavuga ko bafite utubari mu karere ka Karongi bafatiwe mu karere ka Rutsiro ku wa gatanu tariki 20/09/2013 nyuma y’uko bari baraye bashutse abantu bo mu murenge wa Gihango bababwira ko bari gushaka abatishoboye ngo babafashe.
Umurambo w’umwana witwa Uwiduhaye uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice y’amavuko watoraguwe mu cyobo cyuzuye amazi y’imvura tariki 23/09/2013 uri kureremba hejuru y’amazi, nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro.
Umusore witwa Havugimana Jean utuye mu kagari ka Burunga mu murenge wa Gihundwe yazindutse ajya kwiba mu murenge wa Kamembe afatwa amaze guhambira matora yayinyujije mu idirisha ry’inzu yari ayibyemo.