Ku bufatanye n’ingabo z’igihugu, umuryango uharanira inyungu rusange wa JHPIEGO n’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe, abantu bagera kuri 828 babashije guhabwa serivisi zo kwikebesha (kwisiramuza) ku buntu, kuva tariki 18-29/11/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Rusine Nyirasafari, ashima imikorere y’amatsinda (club) zita ku isuku kuko bitanga umusaruro mu kugabanya indwara zikomoka ku isuku nke.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu burakangurira abaturage kudahishira uburiro (restaurants) bugaragaza umwanda kuko ugira ingaruka ku buzima bw’abaturage. Hari amazu yahoze ari depots z’amakara ariko zigatanga ifunguro rijyanye n’abafite ubushobozi bucye.
Ubwoko bw’ibiryo bumwe na bumwe ngo bufasha abantu kugumana imisatsi myiza kurusha uko bakoresha imiti, amavuta n’ibindi bintu binyuranye abantu benshi bakoresha ngo imisatsi yabo ise neza.
Abahanga mu by’ubuzima bw’imitsi barabasaba abagabo barwara umutwe ukomeye igihe bakoze imibonano mpuzabitsina kutazajya bijundika abo baba bayikoranye kuko ngo atari no ba gitera, impamvu ziri ahandi.
Mu mazu mashyashya aherutse kuzuzwa ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), harimo iyagenewe ibiro abayubatse batashyizeho inzira inyurwamo n’amagare y’abafite ubumuga bajya muri etaji. Ubuyobozi bw’ibi bitaro buvuga ko buzabikosora.
Icyifuzo cy’uko abafite indwara zo mu mutwe bagenerwa ubwisungane mu kwivuza (mituweri) bwihariye cyagaragajwe ubwo abahagarariye inama y’igihugu y’abafite ubumuga, bari kumwe n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima, bagendereraga ikigo kivura indwara zo mu mutwe (caraes) cy’i Huye, kuwa 28/11/2013.
Ababyeyi batwite barakangurirwa kwitabira kwisuzumisha inda kugira bibafashe kumenya ubuzima bw’abo batwite dore ko iyo habaye ikibazo muganga atamenye mbere bigorana kugikemura.
Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko mu Rwanda 44% by’abana bafite indwara yo kugwingira naho 11% bakagira ibiro bidahuje n’uko bareshya akaba ari yo mpamvu hashyizwe ingufu muri gahunda y’iminsi 1000 yo kurwanya imirire mibi ku mwana ugisamwa kugeza ku myaka ibiri.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga uzaba tariki 03 Ukuboza uyu mwaka, Komisiyo y’Igihugu y’Abafite Ubumuga yagiranye ikiganiro n’abaforomo n’abaganga bo mu Karere ka Gakenke baganira ku nzitizi z’abafite ubumuga mu rwego rw’ubuzima.
Bamwe mu baganga mu karere ka Muhanga baragaragaza ko ikibazo cy’abagore banduza abana batwite agakoko gatera SIDA, kuri ubu ari abakobwa baba badafite abagabo bemewe n’amategeko.
Rose Yakaragiye utuye mu mudugudu wa Nyamaganga akagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga atangaza ko yamaze igihe yananiwe kwakira uburyo yabyaye umwana ufite ubumuga bw’ingingo hafi ya zose.
Umuryango wita ku guteza imbere ubuzima HDP (health development and performance) watangiye gahunda yo gufasha urubyiruko mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere nyuma yo kubona ko mu Rwanda hari ikibazo ku rubyiruko kuko rutabona services n’amakuru ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Mu gihe hitegurwa kwizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga wizihizwa buri tariki 03 Ukuboza, abafite ubumuga bo mu Rwanda barasaba ko imbogamizi bahura nazo mu kuvurwa zavaho.
Ihuriro ry’abaganga mu Rwanda, rivuga ko hari indwara zititabwaho kandi zigahitana abantu, rigasaba abaganga ko bamanuka mu cyaro bakigisha abaturage kwirinda indwara zimwe na zimwe zihagarahara akenshi ziterwa n’umwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bugaragaza ko hakiri abagore batari bake bagisamira inda mu bwandu bw’agakoko gatera SIDA, nk’uko byagagaragarijwe mu nama yabuhuje n’abakuriye ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Kabgayi, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye na Global Fund, barimo barubaka ikigo nderabuzima ku kirwa cya Iwawa giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu, kikaba ngo kizuzura gitwaye miliyoni 187 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gihe tariki 19/11/2013 hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe ubwiherero, ku isi harabarurwa abantu bagera kuri miliyari 2.5 bafite ikibazo cy’isuku nke iterwa no kutagira ubwiherero.
Mu gihe inyubako z’ikigo nderabuzima cya Kageyo kiri mu karere ka Ngororero zimaze amezi zaruzuye ndetse n’ibikoresho bikaba byaraguzwe , ubu kubura amazi meza nibyo byakereje gutangira kwakira abarwayi.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’akarere igaragaza ko abana 147 bari munsi y’imyaka itanu bapfuye mu mezi atanu ashize biturutse ku mpamvu nyinshi harimo no kwemera ko abagore batwite babaroze bagatinda kujya kwa muganga.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Bushenge biri mu karere ka Nyamasheke buratangaza ko kuba kuva mu kwezi kwa gatatu 2013, muri ibi bitaro hamaze kugwa ababyeyi 5 ubwo babyaraga nta burangare na buto bwigeze bubaho ku baganga bakora muri ibi bitaro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro mpuzamahanga rya diyabete FID (Fédération Internationale du Diabète), bugashyirwa ahagaragara kuwa kane tariki ya 14/11/2013, buvuga ko 10% by’abatuye isi bazaba barwaye indwara ya diyabete mu mwaka w’2035.
Ubwo bizihizaga umunsi mpuzamahanga wo gutekereza ku ndwara ya diyabete, kuwa 16/11/2013, Abanyehuye n’Abanyagisagara bibumbiye mu muryango Baho umenye nkumenye w’abarayi n’abarwaza ba diyabete, bibukiranyije ko bagomba kwiyitaho kugira ngo badahura n’ingaruka za diyabete.
Abashakashatsi bo mu gihugu cya Denmark baratangaza ko abantu bafite isura itagaragaza ko bakuze, ngo bagira amahirwe yo kuramba ku isi nk’uko ubushakashatsi bwabigaragaje.
Abaturage basaga gato 70% by’abatuye akarere ka Nyamasheke ni bo bamaze kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ya Mutuelle de Santé, benshi mu Rwanda bita Mituweli.
Inzobere enye z’abaganga mu gusuzuma indwara z’ababyeyi zaturutse mu Bufaransa zashoje igikorwa cyo gusuzuma ababyeyi indwara yokutabyara. Iki gikorwa cyari kimaze iminsi itanu kibera mu bitaro bikuru bya Nyamata mu karere ka Bugesera, cyashojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2009.
Abagize Umuryango “Better Together” uhuza abateramkunga b’Ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, baratangaza ko gukorera hamwe ari yo ntambwe nyamukuru bahisemo kugira ngo serivise zitangirwa muri ibi bitaro zirusheho kunogera abazihabwa kandi abahabwa ubuvuzi muri ibi bitaro bakabasha gukira ku mubiri no ku mutima.
Mu myaka itatu ishize, Umurenge wa Karama wo mu Karere ka Huye ngo wari urimo abana barenga ijana barangwa n’imirire mibi, ariko kuri ubu hasigaye mbarwa. Ibi ngo babikesha ingamba bafashe zo kwita by’umwihariko kuri abo bana.
Nubwo hari abavuga ururimi rw’Icyongereza bita ikiribwa cy’amafiriti french-fries, ririya jambo french ngo abantu bashobora kuba bibwira ko bivuga igifitanye isano n’Abafaransa, si ko biri.
Nyuma y’uko hasohotse urutonde rw’abaturage batishoboye bishyuriwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu amafaranga y’Ubwisingane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), abagera ku 5732 bibuze ku rutonde mu karere ka Ngororero.