Umuryango Imbuto Foundation wakoze igikorwa cyo gukangurira abatuye umurenge wa Kanyinya muu karere ka Nyarugenge, umujyi wa Kigali, ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kwipimsha ku bushake, kuri uyu wa Gatanu tariki 28/2/2014.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro ikigo cyita ku bahuye n’ihohotera rishingiye ku gitsina (Isange One Stop Center) cyubatse ku bitaro bikuru bya Nyagatare, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame yibukije ko gutabariza uwahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari inshingano za buri muturarwanda.
Mu bitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga hari abarwayi bavuga bari guhura n’imbogamizi zo kubona imibereho kuko bamaze igihe kinini barwariye muri ibi bitaro kandi imiryango yabo yarabataye.
Ibitaro bya Gisirikare biri i Kanombe, ku bufatanye n’abavuzi b’abakorerabushake bo muri Amerika bitwa “Face the Future Foundation”, bakomeje igikorwa ngarukamwaka cyo gusana abafite indwara zikomeye z’ibice byo ku mutwe n’ijosi.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yabwiye abayobozi b’inzego zinyuranye zo mu ntara ayobora ko ari inshingano zabo guharanira ko abo bayobora bagira ubuzima buzira SIDA.
Muri santere ya Rukomo yo mu karere ka Gicumbi abacuruzi bafungiwe imiryango kubera kutagira ubwiherero rusange bw’abaguzi (client) nyuma yo gusanga n’ubwiherero buhari budafite isuku ihagije.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barishimira ko malariya yagabanutse, nyuma yo gutererwa umuti wica imibu itera malariya mu ngo.
Abayobozi n’abaturage mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18/02/2014 basubukuye ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cyo kurangiza kubaka Poste de Santé ya Wimana iri mu kagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke.
Abashinzwe imibereho myiza mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi barahabwa ubumenyi mu byerekeranye n’isuku kuko hari abibasirwa n’indwara zikomoka ku isuku nkeya.
Abantu 21 barimo abagore 12, abana 8 n’umugabo umwe barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata bazira ubushera banyweye ubwo bari mu munsi mukuru mu kagari ka Biryogo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi utugari twa Butaka, Buringo na Sherima twashyikirijwe post de santé izajya ibagezaho serivisi z’ubuzima zitandukanye, nyuma y’uko bakoraga urugendo rw’amasaha atatu kugira ngo babone serivisi z’ubuzima.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke byabaye ku wa 15/02/2014 byajyanye no gutaha ku mugaragaro inzu itanga amakuru ku batishoboye bo muri aka karere, by’umwihariko abafite ubumuga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu rushima inama rugirwa n’umuryango Imbuto Foundation mu kugira ubumenyi ku buzima bw’imyororokere, kuko zibahwitura mu kumenya uko bitwara mu gihe bagezemo no kubona ibisubizo bibaza ku mihindagurikire y’imibiri yabo.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Madamu Jeannette Kagame, ari mu gihugu cy’Ubwongereza aho yitabiriye inama ya kabiri y’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS).
Rucamukago Size ufite imyaka 24 wo mu murenge wa Kabaya akarere ka Ngororero umaze imyaka itanu arwariye mu bitaro bya Kabaya arasaba Leta n’abagiraneza kumuha ubufasha akavuzwa mu mavuriro afite inzobere kugira ngo ave mu bitaro.
Mu karere ka Bugesera niho hatangirijwe ku rwego rw’igihugu igikorwa kigamije gushyira mu byiciro abantu bafite ubumuga hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bwabo.
Umuhate w’u Rwanda mu guteza imbere ubuzima waruhesheje ku nshuro ya mbere mu mateka y’ikigega mpuzamahanga gishinze kurwanya agakoko gatera SIDA, igituntu na malariya (Global Fund) inkunga ya miliyoni 204 yo kurwanya SIDA no kwita ku barwayi bayo.
Mu magereza henshi mu Rwanda hari kugaragara ikibazo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, hamwe bakemeza ko biri guterwa n’ikibazo cy’ubutinganyi (gukora imibonano mpuzabitsina n’uwo mu gihuje) hagati y’abagororwa cyangwa imfungwa.
Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri aratangaza ko umurwayi aba adakeneye guhabwa ubuvuzi busanzwe gusa kuko aba anakeneye kwerekwa urukundo, akihanganishwa ndetse agahabwa ikizere, kugirango abashe kumva ko atari wenyine.
Uko imyaka ishira indi igataha niko intambwe y’imyumvire y’abaturage kuri gahunda yo kuboneza urubyaro igenda irushaho kuzamuka mu karere ka Nyabihu.
Umuyobozi w’ikigo cyakira abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga cya Nyange mu karere ka Musanze aributsa ababyeyi kudahana abana bihanukiriye kuko bishobora kwica ubuzima bw’abana babo nk’uko byagendekeye umwe mu bana barererwa muri icyo kigo.
Bamwe mu bana b’abakobwa biga mu ishuri FAWE Girls School ryo mu karere ka Kayonza baratunga agatoki ababyeyi kuba nyirabayazana w’inda zitateguwe ziterwa abakobwa b’abangavu.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’amazi n’isuku n’isukura muri Minisitere y’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’Ubiholandi, Mr. Dick van Ginhoven, ari mu Rwanda aho asura ibikorwa by’umushinga wa Wash wegereza amazi abaturage mu turere tw’amakoro n’uruhare wagize mu mibereho y’abaturage.
Abayobozi ku nzego zinyuranye mu karere ka Nyamagabe barasabwa gukangurira abaturage kwipimisha ku bushake ubwandu bya virusi itera SIDA kugira ngo bamenye aho bahagaze, bityo babone aho bahera bafasha mu gukumira ubwandu bushya.
Bamwe mu bayobozi ku nzego zitandukanye mu karere ka Musanze bakinnye ikinamico ku buryo urubyiruko ruhura n’ibishuko, ndetse n’uko rwabisohokamo hagamijwe kubaha urugero rw’uko rwakwirinda icyorezo cya SIDA.
Itsinda ry’abaganga b’inzobere bavuye mu gihugu cy’Ubwongereza bari mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza, aho kuva tariki 03/02/2014 bari kuvura indwara ya Hernia, benshi bita Haniya mu Kinyarwanda.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yakiriye inkunga ya moto 30 zizahabwa uturere 30 tw’igihugu n’ingobyi y’abarwayi imwe (ambulance) yagenewe ibitaro bya Kinihira.
Nubwo hatewe intambwe igaragara muri gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bahabwa amahirwe yo kwiga kimwe n’abatabufite, haracyagaragara imbogamizi ku bana bamwe na bamwe bitewe n’ubumuga bafite ntibabashe kwigana n’abadafite ubumuga.
Ku bufatanye bw’ibitaro bya Gisirikari by’u Rwanda n’ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG), kuva 27/01/2014 kugeza tariki 01/02/2014, abarokotse Jenoside bo mu karere ka Nyamagabe bari guhabwa ubuvuzi mu ndwara zinyuranye basigiwe na Jenoside.
Nyuma yo kubona ikigo nderabuzima mu murenge wa Cyumba wo mu karere ka Gicumbi abagore bajyaga kubyara ndetse n’abandi barwayi bavuga ko kibagobotse urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza kure y’aho batuye.