Musabyimana Innocent wo mu mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga warindaga ibutike mu mudugudu yari atuyemo wa Murambi mu kagali ka Ruli yishwe mu ijoro rishyira tariki 29/08/2012 n’abantu bataramenyekana.
Abanyeshuri babiri biga ku kigo cy’amashuri abanza cya Kirabo giherereye mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke bakubiswe n’inkuba kuwa mbere tariki 27/08/2012, umwe ahita yitaba Imana.
Imodoka yo mu bwoko bwa mini bus ifite ikirango cyo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CGO 4453AA 22) yakoze impanuka mu karere ka Rusizi umuntu umwe yitaba Imana abandi barakomereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yakoze impanuka ikomeye igeze muri metero nkeya uvuye muri santere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo, abantu barakomereka ariko nta witabye Imana.
Munyemana w’imyaka 25 utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we w’amezi atanu ubwo uwo bamubyaranye yari agiye kubwira abaturanyi ko mu rugo rwe bitameze neza.
Nyirarugwiro Joselyne wari ufite imyaka 18 y’amavuko wari utuye mu kagari ka Gatare, umurenge wa Ruhunde mu karere ka Burera yiyahuye mu gishanga cy’Urugezi ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 28/08/2012.
Ndorimana Emmanuel na mugenzi we Kayishema bo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe bashinjwa kugabiza ishyamba ry’ibiti bakaritema nta burenganzira babifitiye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 28/08/2012, Mukanoheli Marie Chantal utuye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali yafatiye uwari umukozi we witwa Siwuzamutuma Nadine mu isoko rya Gakenke amushinja kumwiba ibintu bitandukanye byo mu rugo iwe.
Inzererezi zigera kuri 31 zikomoka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Nyamasheke zafatiwe mu karere ka Rusizi zigiye gusubizwa mu miryango nyuma yo kwigishwa.
Mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 27/08/2012, habaye impanuka ebyiri mu karere ka Gakenke ku bw’amahirwe abari mu modoka bavamo ari bazima uretse imodoka zangiritse bikomeye.
Mwizerwa Fulgence w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, akarere ka Nyanza yafashwe n’inzego z’umutekano mu gitondo cya tariki 28/08/2012 agiye kugurisha insinga z’amashanyarazi zibwe ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA), ishami rya Nyanza.
Mu muhanda Kigali-Karongi haravugwa ubujura budasanzwe bukorwa n’abagenzi bakora ingendo zidahwanye n’amafarangababa bishyuye.
Umusore w’umugande witwa Komezusenge Pascal avuga ko yagambaniwe maze ahotorwa bikomeye n’abantu atabashije kumenya, ariko ku bw’amahirwe abasha guhita ajyanwa kwa muganga none aracyahumeka.
Umusaza witwa Nkomayombi Stefano w’imyaka 74 y’amavuko yashizemo umwuka tariki 27/08/2012 mu bitaro bikuru bya kaminuza by’i Kigali (CHUK), nyuma y’icyumweru cyari gishize abaganga bagerageza kumwitaho ariko bikanga bikaba iby’ubusa.
Mu ijoro rishyira tariki 26/08/2012, imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yaturukaga Rubavu yerekeza Kigali ipakiye ibigori na karoti yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, ahagana saa moya n’igice z’ijoro.
Ndahayo Ignace wari umukuru w’umutekano mu mudugudu wa Muremure, mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango yahagaritswe ku mirimo ye azira kwenga no gucuruza inzoga z’inkorano zitemewe.
Inkuba yakubise abantu batandatu, umwe muri bo ahita yitaba Imana ubwo bari bugamye imvura mu nzu iri mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, mu karere ka Burera.
Imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite purake RAB 614 R yarenze umuhanda mu mudugudu wa Sakira mu kagari ka Bukinanyana, umurenge wa Jenda ho mu karere ka Nyabihu tariki 21/08/2012.
Ndayizeye Mariko, umusore w’imyaka 26 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe acumbikiwe kuri sitasiyo ya pilisi ya Kamembe azira guphumura inzu ikorerwamo ubucuruzi mu ijoro.
Chantal Mukeshimana yafatiwe mu Rwanda hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, afite forode y’inzoga ya Host yayikenyeye imbere y’imyenda ariko baramubabarira ntibamufunga.
Abantu bafatwa nk’inzererezi 110 bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’igihugu ifatanyije n’ingabo n’izindi nzego z’umutekano, mu mukwabo udasanzwe wabereye mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi, kuwa kane tariki 23/08/2012.
Nsengiyumva Jean w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kibaza, akagali ka Butansinda, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza wakekwagaho gukwirakwiza urumogi mu gace avukamo yafatanwe udufunyika 54 twarwo atugemuye ku igare tariki 24/08/2012.
Umugabo witwa Nshimiyimana Emmanuel utuye mu kagari ka Rwasa, umurenge wa Gahunga, mu karere ka Burera araregwa gutema, akoresheje isuka, umugore we ndetse n’abandi bagabo batatu bari baje gutabara ubwo yarwanaga n’umugore we.
Nsengimana Ladislas utwara abagenzi kuri moto mu karere ka Musanze yibwe ipikipiki yo mu bwoko bwa TVS nshya n’abantu batazwi nyuma yo kumuha imiti isinziriza mu macumbi ya restora Tantum Ergo iri mu mujyi wa Gakenke.
Inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango zakoze umukwabo mu rukerera rwa tariki 23/08/2012 hafatwa inzoga z’inkorano zisaga litiro 300, hanafatwa bimwe mu bikoresho bya gisirikare.
Umukozi wo murugo witwa Elias Habimana acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu karere ka Gasabo kuva tariki 22/08/2012 akurikiranweho kwiba shebuja mudasobwa ngendanwa (laptops) ebyiri n’ibindi bikoresho bitandukanye.
Abantu batatu batuye mu turere dutandukanye tw’u Rwanda batawe muri yombi na Polisi y’igihugu bakekwaho kwica abantu mu bihe bitandukanye.
Abagituye agace ka Kimicanga mu mujyi wa Kigali bategereje amafaranga yo kubimura baravuga ko umutekano w’ibintu byabo utifashe neza, kuko ntawe ugitarabuka niyo agiye asanga inzu bayicucuye.
Abakora umwuga wo gutwara abantu ku magare mu mujyi wa Kibungo baratungwa agatoki kuba banywa ibiyobyabwenge ndetse bakanabitwarira ababicuruza.
Ndayisaba Joseph w’imyaka 27 arwariye mu kigo nderabuzaima cya Kibingo nyuma yo gukubitwa n’abaturage bamukekaho gusambanya umwana w’imyaka ine.