Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Uwimana Alexis ufite imyaka 32 yafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera kuri 2223, ubwo yari mu modoka iva mu karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Rudasingwa Jean Damascene afungiye kuri station ya polisi mu Kigabiro mu karere ka Rwamagana ashinjwa icyaha cyo gufunga umuntu nta burenganzira abifitiye.
Habyarimana Anicet, wari utwaye FUSO ifite purake RAB 703 Z yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke atwaye ibiro 2040 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tin ndetse na Colta mu buryo butemewe n’amategeko.
Umugore witwa Menyuwawe Grace acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rutare mu karere ka Gicumbi azira gutwika umugabo we akoresheje ibishirira avanye mu ziko.
Ntakirutimana Madaleine utuye mu mudugudu wa Bugina, akagali ka Migina, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatemewe inka n’abagizi ba nabi bashakishijwe baburirwa irengero.
Abagabo umunani n’abagore bane bafugiye kuri station ya police ya Gisenyi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo urumogi ibilo 180.
Twahirwa Severien w’imyaka 30 utuye mu Kagali ka Nkomane, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yishe ise umubyara witwa Karekezi Jean Damascene amukubise ifuni mu ijoro rishyira tariki 17/09/2012.
Uwayezu Pélagie wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arwariye mu bitaro bya Murunda muri ako karere nyuma yo gukubitwa n’umugabo we bapfuye ko umugore yahaye ingurube ubwatsi bwinshi harimo n’imyumbati.
Bigirimana Pascal w’imyaka 14 wari utuye mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yaguye mu musarane ahita yitaba imana mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 15 Nzeri 2012.
umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Ndongozi, mu murenge wa Cyeru bameneye mu ruhame litito 767 za kanyanga, ziguze amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 531 n’amafaranga 400.
Umurambo wa Karagizi Cyprien wavumbuwe kuwa gatatu tariki 12/09/2012 mu Kagali ka Rukura, Umurenge wa Gashenyi, nyuma y’iminsi itatu uwo mugabo nta muntu umuca iryera.
Abagabo babiri bava inda imwe ndetse n’umwana w’umukobwa w’umwe muri bo bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batawe muri yombi bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwivugana se na nyina.
Umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Ignace w’imyaka 32 wabonetse mu masaha ya saa moya za mu gitondo kuri uyu wa 13/09/2012 mu mudugudu wa Nyarurembo, akagari ka Nyabigega, umurenge wa Gatore mu karere ka kirehe yimanitse mu kiziriko.
Umushumba wa diyosezi EAR Gahini, Birindabagabo Alexis, aratangaza ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikemutse byatuma amafaranga yakoreshwaga mu ikumirwa ryabyo yakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Emmanuel Muhayimana yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge tariki 10/09/2012 akurikiranweho kubeshya abantu akabacuza amafaranga yabo ngo azabafasha kubona impushya za burundu zo gutwara imodoka.
Nzirorera w’imyaka 35 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe mu karere ka Rusizi azira gukubita umugore we.
Iradukunda Christine w’imyaka 18, wo mu kagari ka Karambo umurenge wa Bweramana, mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 10/09/2012. Icyamwishe ntikiramenyekana ariko abaturanyi be barakeka ko yishwe n’inkuba.
Umugabo witwa Ngendahimana Joseph yakubiswe n’inkuba ku cyumweru tariki 09/09/2012 ahagana saa kumi z’umugoroba ubwo imvura nyinshi yagwaga mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Abantu babiri bahitanwe n’impanuka z’imodoka zirindwi zabaye mu turere dutandukanye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 09/09/2012.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana yarashe umujura witwa Kalinganire Emmanuel amaguru imuta muri yombi, abajura bagenzi be bari hamwe babasha gucika.
Umugabo witwa Longine ari kumwe na mugenzi we, bajijishije umugore wari waturutse i Nyanza yaje guhaha mu isoko ribera mu Ruhango buri wa Gatanu, bamutwara inote y’ibihumbi bitanu abatahuye bashaka kumukubita.
Abana babiri bo mu mudugudu wa Kabusunzu, akagari ka Nyagahinga mu murenge wa Rwamiko bahitanywe na gerenade ku mugoroba wo ku ya 09/09/2012 ubwo barimo bajya kwahira ubwatsi bw’amatungu mu murenge wa Rutare.
Umugabo witwa Nyirinkindi Aloys wo mu murenge wa Gihundwe akagari ka Shagasha afungiye kuri sitasiyo ya polise Kamembe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17.
Nyiraruhanga Mwanaidi, umugore w’imyaka 31 utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi yafatanwe ibipfunyika bibiri by’urumogi mu mukwabo wakozwe n’inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage tariki 08/09/2012.
Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke yataye muri yombi Jean Baptiste Sibomana tariki 07/09/2012 nyuma yo kumufatana amafaranga ibihumbi 30 y’amahimbano; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Mu gihe mu duce tumwe na tumwe, usanga hari abaturage bajya ahabereye impanuka bagiye kwiba abakoze impanuka, abaturiye ikorosi ry’ahitwa ku mwari mu murenge wa Gacurabwenge, akagari ka Nkingo bagaragaje ubutabazi mu mpanuka yabaye tariki 07/09/2012.
Nyabyenda Theophile utuye mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano acyekwaho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko. Nyabyenda abihakana avuga ko byabaye ku bwumvikane.
Minisiteri y’Umutekano yasuye abaturage b’akarere ka Nyamasheke mu rwego rwo kubakangurira kurwanya intwaro zitunzwe n’abaturage mu buryo butemewe n’amategeko, nk’uko biri muri gahunda yayo muri iki cyumweru cyahariwe mutekano.