Umugabo w’imyaka 24 witwa Leonard Kanani yapfuye yiyahuye mu ijoro rishyira tariki 28/03/2013 nyuma y’uko afatiwe mu cyuho yiba ibicuruzwa bitandukanye muri boutique y’umuturanyi we.
Gufunga utubari na za Bare hakiri kare, gukaza amarondo no kuyakora neza ni zimwe mu ngamba zafashwe mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kurushaho gukaza umutekano mu gihe cy’icyunamo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umusaza witwa Habiyaremye Enock wo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi arashinjwa kuroga umwana wa mukuru we witwa Buntu Emmanuel ibisazi byo kwiruka ku musozi.
Muri ijoro rishyira tariki 27/03/2013 hakozwe umukwabu mu mujyi wa Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo guca ubuzerezi bw’abantu batagira aho babarizwa hafatwa abantu batandukanye n’ibiro 30 by’urumogi.
Uwera Immaculée na Musa Kabera batuye mu mudugudu wa Bigega mu kagali ka Gahondo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, gitondo tariki 28/03/2013 bakozanyijeho imirwano ihosha umwe muri bo ari hafi yo kuhasiga ubuzima.
Umusore witwa Manywa Faustin w’imyaka 36 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi yo mu murenge wa Rwamiko mu karere ka Gicumbi azira kwica umugore witwa Mukamusoni Anastasie amutemye n’umuhoro.
Tariki 26/03/2013, Abanya-uganda babiri batawe muri yombi na polisi ikorera muri Gare ya Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali ubwo bageragezaga kuvunjisha ibihumbi 26 by’amadolari mpimbano.
Imwe mu mazu 36 yo mu mudugudu w’abacitse ku icumu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge; yasenywe n’imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 26/03/2013.
Umugabo witwa Rukara Muganya Barayavuga w’imyaka 31 ukomoka mu murenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu yiciwe mu murenge wa Rambura atewe icyuma mu mutima tariki 25/03/2013.
Mfashwanayo Eugene w’imyaka 24 wabanaga n’ubumuga bwo kutavuga yahitanywe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bamujugunya mu ishyamba ry’ahitwa mu Kajagari ryo hafi y’iwabo mu murenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Imvura nyinshi ivanze n’inkubi y’umuyaga yaguye ku mugoroba wa tariki 25/03/2013, yasenye inzu eshanu z’abaturage hamwe n’urusengero rwa EAR mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi.
Abanyengoma barakangurirwa kurwanya abatekamutwe bakoresha amafaranga y’amahimbano bagashuka abaturage ngo babatuburire babahe menshi.
Habarurema Emmanuel wari ufite imyaka 33 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gasiza, akagali ka Gasiza mu murenge wa Muhanda yivuganywe n’abantu bavugwa ko bari bavuye kwiba inka tariki 25/03/2013.
Umugabo Emanuel wihaye izina ry’ingwe ngo atere abantu ubwoba abambure, aherutse gufatwa na Polisi iramufunga bitewe nuko abaturage bagaragaje ko yambura abantu ariko habuze umuntu n’umwe umushinja.
Umusore witwa Munyanziza Boniface wo mu kagari ka Rwindume mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yishwe n’ingona ziramurya ziramumara ubwo yajyaga kuroba rwihishwa mu kiyaga kitwa Gashanga.
Imodoka nini (bisi) ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR), yavaga i Huye yerekeza i Rwamagana, yakoze impanuka igeze ahitwa ku Mugomero mu murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi, abanyeshuri 15 barakomereka.
Umushoferi witwa Nshimiyimana Alexis wari utwaye imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri ya Carina, yagonze umusore mu mujyi wa Kibungo ahita ata imodoka aratoroka mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 /03/2013 ahagana saa kumi n’ebyiri.
Mu gihe gutwara twara abantu n’ibintu ku magare mu muhanda wa kaburimbo byaciwe, abatsimbaraye bagikora uwo murimo bavuga ko bahohoterwa bakagongwa cyangwa bagakoreshwa impanuka.
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ku byerekeye ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa mu mirenge basange ibikomeje kwiganza mu gutuma byiyongera ari ibinyobwa bitemewe hamwe n’amakimbirane yo mu miryango.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibiyobyabwenge aribyo biteza umutekano muke muri ako karere ku buryo ngo bafashe ingamba zo kubihashya ndetse barwanya ubusinzi mu baturage.
Uwimbabazi Fortunée w’imyaka 39 y’amavuko bamusanze ku mbuga yo mu rugo iwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, mu rukerera rwo mu gitondo tariki 22/03/2013 bigaragara ko yishwe bamunigishije umwambaro wa karuvati.
Umwarimu umwe wigisha ku kigo cy’amashuri GS Kirwa mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya Polisi ya Kibungo, abandi bagabo ikenda nabo bari gushakishwa nyuma yuko kuri iki kigo abanyeshuri icumi batwariye inda zitateguwe.
Munyemana Eliphase w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’urukuta rw’urusengero rwa EAR Hanika ruri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ahita apfa tariki 20/03/2013 ubwo barimo bacukura umusingi bashaka kurusana.
Umusaza Hakuzimana Anicet utuye mu murenge wa Butare, tariki 20/03/2013, yakubiswe n’abaturanyi be yenda gushiramo umwuka bamushinja kuroga abaturage bagenzi babo.
Nyirihene Stephanie, Muyoboke Athanase, Nteziryayo Simeon na Musabyimana Julienne bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Mutangana Tite w’imyka 30 yaketse ko umugore we Mukarugira Clementine atwite inda itari iye ahitamo kwiyahura akoresheje umugozi yihambiriye mu ijosi.
Umusore utazwi yateje akavuyo muri gare ya Kayonza tariki 19/03/2013 ahagarika imodoka mu gihe cy’iminota itanu zibura uko zisohoka. Uwo musore yabikoze asa n’ushaka kwiyahura kuko yavugaga ko n’ubundi nta buzima afite, agasaba ko imodoka zamunyura hejuru.
Nyirabatambiyiki Devotha w’imyaka 28 arakekwaho kwivugana umwana yari amaze kubyara. Uyu mugore wari ubyariye mu rupagasirizo, ari mu bitaro kuko kwibyaza byamugizeho ingaruka; akaba yemera icyaha, yiteguye no kwirengera ingaruka za cyo.
Abana babiri b’abahungu bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi bakurikiranyweho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 22 utuye Murenge wa Gihundwe ariko bo barabihakana.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera, ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda hakunze kugaragara imiryango cyangwa abagore batawe n’abagabo babo maze bakigira muri Uganda.