Minisitiri ushinzwe Imari n’igenamigambi mu Rwanda, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko umusaruro Leta y’u Rwanda iba itegereje mu bikorwa byo guhura n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ari amakuru menshi y’ahari amahirwe y’iterambere n’ingamba zakoreshwa mu kuyabyaza umusaruro.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bavuga ko umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aha agaciro Abanyarwanda baba hanze y’igihugu. Iyo ngo ni yo mpamvu agira gahunda yo kujya kubasura aherekejwe n’abandi Banyarwanda bo mu byiciro binyuranye, kugira ngo baganire ku iterambere u Rwanda rugezeho n’ahazaza harwo.
Imbaga y’abantu basaga ibihumbi bitatu bari bwitabire imiryango y’umunsi witiriwe Rwanda Day i London kuri uyu wa 18/05/2013; nk’uko byemezwa na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, William Nkurunziza.
Mu gihe i London mu Bwongereza hasigaye amasaha make ngo hatangire imihango n’ibirori byo kwizihiza umunsi wiswe Rwanda Day London 2013, ibiro ntaramakuru BBC byateguye ikiganiro cyihariye kuri uyu munsi benshi bamenyereye mu “Imvo n’Imvano”.