Abaturage bakoreye uruganda rwa Nyabihu Tea Factory baratakamba basaba ko bakwishyurwa bitewe n’uko imirimo bagombaga gukorera uruganda bayirangije kandi igihe cyo kwishyurwa kikaba cyararenze.
Bitewe n’ingamba zafashwe mu gukumira ibiza mu karere ka Nyabihu, imibare igaragaza ko byagiye bigabanuka kandi n’ingaruka byatezaga zagiye zigabanuka mu myaka itatu ishize.
Imiryango y’abahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batuye mu tugari tugize umurenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko ubuzima bw’ubuhunzi bwari bubi cyane kandi babeshwaga byinshi ku Rwanda byababuzaga gutaha.
Mu rwego rwo kureba uko ibikorwa byo kurwanya ibiza batera inkunga bigenda bikorwa, uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) yagiriye uruzinduko mu duce twagiye twibasirwa n’ibiza mu karere ka Nyabihu.
Bimwe mu bibazo by’abaturage b’akarere ka Nyabihu byajejejwe kuri Perezida wa Repubulika cyangwa Minisitiri w’intebe mu buryo bw’inyandiko, byakemuriwe muri salle nto y’akarere ka Nyabihu nyirizina na komisiyo yari yoherejwe na Minisitiri w’intebe ngo ibikemure.
Inzego zitandukanye mu karere ka Nyabihu zafashe ingamba zikomeye mu kurwanya ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA no gushishikariza abaturage kwirinda iki cyorezo kitagira uwo gitinya, ntikigire umuti n’urukingo kandi gihitana umubare utari muto w’abantu ku isi.
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 utuye mu murenge wa Jenda mu mu karere ka Nyabihu yemera ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ngo yumva uruhare yagize mu gusenya igihugu akwiye kurukuba kenshi mu kucyubaka no guharanira icyateza imbere Umunyarwanda.
Guverineri mushya w’intara y’Iburengerazuba, madamu Mukandasira Caritas, arasaba abaturage b’akarere ka Nyabihu gutandukana n’umuco mubi w’ubuharike kuko kubyara abo umuntu adashoboye kurera, bikurura ingaruka mbi zitandukanye ku mibereho y’umuryango n’abawugize.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) ku miyoborere mu karere ka Nyabihu bugaragaza ibigenda neza abaturage bishimira n’ibyo banenga bifuza ko ubuyobozi bwashyiramo ingufu bukikosora.
Umuyobozi mushya w’intara y’Uburengerazuba, Mukandasira Caritas, ari gusura no kugenzura uko akarere ka Nyabihu gahigura imihigo kasinyanye na Perezida wa Repubulika, igikorwa amazemo iminsi ibiri kuva kuwa 24/03/2014.
Inzego zitandukanye zo mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Werurwe 2014, zakoreye urugendo shuli mu Karere ka Gatsibo mu rwego rwo kwigira kuri aka karere uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza hifafashishijwe uburyo bwo kwibumbira mu bimina.
Binyuze mu mushinga urengera ibidukikije witwa ARECO Rwandanziza, hagiye gukorwa ibishoboka byose ngo harengerwe ishyamba rya Pariki y’Ibirunga yibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iyangirika ry’ibidukikije.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore uba buri tariki 8 Werurwe, bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu bavuga ko umunyarwandakazi yateye imbere kubera ko atakubaho nka mbere aho wasangaga bavuga ko uretse imirimo yo mu rugo nta kindi umugore ashoboye.
Urwego rw’umuvunyi rufatanije na Polisi y’igihugu kuwa 4 Werurwe 2014bataye muri yombi Habyalimana Emmanuel,umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyabihu, akekwaho icyaha cyo kwigwizaho umutungo.
Akoresheje imashini zigera ku 9 zabugenewe yatumije mu Bushinwa, Uwizeyimana Jean Bosco ukorera mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, yiyemeje gukora kirida bihaganyuza mu menyo n’imishito botsaho burusheti (cure-dent et broches) mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 akaba atuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu avuga ko nubwo yagize uruhare mu kurwanya abacengezi mu mwaka w’1997-1998 yemera ndetsa akanasaba imbabazi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri komini Mutura ubu ni muri Rubavu.
Kuri uyu wa Gatanu 21/2/2014, akarere ka Nyabihu kabaye aka 15 kagejejwemo urumuri mu turere 30 tugize u Rwanda, kandi twose tukaba tugomba kuzagezwamo uru rumuri rutazima. Aka karere ni nako gaherutse uturere tw’Intara y’Iburengerazuba mu kwakira uru rumuri.
Uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu, Juru Anastase, avuga ko bahisemo kwakirira urumuri rutazima rw’icyizere muri Maiserie Mukamira kubera amateka yaranze Mukamira muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uko imyaka ishira indi igataha niko intambwe y’imyumvire y’abaturage kuri gahunda yo kuboneza urubyaro igenda irushaho kuzamuka mu karere ka Nyabihu.
Ribinyujije mu kigo cyaryo gishinzwe ubushakashatsi Centre Universitaire de Recherche et de Professionalisation, Ishuri rikuru Gatulika rya Kabgayi (ICK) ryatangiye ubushakashatsi bwo gusesengura imibereho y’abantu bagenda bimurwa n’ibikorwa binyuranye mu duce runaka.
Abana n’abarezi bo mu bigo birenga 10 by’amashuri abanza byo mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu bagaragarije ineza ikomeye imiryango 27 y’abirukanwe muri Tanzaniya bakaza gutuzwa muri uwo murenge babagenera inkunga zitandukanye.
Bamwe mu baturage bakoreye imirimo y’ubwubatsi n’abahaye ibikoresho by’ubwubatsi entreprise ECOQUEEN ihagarariwe Rwigamba Jean de Dieu barasaba ko bakwishyurwa amafaranga yabo kuko hashize hafi imyaka 2 batishyuwe, amaso akaba yaraheze mu kirere.
Zimwe mu ntore ziri ku rugerero mu karere ka Nyabihu zandikiye Perezida Paul Kagame ubutumwa bwibandaga ahanini ku kumushimira uburyo bwiza ayoboye u Rwanda ndetse na gahunda nyinshi nziza zizanira iterambere n’amahoro Abanyarwanda yagiye atekereza zikanashyirwa mu bikorwa.
Abakora ubucuruzi bw’akajagari ku muhanda mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu barasabwa kubireka bakagana udusoko bashyiriweho “selling point”. Ni nyuma y’aho abemeye bagacururiza mu dusoko twabugenewe, bagarararije impungenge zo kubangamirwa n’abacururiza ku muhanda bigatuma batagurisha uko bikwiye.
Uruganda rwa Maiserie Mukamira rutunganya bigori rukabikuramo akawunga n’amavuta nyuma yo kumara igihe rufunze kubera guhomba ubu rweguriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amajyambere (RDB).
Umwarimu kuri Centre Scolaire ya Gasasa mu karere ka Nyabihu n’undi w’imyaka 34 wari ucumbitse ahitwa Mahoko muri Kanama ho mu karere ka Rubavu bafunzwe bacyekwaho kwiba inka ebyiri mu ijoro rishyira ku wa 16/01/2014.
Mu gihe kuri uyu wa 09/01/2014 intore ziri ku rugerero mu gihug hose zaganirijwe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Komiseri mu komisiyo y’igihugu y’itorero, Josée Twizeyeyezu yasuye izo mu karere ka Nyabihu azishishikariza kwitabira iyo gahunda.
Abatuye umudugudu wa Bikingi, kagari ka Kijote mu murenge wa Bigogwe bafite amazu yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura yaguye mu masaha ya saa kumi z’umugoroba tariki 06/01/2014 barasaba ubufasha bwo kuyasana.
Imwe mu mbogamizi ituma umubare w’imisoro iba yitezwe kugerwaho itaboneka uko bikwiye mu karere ka Nyabihu, harimo cyane cyane abapakira amamodoka bitwikiriye ijoro kugira ngo bakwepeshe imisoro.
Muri santire ya Mukamira mu karere ka Nyabihu mu ikorosi riri aho umuhanda Mukamira-Ngororero uhurira n’uwa Musanze-Rubavu, habereye impanuka torotoro yari ipakiye icyayi igonga ivatiri ariko nta wapfuye.