Bamwe mu baturage b’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kuba bamaze igihe kirekire batarabona ibyangobwa by’ubutaka, bibabangamira mu kubukoresha nko kuba babugurisha.
Abatuye mu Nkambi ya Nyabiheke iri mu Karere ka Gatsibo bayobewe indwara yafashe abana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 12 na 17.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo batangaza ko bafite akanyamuneza nyuma yo kuruhuka urugendo rurenga isaha bakoraga bajya gushaka amazi meza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru bitabiriye Umwiherero bifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Kabarore muri Gatsibo mu muganda usoza ukwezi wa Gashyantare.
Nyuma y’igihe kinini abaturage bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bataka kutagira amazi meza, ubu barishimira ko begerejwe amavomero.
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bo muri Gatsibo bubatse sitasiyo za Polisi 10 mu mirenge 10 mu rwego rwo kwicungira umutekano.
Inzu 20 zituriye umuhanda Kigali-Nyagatare zikorerwamo ubucuruzi mu murenge wa Kabarore muri Gatsibo zafunzwe imiryango kubera kutubahiriza amabwiriza y’ubuyobozi.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyoseze ya Byumba avuga ko abantu nibahinduka bakumvira Imana aribwo amakimbirane agaragara mu miryango azacika.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira kuba barakuriweho ikimoteri cyari hagati y’ingo bikababangamira.
Abaturage bo mu Murenge wa Remara mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi n’amazi bibadindiza mu iterambere.
Abahinzi bo mu Karere ka Gatsibo batungwe n’umusaruro w’igihembwe cya mbere cy’ihinga cya 2016/2017 uzaba ari mwiza, bitandukanye n’uko babitekerezaga.
Abahinga ibigori na Soya mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagifite imbogamizi zituma ubuhinzi bwabo budatera imbere nk’uko babyifuza.
Abashinzwe kwita ku bafite ubumuga butandukanye mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko hakiri byinshi byo gukora ngo ubuzima bwabo burusheho kugenda neza.
Ababyeyi b’abana 48 bafite ubumuga bw’ingingo bahawe amagare mu Karere ka Gatsibo, baributswa kuyafata neza, akabafasha kwita kuri aba bana.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gatsibo rutangaza ko mu gihe rumaze rwihangiye imirimo rwatangiye kubona inyungu rubikesha gahunda ya “Kora wigire”.
Impunzi z’Abanyekongo ziba mu Nkambi ya Nyabiheke muri Gatsibo zivuga ko amafaranga yo kuzitunga zihabwa atajyanye n’ibiciro byo ku isoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba ababyeyi bamwe batuzuza inshingano zabo, ari kimwe mu bituma abana bata amashuri.
Abasilamu bo mu Karere ka Gatsibo biyemeje kurwanya ingengabitekerezo ishingiye ku idini ibitirirwa.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagihura n’ikibazo cy’amazi adahagije, bikabangamira amasomo yabo.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze LODA, gitangaza ko ibikorwa giteramo inkunga Akarere bigeze ku kigero gishimishije.
Abashinzwe irangamimerere mu mirenge yose igize Akarere ka Gatsibo, bemeza ko nta muturage uzongera gusiragizwa ku murenge ashaka ibyangombwa akeneye kuko byorohejwe.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasange Akarere ka Gatsibo, batangaza ko batanyurwa n’uburyo abakerewe kwishyura umusanzu mu kwivuza ba wakirwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba aka karere kagaragaramo abana b’akobwa benshi batwara inda zitateganyijwe, biterwa n’uburangare bw’ababyeyi batabaganiriza.
Kwibohora bikwiye guherecyezwa no gukunda Igihugu, ni bumwe mu butumwa Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yahaye urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye.
Imiryango 100 yo mu Karere ka Gatsibo yagabiwe inka, iremeza ko ari amahirwe yo kivana mu bukire babikesha izi nka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko muri iki gihe izuba ryabaye ryinshi bitabaje uburyo bwo kuhira imyaka ngo barengere umusaruro.
Amazu 69 niyo yubatswe n’intore zirangije urugerero mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo, akaba yarubatswe mu gihe cy’amezi atatu.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Gatsibo batangaza ko igihe imirimo yo kuba akagakiriro izaba irangiye biteguye kubyaza umusaruro ibyo bakora.
Abahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo barvuga ko kuba imashini zuhira zikiri nkeya bibateye impunene ko bashobora kuzagwa mu bihombo.