Itorero Ndangamuco ry’Igihugu, URUKEREREZA, ritaramiye Abanyehuye ku nshuro ya mbere mu gitaramo cyiswe “Imihigo y’Intore”.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyerekanye ibicuruzwa by’inzoga z’umucuruzi Nkusi Godfrey, kivuga ko zitakorewe imenyekanisha ry’imisoro ku buryo zarimo inyerezwa rya miliyoni 70Frw.
Perezida Paul Kagame asanga hakwiye kubaho ubworoherene mu bwikorezi bwo mu kirere mu ibihugu by’Afurika, kugira ngo ingendo z’indege zihendukire Abanyafurika.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Abakirisito b’Itorero rya Pentekote mu Rwanda (ADEPR) batavuga rumwe n’ubuyobozi buriho, bashyizeho Komisiyo “Nzahuratorero” igamije gusubiza ku murongo ibikorwa bita ko “ibigayitse.”
Ikigo 94Histudio gikora ibijyanye na filime n’umuziki, cyemeye gutunganya ku buntu indirimbo 20 zo Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko urwego rw’imari rwazamutse muri uyu mwaka wa 2016, bikagaragazwa n’uko amabanki, ibigo by’imari n’iby’ubwishingizi byazamuye umutungo wabyo.
Me Evode Uwizeyimana, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, ahamagarira Abanyaruhango baba i Kigali guteza imbere akarere kabo.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa yizihije imyaka 70 y’amavuko, ataramana n’abakunzi be mu gitaramo cyisanzuye kandi cyahaye ijambo uwifuzaga gutarama wese.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Inyubako y’ubucuruzi ikoreramo Hotel CIVITAS, farumasi, ndetse na SAHANI Supermarket iherereye ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Nyakanga 2016.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasanga intambwe zo kwibohora zigomba kujyana n’ibikorwa bizima bisubiza ibyifuzo Abanyarwanda bafite.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso itwaye inka yavaga Karongi yerekeza i Kigali, ikoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi, inka enye zihita zipfa naho ba kigingi babiri barakomereka.
Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Kamena 2016, mu ruzinduko rw’akazi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 14 Kamena 2016, imodoka (Minibus) yari itwaye abana bajya kwiga ku ishuri "Kigali Parents School" riri mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, ibuze feri ubwo yamanukaga iva Kanombe, iribirandura, abana barakomereka ariko kugeza ubu nta wapfuye.
Nyuma y’impanuka ikomeye y’ikamyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Kamena 2016, igahitana abantu barindwi naho icyenda bagakomereka ahitwa Kicukiro Centre mu Mujyi wa Kigali, ubu umuhanda wongeye kuba nyabagendwa kuko Polisi yakoze ibishoboka ivana mu nzira ibinyabiziga byari byangiritse.
Nyuma y’imyaka umunani Ikigo nyarwanda gikora ibya Cinema, 94Histudio, gitangiye gukora, cyafunguye ishuri rya filime, rigamije kubaka ubunyamwuga bw’Abanyarwanda bafite inyota muri ubwo buhanzi.
Abagize Itorero ndangamuco ISHEJA ryo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, bizihije isabukuru y’imyaka 20 iri torero rivutse, baniyemeza gusigasira umwimerere w’IKINYEMERA.
Bamwe mu Banyarwanda bahunze ihohoterwa bakorewe mu gihugu cya Zambia, bamaze kugera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly, kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, yasuye abana b’incuke biga mu mashuri ya “Peace and Hope Initiative” i Kinyinya, abaha amata ndetse yiyemeza kubakamishiriza mu gihe cy’umwaka wose.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki 11 Werurwe 2016, Itorero Indangamuco za Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ryakoze igitaramo bise “Umurage w’Ijambo” cyizihiza isabukuru y’imyaka 20 rivutse.
Perezida Paul Kagame, yigishije abikorera uko babyaza umusaruro (“gutabira”) amahirwe akomeye ariko atarakorwaho y’ikibanza cy’ubutaka u Rwanda rwahawe ku Nyanja Itukura.
Inama y’Abagore ku rwego rw’Isi (Global Women’s Summits) igiye guteranira mu Rwanda ku nshuro ya mbere yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore, uzaba tariki 8 Werurwe 2016.
Raporo ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB/BAD) yashyize u Rwanda mu bihugu 10 bya Afurika bidasaba viza mbere y’uko Abanyafurika babyinjiramo, inagaragaza ko iyi politike yazamuye ubukungu.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko abasaga 98% batoye YEGO mu matora ya Referandumu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki 18 Ukuboza 2015.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’ibiva muri referandumu igihe icyo ari cyo cyose yavuga niba aziyamamaza muri 2017.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu rwanda berekeje i Nkumba mu Karere ka Burera mu itorero ry’igihugu rizamara iminsi irindwi.