Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi barimo ba Komiseri CG Emmanuel K. Gasana, CP Emmanuel Butera, CP Vianney Nshimiyimana, CP Bruce Munyambo, ACP Damas Gatare na ACP Privat Gakwaya.
Bimwe mu bihugu ya Afurika byohereje intumwa zabyo mu Rwanda, mu mahugurwa y’icyumweru, mu rwego rwo gushakira hamwe umuti w’ikibazo cyugarije Afurika cy’abana bakomeje gushorwa mu gisirikare no mu mitwe yitwaje intwaro.
Umugabo w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Nyonirima, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Ubugenzacyaha, nyuma yo gutema umugore we ku zuru akamukomeretsa, bapfa ko umugore yamubujije kugurisha isambu mu buryo batumvikanyeho.
Jean-Louis Kagahe ari we se w’umuhanzi Calvin Kagahe Ngabo uzwi ku izina rya Young CK, uherutse kwitaba Imana mu buryo butungurante aguye Ottawa muri Canada tariki 17 Nzeri 2023, yagize icyo avuga ku buzima, inzozi n’icyuho yasigiwe no gupfusha umwana mu buryo bw’amarabira.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bacibwa intege n’uko bafata umuntu wabibye bakamushyikiriza inzego z’umutekano cyangwa iz’ubugenzacyaha ariko agahita arekurwa.
Indege ya Kajugujugu y’Igisirikare cya Kenya yakoze impanuka hafi y’umupaka wa Somalia, abantu umunani bari bayirimo barapfa.
Abaturage mu mujyi wa Goma bagaragaye bari mu myigaragambyo ubwo bari bategereje igikorwa cyo gushyingura urubyiruko rwarashwe n’ingabo za Congo (FARDC) tariki 30 Kanama 2023.
Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023 mu Karere ka Gatsibo haguye imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, isenya inzu 27 mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Remera, yangiza na hegitari 25 z’urutoki muri ako Kagari.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye cya Mtanila giherereye ahitwa Igangwe, Chunya, mu Ntara ya Mbeya, muri Tanzania, witwa Mugwira Nkuta w’imyaka 41 y’amavuko, yasanzwe yapfuye nyuma yo kunywa ibintu bikekwa ko ari uburozi, kubera ko ngo yari afite ibibazo byinshi byamurenze.
Umugore w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi, Akarere ka Musanze, yafunzwe akekwaho kwiba ihene y’umuturanyi, aho basanze inyama zayo mu gisenge cy’inzu ye.
Mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, tariki 15 Nzeri 2023, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’ibanze y’amezi abiri ku bijyanye no gucunga umutekano wo mu mazi.
Umuryango w’Abibumbye watangaje ko hakenewe inkunga yo gufasha abantu barenga ibihumbi 250 bagizweho ingaruka n’inkubi y’umuyaga uvanze n’imvura uherutse guhitana abantu mu gihugu cya Libya.
Abagenda n’amaguru mu mihanda cyane cyane yo hirya no hino mu mijyi no mu nkengero zayo, barishimira uburyo bahabwa agaciro n’abatwara ibinyabiziga, iyo bageze ahabagenewe ho kwambukira umuhanda hazwi nka ‘Zebra Crossing’ hagizwe n’amabara atambitse y’umukara n’umweru.
Abantu basaga 500 ni bo bamaze kurokorwa nyuma y’iminsi ine bamaze baragwiriwe n’inkuta z’amazu nyuma y’inkubi y’umuyaga uvanze n’imvura biherutse kwibasira igihugu cya Libya.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Prof Harelimana Jean Bosco wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative (Rwanda Cooperative Agency - RCA), kubera ibyaha akekwaho kuba yarakoze mu gihe yari akiri umuyobozi w’icyo kigo nk’uko byasobanuwe n’Umuvugizi wa (…)
Ubuyobozi mu nzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, bwafashe ingamba zo guhashya ibiyobyabwenge n’ubusinzi bwugarije iyo Ntara, mu rwego rwo gukumira amakimbirane, hubakwa umuryango utekanye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje andi makuru yerekeye Kazungu Denis, watawe muri yombi mu cyumweru gishize, nyuma y’uko hari imirambo yatahuwe mu cyobo cyari mu nzu yabagamo, atangira gukorwaho iperereza.
Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu muri Maroc ivuga ko abantu basaga 2000 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’umutingito, abandi basaga 1400 bakomeretse bikomeye, naho abantu 2059 bagakomereka byoroheje.
Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yasabye abaturage b’igihugu cya Uganda kujya bagenzura ibyangombwa by’abantu batandukanye bahuriye ahantu hari abantu benshi haba mu nsengero, mu mahoteri, mu masoko no muri za Bisi zitwara abagenzi ndetse no mu bindi birori bitandukanye bihuza abantu benshi kugira ngo bagenzure (…)
General Kabarebe wavuze mu izina rya bagenzi be, ashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame babanye kuva urugamba rwo kubohora Igihugu rutangijwe kugeza magingo aya. Avuga ko uko Igisirikare cy’u Rwanda cyubakitse, bitanga icyizere ko mu myaka 100 iri imbere umutekano w’u Rwanda uzaba uhagaze neza, kuko ubu rufite (…)
Umukuru w’Umudugudu wa Umuremampango, Akagari ka Cyarubare, Umurenge wa Kabare, Mukakimenyi Florence, avuga ko nyuma yo gukemura ikibazo cy’ubujura bwa kumanywa ubu basigaje icy’abagore banywa inzoga bagasinda.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ruvuga ko rwafunze uwitwa Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza.
Guverinoma ya Kinshasa yatangiye urugendo rusura abaturage babuze ababo mu myigaragambyo iheruka mu mujyi wa Goma tariki 30 Kanama 2023. Ni imyigaragambyo yaguyemo urubyiruko rurenga 40 bishwe barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse hakoremereka abarenga 80, mu gihe abafashwe bagafungwa barenga 140.
Abofisiye bakuru 24 bo mu ngabo zo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force - EASF), bari bamaze ibyumweru bisaga bibiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(Rwanda Peace Academy), bahugurwa ibirebana no kuba indorerezi mu butumwa bw’Umuryango (…)
Ku mugoroba wo ku itariki ya 01 Nzeri 2023, mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’imyaka itanu, bakeka ko rwaba rwatewe n’imyumbati mibisi yahekenye
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kigali, mu Kagari ka Ruliba , mu Mudugudu wa Ryamakomari, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Nzeri 2023 habereye impanuka y’imodoka yahitanye abantu batandatu, abandi batanu barakomereka bikomeye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku itariki ya 01 Nzeri 2023, rwafunze abakozi batatu ba SACCO ISOKO Y’AMAJYAMBERE MUKAMIRA, aho bakurikiranyweho kunyereza 18,259,010 FRW.
Imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yaturukaga mu muhanda wa Rubavu yerekeza i Musanze, yahirimye mu muhanda igonga ikamyo ya rukururana ndetse n’imodoka yo mu bwoko bwa RAV4.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahuye n’Abajenerali hamwe n’abandi basirikare bakuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, abashimira serivisi batanze mu gihe bamaze mu mirimo yo kurinda Igihugu.
Muri Afurika y’ Epfo, abantu 73 bapfuye, abandi 43 barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye inzu ya etaji eshanu mu Mujyi wa Johannesbourg, kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.