Abashakashatsi 13 b’abahanga mu mitekerereze y’umuntu baturuka mu bihugu bitandukanye baherutse gushyira ahagaragara ibintu 8 umuntu ushaka kujya ahorana ibyishimo yakurikiza maze agatandukana n’umunabi no kwigunga.
Santere ya Kidaho, iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, imaze imyaka igera kuri itatu nta bwiherero rusange igira kuburyo byateje umwanda muri iyo santere kuko abahacururiza ndetse n’abaza kuhahira bihagarika aho babonye.
Mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ndetse na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda basaba Abanyarwanda kureka itabi kubera ko ryangiza ubuzima, umusaza witwa Kajanja Jonas wo mu murenge wa Kabaya mu kagali ka Gaseke avuga ko amaze imyaka myinshi atunzwe no guhinga itabi ku buryo atifuza ko ryacika.
Nyuma y’amahugurwa n’ubushobozi bahawe n’umushinga Health Poverty Action, abavugizi b’ihohoterwa mu tugari tugize akarere ka Nyaruguru bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwimbitse ngo ihohoterwa ricike burundu.
Akarere ka Nyagatare ngo gahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’uko nta buruhukiro (morgue) buri mu bitaro by’ako karere kandi aka karere gakunze gupfusha abantu batagakomokamo.
Jean Christophe Rusatira yahawe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), kubera uruhare yagize mu kurwanya itabi. Icyo gihembo yagihawe ari umwe muri batanu batoranyijwe ku rwego rwa Afurika.
Nyirambonabucya Joselyne wo mu karere ka Gatsibo wibarutse abana batatu barimo abahungu babili mu bitaro bya Ngarama aratangaza ko yishimira kuba yarababyaye neza ariko ngo arifuza ko ubuyobozi bwamufasha mu kumvisha uwamuteye inda kumufasha mu kurera aba bana.
Abajyanama b’ubuzima bo mu mirenge itatu igize akarere ka Nyagatare bahuguwe uburyo bwo gutegura indyo yuzuye bifashishije ibishyimbo nka kimwe mu bihingwa bifite intungamubiri nyinshi.
Nubwo ubuyobozi buhora bukangurira ababyeyi gusobanurira abana ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere, bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko iyi gahunda itari yabacengeramo neza.
Nubwo ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga b’Abanyamerika muri uyu mwaka bwagaragaje ko ingano y’igitsina cy’umugabo ntacyo yongera ku bushobozi bwe bwo kubyara cyangwa gukundwa n’abagore, hari ubundi bushakashatsi bwagaragaje ko uko imyaka ishira ubunini bw’igitsina cy’abagabo bugenda bugabanuka.
Bimenyimana Remy wo mu karere ka Rusizi yahumye amaso yombi afite imyaka 12 ariko akora ibintu bitangaje kuko abasha kumenya aho ageze akoresheje amaso y’umutima ku buryo utamuzi washidikanya ko afite ubumuga bw’amaso.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, ahakana ko abarwayi bo mu mutwe bakomeza kugaragara mu karere ka Ngoma bufite aho buhuriye n’amarozi yakomejwe kuvugwa mu cyahoze cyitwa Kibungo.
Nyuma yo kugaragaza ko yabyaye igisimba ariko ntibivugweho rumwe n’abantu batabdukanye barimo n’abaganga, Mushimiyimana yashyize yemera ko ibyo yavuze yabeshye ahubwo ari urukwavu yaguze akarubaga kugira ngo azemeze umugabo we ko abyara.
Abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Musanze, biyemeje ko munyubako z’utugali ndetse n’izindi zose bagiramo uruhare bazajya bazirikana ko bazaganwa n’abafite ubumuga, bityo babategurira aho bashobora kunyura.
Musabyimana Sylvestre bakunze kwita “Magori” utuye mu kagari ka Gisiza mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro afite imyaka 32 y’amavuko ariko nta menyo yigeze amera.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Daily buvuga ko imiryamire ya muntu ifite byinshi isobanura ku myitwarire ye iyo abyutse. Abantu bakunda kuryama bagaramye ngo babyuka mu gitondo bameze neza nta mavunane kandi bafite amerwe yo gutangira umunsi mushya.
Umusore witwa Mugisha Jacques ufite ubumuga bwo kutabona aratangaza ko nubwo afite ubu bumuga bitamubuza kujya mbere no kugirira akamaro igihugu cye.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mukinyamakuru kitwa Mother Nature Network, buvuga ko ubwanwa burinda ba nyirabwo ibyago byo kurwara indwara ziterwa n’imirasire y’izuba kukigereranyo kiri hagati ya 90 na 95%.
Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Mu kagari ka Shyembe, umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, umubyeyi yibarutse abana batatu b’abakobwa ku bitaro bya Kirinda tariki 13/04/2013. Umwe afite ibiro bibili, undi ikiro kimwe n’igice, uwa nyuma amagarama 700.
Kuba 80% by’abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi batunzwe n’uburobyi mu kiyaga cya Kivu ngo bigira ingaruka ku kuboneza urubyaro kuko igihe kinini aba bakora uburobyi bibera mu mazi bityo ubukangurambaga bukorwa kuri iyi gahunda bukaba butabageraho.
Ku bufatanye n’akarere ka Bugesera, Umuryango Hope and Homes for Children (HHC) wubatse ibigo bitandukanye muri ako karere hagamijwe kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho myiza y’umuryango.
Abaganga n’abaforumu bo mu bitaro bya Bushenge, Mibirizi na Kibogora bari guhugurwa ku buryo bugezweho bwo kuboneza urubyaro bwa burundu basanga abagabo bakwiye kwitabira ubu buryo kuko bwunganira ubwari busanzwe ku bagore.
Nyirabarura Primitive w’imyaka 19, utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu yabyaye abakobwa 2 n’umuhungu 1 ku mugoroba wa tariki 24/03/2013 mu bitaro bya Kabaya. Akarere kamuhaye amafaranga 100.000 byo kumufasha kamwemerera n’inka.
Mu gihe minisiteri y’ubuzima ikomeje gahunda yayo yo kurwanya maraliya burundu, ikoresheje uburyo butandukanye harimo no gutanga inzitiramubu zikoranywe umuti, bamwe mu baturage bazikoresha mu yindi mirimo itari ukuziryamamo.
Abaturage ibihumbi 45 bo mu mirenge ya Shingiro na Kinigi mu karere ka Musanze babonye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 41 nyuma y’uko mu 2010 bagaragarije Perezida Kagame ko batazi amazi meza maze akabemerera kuyabagezaho.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi arasaba inzego zitandukanye gufasha mu gukangurira abaturage ububi bwa sukari guru kuko hari abacuruzi bo mu isoko rya Mugina bayicuruza rwihishwa.
Nubwo byagaragaye ko goroba k’ababyeyi gafite umumaro munini abagorebo mu karere ka Rulindo bavuga ko abagabo badakunze kukitabira, kandi ngo nyamara bazi neza ibyiza byako.
Nyuma y’uko inama y’umutekano yateranye mu kwezi kwa Gashyantare isabye ko isuku nke yo mu mujyi wa Gakenke ihagurukirwa, kuva kuwa kabiri tariki 12/03/2013 komisiyo idasanzwe yasuye amaresitora n’utubari, igenzura isuku, aho isanze ari nke ikahafunga kugeza igihe bazavugururira.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera basobanuriwe ububi bwa kanyanga na African Gin aho ngo biyobya ubwenge by’uwabinyweye akageza naho ahuma amaso ntabone neza.