Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza (Imbuto Foundation) uraburira urubyiruko kutishora mu mibonano mpuzabitsina cyane cyane idakingiye, ituma ubwandu bwa SIDA n’izindi ndwara bikwirakwizwa, ndetse no gutwara inda zitifuzwa biri ku kigero giteye inkeke.
Ihuriro ry’urubyiruko mu karere ka Rusizi (Rusizi Youth Network) ryahuguye urubyiruko ruhagarariye abandi bazabafasha gutanga ubutumwa mu byiciro by’urubyiruko muri gahunda zitandukanye zirimo kurwanya icyorezo cya SIDA mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15-24.
Ibibabi by’amateke, byitwa amatika cyangwa igitika, birimo imboga benshi mu Banyarwanda batitabira gufungura, ariko abanyamahanga cyane cyane abazungu n’Abanyekongo, iyo bayabonye ngo bayajyanira kuyamaraho, nk’uko umuhinzi w’amateke witwa Nyatanyi Zakariya yasobanuye.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko imiti icayura amazi y’ibiziba akaba meza ari igisubizo ku baturage b’iyo ntara batarabasha kubona amazi meza hafi ya bo.
Umuryango utegamiye kuri leta, Society for Family Health (SFH) Rwanda, watanze televiziyo za rutura (flat screens) ku turere turindwi tugize intara y’uburasirazuba. Televiziyo zikazafasha abaturage gusobanukirwa ibijyanye n’ubuzima bwiza bakangurirwa kurwanya indwara no kumenya ibibera hirya no hino ku isi.
Umurambo w’uruhinja rwitabye Imana nyuma y’iminsi ibiri ruvukiye mu bitaro bya Mibirizi wamaze ibyumweru bitatu mu buruhukiro utarashyingurwa. Umubyeyi wabyaye urwo ruhinja yasezerewe mu bitaro wizezwa ko ibitaro bizarushyingura.
Point d’Ecoute, Umuryango ufasha abana bo mu muhanda ndetse n’abatishoboye ukaba ufite n’ibikorwa mu karere ka Ngororero uravuga ko inzego zitandukanye uhereye ku babyeyi bashyize ubushake mu guha abana uburere bwiza, ikibazo cy’abana bo mu muhanda cyacika burundu.
Biramenyerewe ko ahantu hahurira abantu benshi urugero nko mu tubari, mu mahoteli no mu misarane rusange hashyirwa udukingirizo mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kwirinda SIDA, ariko mu mujyi wa Kibuye usanga ibyagenewe gushyirwamo udukingirizo duherukamo muri rimwe.
Sindambiwe Aimable w’imyaka 19 afite ubumuga amaranye imyaka 16, avuga ko yatewe n’imibereho mibi nyuma y’uko umubyeyi umubyara amutaye akarerwa na nyirakuru. Kutagira umuntu umwitaho byatumye agwa mu kizenga cy’amazi aba aho aza gushya akurizamo ubumuga budakira.
Mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi haraye hafunzwe urwengero rwakoreshaga amayeri yo kujijisha abaturage bagakora inzoga zihumanya bakazifungira mu macupa ya Heineken ngo abaturage bizere ko banywa ibinyobwa byujuje ubuziranenge.
Mu gihe abantu benshi bafata divayi nk’ibindi bisindisha ndeste bakanayirinda, ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo mu gihugu cya Espagne bagaragaje ko kunywa divayi ku rugero bifasha uyinyweye kudacika intege mu mubiri no gutekereza neza.
Bamwe mu bantu babyaye abana benshi bo mu karere ka Burera bavuga ko kuba bataraboneje urubyarobabitewe no kutamenya kandi ngo batangiye kubona ingaruka zabyo muri iki gihe.
Umushinga Harvest Price wazanye ibishyimbo bikungahaye ku butare (fer) bigira uruhare rukomeye mu kurinda indwara z’imirire mibi, ukaba ukangurira abahinzi kwitabira kubihinga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo mu gihugu cy’Ubusuwisi (Suisse) bugaragaza ko ku bantu bafite ikibazo cyo kumva batameze neza mu mitekerereze (stress) kimwe mu byabavura neza uwo munaniro ari ukumva urusaku rw’amazi.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (WFP), irishinzwe abana (UNICEF), irishinzwe ibiribwa n’ubuhinzi (FAO) ndetse n’irishinzwe ubuzima (WHO), agiye guhuriza hamwe ingufu mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi mu turere twa Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo ndetse na Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba mu (...)
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera rurasaba ababishinzwe ko babegereza aho rugurira udukingirizo rwisanzuye kuko bigoranye kutubona kandi badukenera.
Muri uyu mwaka wa 2013 Abanyarwanda bakoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro bageze ku kigero cya 64% mu gihe mu mwaka wa 2010 cyari kuri 45%.
Icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa munani ni icyumweru cyahariwe konsa ku isi hose. Impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko umwana wese agomba konswa nibura amezi atandatu nta kindi avangiwe.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu (World vision), ufatanyije na Fondasiyo y’uwari Perezida wa Amerika, Bill Clinton hamwe n’umukobwa we Chelsea Clinton, bagaragaje ko abaturarwanda bagikoresha amazi mabi, bashobora kuyasukura mu buryo butabahenda, bashyizemo umuti ugurwa 25 Frw.
Mu gihe abagore bavuga ko abagabo batitabira gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kamere yabo yo kwikunda, abagabo bo bavuga ko batinya ko bakwifungisha hanyuma abagore babo bakajya kubyarana n’abandi.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, arasaba abahanzi b’ibyamamare kwirinda icyorezo cya SIDA kuko ngo cyo kitazi ubuhangange bwabo.
Umushinga wa USAID/Gimbuka ukorera muri Caritas Rwanda, urahugura abagore bo mu karere ka Kamonyi, ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye, kuko byagaragaye ko muri iki gihe, hari abategura amafunguro nabi, bityo abana ba bo, bagakura nabi.
Nyuma y’imyaka myinshi abaganga n’abashakashatsi batumvikana ku mumaro w’urugingo rwitwa appendix cyangwa appendice mu cyongereza n’igifaransa, ubu abashakashatsi bo muri Amerika baratangaza ko batahuye ko urwo rugingo rumeze nk’agafuka gato rufite akamaro ko kubika microbes umubiri w’umuntu wakenera gukoresha nyuma (...)
Nubwo abantu benshi bafata umusarani (toilette) nk’ahantu haba handuye cyane ndetse uhavuye agasabwa kwisukura cyane, hari ibindi bikoresho bikoreshwa mu buzima bwa buri munsi ngo bitunga umwanda kurenza mu musarani.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi gikomeza gufata indi ntera cyane cyane muri iki gihe cy’impeshyi. Muri iyi minsi amazi yabaye make cyane, kugeza aho abaturage basigaye barara batonze imirongo ku tuzu tw’amazi kuko hari igihe aza amasaha make mu ijoro.
Abaturage batuye akarere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwabo ko bwabagoboka bugakorana n’ikigo gishinzwe amashanyarazi, amazi isuku n’isukura (EWSA) maze bagakemurirwa ikibazo bafite cyo kubura amazi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver, aratangaza ko u Rwanda rwahisemo kwizirihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abatuye isi mu Ntara y’Uburengerazuba ku rwego rw’igihugu, kubera ko ari ho habarizwa abangavu benshi batwaye inda zitateganyijwe kurusha ahandi mu gihugu mu mwaka wa 2010.
Abasenateri bibumbiye muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, bagendereye Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara (G.S Gatagara), kuri uyu wa 09/07/2013 mu rwego rwo kureba uko itegeko rirengera abafite ubumuga rikurikizwa.
Ubushakashatsi bwakorewe mu Buhondi bugaragaza ko gusinzira amasaha arindwi cyangwa arenga ndetse no kubahiriza n’inama za muganga byarinda abantu kurwara no guhitanwa n’indwara z’umutima.
Nyuma y’igenzura ryakozwe n’itsinda ryashyizweho kurwego rw’akarere ka Ngororero, basanze 95% by’imisarane yubatse mu karere ka Ngororero ikoreshwa idasakaye.