Ishami ry’umuryango W’abibumbye ryita ku iterambere ry’abaturage (UNFPA) ritangaza ko kutita ku buzima bw’imyororokere bitera ingaruka nyinshi zirimo impfu z’ababyeyi basaga ibihumbi 800 bapfa babyara buri munsi ku isi.
Ihuriro ry’amashyirahamwe agenzura uko serivisi z’ubuzima zihabwa abaturage mu bigo nderabuzima no mu bitaro mu karere ka Nyamasheke na Rusizi (FASACO) riri guhugura abakangurambaga b’urungano bazarifasha guhugura urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 24 ku kurwanya icyorezo cya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Mukaniragire Soumaya arashinja abaforomo bo ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kumurangarana bigatuma umwana amupfira mu nda ubwo yajyagayo tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Ben Pawle yakoze agakingirizo k’abagabo gafunguzwa gusa ikiganza kimwe, mu rwego rwo korohereza abafite ubumuga bwo kugira akaboko kamwe.
Abanyeshuri bo kuri kaminuza ya Western University yo muri Canada bagiye kuza gukora ubushakashatsi bugamije guteza imbere ubuzima bw’ababyeyi n’abana muri Afurika y’Iburasirazuba.
Nyuma yo guhurira ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, urubyiruko rw’abasore n’inkumi biyemeje guhuza imbaraga mu rwego rwo gufasha abadafite kivurira, bashinga umuryango witwa Wake up Children Foundation ugamije ibikorwa by’urukundo.
Abatuye umurenge wa Nyarubaka bishyize hamwe bagura imodoka izajya ibahekera umurambo, mu gihe bajya ku irimbi rusange cyangwa se bakura uwatabarutse mu bitaro. Ngo ntawe uzongera kugurisha isambu kuko yapfushije umuntu.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bantu bo muri Australie bwagaragaje ko ibiro byinshi cyangwa ubunini bukabije ku bagabo bwaba butera kutabyara, ndetse n’indwara ya diyabeti.
Mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Juru mu kagari ka Musovu hari umwana witwa Ahishakiye Alexis urwaye indwara ituma umubiri we udakura kuko uheruka gukura afite imyaka itatu gusa.
Umuryango w’abagabo baharanira uburinganire n’ubwuzanye bw’ibitsina byombi RWAMREC, usanga ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubwandu bwa SIDA bitagabanuka, bitewe n’imyitwarire idahwitse y’abagabo n’umuco wo kudafata icyemezo kuri bamwe mu bagore.
Abashinzwe ubuzima mu karere ka Gakenke barasanga mu myaka itanu iri imbere bagiye guhagurukira ikibazo cy’isuku nke n’ingaruka zayo, mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage.
Iruhande rw’amashuza yo muri Muganza mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi havumbuwe aho abantu bajya kugorora ingingo zabo bagereranya na sawuna yo mu kizungu.
Bitewe n’uburyo bwo kwakira ububabare butandukanye hagati y’abagabo n’abagore, ubushakatsi bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwerekanye ko abagore baba bazahazwa no kubabara umutwe kurusha abagabo.
Bamwe mu banjyanama bemeza ko batoroherwa no guhuza inshingano z’ubujyanama n’izo kwiteza imbere mu buzima busanzwe.
Ubushize nabasangije bimwe mu biba ngo indwara ya kanseri yibasire umubiri. Muri iyi nyandiko ndabagezaho bumwe mu buryo bukoreshwa mu gusuzuma, kuvura no kwirinda kanseri.
Rumwe mu rubyiruko ruremeza ko umuco w’isoni wo gukoresha agakingirizo ugenda ucika, nyuma y’aho imibare y’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC yerekaniye ko 50% by’urubyiruko mu Rwanda rusigaye rukoresha agakingirizo.
Abahanga mu bijyanye n’imyitwarire ya muntu batangaza ko kuba umwana yatangira kwiga gukoresha ibintu bitandukanye akoresha imoso nta kibazo bishobora kumutera mu bihe bizaza. Ahubwo ibibazo ashobora kubiterwa no kumuhatira gukoresha indyo.
Nyuma y’ubugenzuzi bw’isuku bwakozwe na komisiyo ibishinzwe mu karere ka Rusizi, amaresitora n’utubari icyenda byo mu mujyi wa Rusizi bitujuje ibisabwa byahagaritswe gukora by’agateganyo.
Mu karere ka Ngororero kimwe n’ahandi hirya no hino mu byaro byo mu turere tw’u Rwanda usanga abaturage batuye kure y’amasoko cyangwa imijyi bagurira inyama ahantu hadasukuye kuko nta mabagiro bagira.
Bamwe mu batanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bo mu karere ka Muhanga bavuga ko batishimiye ukuntu icyo gikorwa gitinda kandi mbere umuntu yarajyaga kwishyura agatahana ikarita ye cyangwa se akayibona bidatinze.
Umugabo witwa Barasikina Alphonse wo mu kagali ka Kibare, umurenge wa Mutenderimu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya police ya Kibungo kuva tariki 05/07/2012 nyuma y’icyumeru yari amaze ashakishwa akurikiranweho kwigira umuganga kandi atarabyigiye.
Abarema isoko rya Kinyababa rihereye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba badafite ubwiherero rusange kuko bituma muri iyo santere hagaragara umwanda.
Uruhare rwa rw’Inama Njyanama rurasabwa mu gufasha kumvisha abaturage ubwiza bw’ingambazifatwa na Leta mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage, mu gihe hari abatumva kimwe ikibazo cyo kuringaniza imbyaro no kwirinda icyorezo cya Sida.
Ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kimaze iminsi gihangayikishije abatuye umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, cyabonewe igisubizo ubwo Croix Rouge y’u Rwanda yatahaga ku mugaragaro umuyoboro w’amazi meza wubakiye abatuye mu gace k’Amayaga, kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012.
Imbaga y’abacuruza n’abahahira mu isoko rikuru rya Rwamagana ifite ibyago byinshi byo kwandura indwara zikomeye kuko hari abacuruza ibiribwa binyuranye ku musarani w’iryo soko.
Ngiruwosanga Eugene ukomoka mu karere ka Muhanga amaze kwitaba Imana naho abandi bantu batanu bo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango baracyarwana n’ubuzima bazira kurya inyama z’ingurube yarwaye indwara itaramenyekana.
Umuganga mu bijyanye n’indwara z’abagore ku bitaro bya Kaminuza i Butare, Dr. Kalibushi Bizimana Jean asobanura ko imwe mu miti yifashishwa mu kuboneza urubyaro ishobora gutuma nyiri ukuyifata abyibuha, ariko ngo ubundi ntibyakagombye kurenza ikilo kimwe ku mwaka.
Mukantabana Madeleine utuye mu mudugudu wa Nyanza, Akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yibasiwe n’imyanda y’ibitaro bya Nyanza urugo rwe rwose ruhinduka isayo, ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 6/07/2012.
Hagenimana Aimable w’imyaka 34 ukorera ku kigo nderabuzima cya Kigoma kiri mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umurwayi w’imyaka 27 yarimo kuvura tariki 02/07/2012 mu gihe cya saa yine z’amanywa.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku mu mirenge igize akarere ka Gisagara cyabaye mu kwezi kwa Kamena 2012, byagaragaye ko ahenshi muri ako karere isuku ikiri nke.