Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Abatuye mu Rwanda barasabwa guca burundu isakaro ya Fibrociment bita asibesitosi kuko abahanga n’inzego z’ubuzima zivuga ko iyo sakaro itera ingaruka zikomeye ku buzima. Ngo indwara indwara ziterwa n’iyi sakaro ni nyinshi zitandukanye kandi ngo umuntu ashobora kuzirwara zikazagaragara mu myaka iri hagati ya 20 na 40 (...)
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Bugesera baratangaza ko batazi gukoresha agakingirizo k’abagenewe yewe ngo hari n’abatarakabona namba.
Alexia Nkurunziza, Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR), aratangaza ko mu mwaka wa 2013 bagiye guhangana n’imfu z’abana n’ababyeyi ziri kugenda ziyongera cyane cyane mu byaro.
U Rwanda ruza ku mwanya wa mbere ku isi, aho ababyeyi bonsa abana babo nk’uko biri mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuwa 18/01/2012 n’ishyirahamwe ry’abagiraneza Save the Children.
Abanyamuryango ba koperative “Dukore” y’ababana na Vurusi itera SIDA mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bavuga ko bashaka kuzenguruka hirya no hino batanga ubutumwa buhumuriza abagize ibyago byo kwandura SIDA ,ngo biteze imbere.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi barasabwa gushishikariza abana gukura bazi gutandukanya urukundo nyakuri n’urukundo rubabeshya kuko ari byo bizabafasha mu guhagarika ubwandu bushya bwa SIDA mu rubyiruko no mu muryango nyarwanda.
Imbuto Foundation irashishikariza abaturage bo mu karere ka Burera kwirinda icyorezo cya SIDA bipimisha ku bushake kugira ngo bamenye uko bahaze bityo bahangane n’ubwandu bushya bw’icyo cyorezo.
Amaresitora ane yo mu karere ka Gicumbi (Giramata, Restaurant ya La Confiance, New STAR RESTAURANT na BAR ahahoze ari OBEX) yafunzwe tariki 06/02/2013 kubera umwanda wo mu bikoni no mu bwiherero.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubushakashatsi (IRST), Dr. Nduwayezu Jean Baptiste, arahamagarira abantu kudakoresha moringa uko babonye, kuko igishishwa cy’imizi ya yo gishobora gutuma ubwonko buhagarara gukora.
Igitabo gikubiyemo ibimera gakondo byagirira akamaro ababyifashisha nk’ibiryo, Nutritional Potentials of Wild Edible Plants of Rwanda, cyashyizwe ahagaragara n’ikigo IRST kuri uyu wa 04/02/2012.
Minisiteri y’Ubuzima yatangiye kwigisha abanyamakuru bakorera mu Rwanda gahunda yo kuringaniza urubyaro n’uko ishyirwa mu bikorwa hagamijwe gusakaza kurushaho imikorere y’iyo gahunda no kuyicengeza mu Baturarwanda kurushaho hifashishijwe itangazamakuru.
Ababana n’ubwandu bwa SIDA bo mu karere ka Rubavu umurenge wa Rubavu bashima ubufasha bw’umuryango Haguruka mu kubigisha imibanire n’imiryango kuko byacyemuye ikibazo cyo kutumvikana mu miryango.
Abasaza n’abakecuru bakunda kunywa itabi ry’ibibabi rizwi nk’ “igikamba” kuko ngo mu mabyiruka yabo basanze ari ryo tabi ababyeyi babo banywa nabo batangira kumenyera kurinywa gutyo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arashishikariza abaturage bo mu murenge wa Kagogo gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé) kuko uwo murenge uza mu ya nyuma mu kuyatanga.
Bamwe mu bakora akazi ko gusakambura amazu asakajwe ibisenge bya Fibrociment bagenda bahura n’impanuka zishobora kwanduza abaturage, bikiyongeraho na bamwe mu badafata umwanya wo gutangaza igihe ibikorwa bizakorerwa kugira ngo abahegereye birinde.
Hashize ibyumweru bibiri uwitwa Nyiraneza Chantal yirukanywe mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga , mu murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, akavuga ko yazize ko abana be barwaye bwaki ariko ubuyobozi bukemeza ko atabitagaho.
Abana bane babyawe na Nyirakanyana Francoise wo mu karere ka Musanze bujuje amezi atatu kuwa kabiri tariki 15/01/2013. Uyu mubyeyi avuga ko abo bana bameze neza gusa agasaba ko yakubakirwa inzu, kuko iyo abatujemo atari iye.
Nyuma y’uko igikoni cya hotel Home Inn ibarizwa mu karere ka Musanze gifunzwe biturutse ku isuku nke, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 08/01/2013 cyongeye gufungurwa, nyuma yo gushyira mu bikorwa ibyo basabwe gukosora.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku n’imikorere y’ibikorwa biri mu karere ka Muhanga, abagize itsinda rikora igenzura bafunze buranjeri ikora imigati yitwa “Boulangerie Welcome” kubera umwanda mwinshi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amafaranga acibwa umubyeyi utabyariye kwa muganga ari menshi, ngo yari akwiye gukurwaho kuko babona ari ukubarenganya.
Abatuye mu bice by’icyaro benshi bavuga ko agakingirizo batagakoresha mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, mu gihe ubukangurambaga ku gukoresha agakingirizo nk’uburyo bwo kwifata bwatangiye guhindura abenshi mu bananiwe kwifata.
Umugore witwa Nyirandikubwimana Dévotha utuye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yibarutse abana 3 b’abahungu mugoroba wa tariki 23/12/2012 ariko ntibari bagejeje igihe cyo kuvuka kuko barimo kurererwa mu byuma.
Abagabo barenga 3000 nibo bamaze kuboneza urubyaro mu gihugu cyose kuva mu 2008 iyi gahunda yatangira, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ibitangaza.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera rutangaza ko abenshi muri bo badakoresha gakingirizo bigatuma abakobwa baho batwara inda batateguye.
Abarema isoko rya Kinyababa, riri mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera barishimira ubwiherero bushya bwubatse hafi y’isoko kuko bwatumye muri iryo soko ndetse no mu nkengero yaryo hagaruka isuku.
Umusaza witwa Hangariya Victor w’imyaka 65 ubana n’ubumuga bwo kutagira akaguru atunzwe no gusana imitaka kandi ngo agakora agakunze kubera ko kamubesheje ho n’umuryango we.
Nyuma y’ibyumweru 2 mu mujyi wa Kamembe hakozwe isuzuma ry’isuku, tariki 14/12/2012 hakozwe irindi suzuma maze hafungwa akabari kitwa NZANGA Na BISU aho igenzura ryasanze umusarani bakoresha ubangikanye n’aho batekera ibiryo ndetse n’ibikoresho bikaba nta suku bifite.
Abavandimwe batatu, abakobwa babiri n’umuhungu batuye mu Mudugudu wa Bunyeronko, Akagali ka Gakindo, Umurenge wa Janja mu Karere ka Gakenke bavutse ari ibikuri ariko ntibibabuza kwirwanaho mu buzima bwabo bwa buri munsi bakabasha kwitunga.
Nubwo nta muntu urabasha kumenya impamvu ibitera, ubushakashatsi bugaragaza ko Abayapani baramba kurusha abandi bantu ku isi.