Nubwo ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga b’Abanyamerika muri uyu mwaka bwagaragaje ko ingano y’igitsina cy’umugabo ntacyo yongera ku bushobozi bwe bwo kubyara cyangwa gukundwa n’abagore, hari ubundi bushakashatsi bwagaragaje ko uko imyaka ishira ubunini bw’igitsina cy’abagabo bugenda bugabanuka.
Bimenyimana Remy wo mu karere ka Rusizi yahumye amaso yombi afite imyaka 12 ariko akora ibintu bitangaje kuko abasha kumenya aho ageze akoresheje amaso y’umutima ku buryo utamuzi washidikanya ko afite ubumuga bw’amaso.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, ahakana ko abarwayi bo mu mutwe bakomeza kugaragara mu karere ka Ngoma bufite aho buhuriye n’amarozi yakomejwe kuvugwa mu cyahoze cyitwa Kibungo.
Nyuma yo kugaragaza ko yabyaye igisimba ariko ntibivugweho rumwe n’abantu batabdukanye barimo n’abaganga, Mushimiyimana yashyize yemera ko ibyo yavuze yabeshye ahubwo ari urukwavu yaguze akarubaga kugira ngo azemeze umugabo we ko abyara.
Abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Musanze, biyemeje ko munyubako z’utugali ndetse n’izindi zose bagiramo uruhare bazajya bazirikana ko bazaganwa n’abafite ubumuga, bityo babategurira aho bashobora kunyura.
Musabyimana Sylvestre bakunze kwita “Magori” utuye mu kagari ka Gisiza mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro afite imyaka 32 y’amavuko ariko nta menyo yigeze amera.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Daily buvuga ko imiryamire ya muntu ifite byinshi isobanura ku myitwarire ye iyo abyutse. Abantu bakunda kuryama bagaramye ngo babyuka mu gitondo bameze neza nta mavunane kandi bafite amerwe yo gutangira umunsi mushya.
Umusore witwa Mugisha Jacques ufite ubumuga bwo kutabona aratangaza ko nubwo afite ubu bumuga bitamubuza kujya mbere no kugirira akamaro igihugu cye.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mukinyamakuru kitwa Mother Nature Network, buvuga ko ubwanwa burinda ba nyirabwo ibyago byo kurwara indwara ziterwa n’imirasire y’izuba kukigereranyo kiri hagati ya 90 na 95%.
Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Mu kagari ka Shyembe, umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, umubyeyi yibarutse abana batatu b’abakobwa ku bitaro bya Kirinda tariki 13/04/2013. Umwe afite ibiro bibili, undi ikiro kimwe n’igice, uwa nyuma amagarama 700.
Kuba 80% by’abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi batunzwe n’uburobyi mu kiyaga cya Kivu ngo bigira ingaruka ku kuboneza urubyaro kuko igihe kinini aba bakora uburobyi bibera mu mazi bityo ubukangurambaga bukorwa kuri iyi gahunda bukaba butabageraho.
Ku bufatanye n’akarere ka Bugesera, Umuryango Hope and Homes for Children (HHC) wubatse ibigo bitandukanye muri ako karere hagamijwe kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho myiza y’umuryango.
Abaganga n’abaforumu bo mu bitaro bya Bushenge, Mibirizi na Kibogora bari guhugurwa ku buryo bugezweho bwo kuboneza urubyaro bwa burundu basanga abagabo bakwiye kwitabira ubu buryo kuko bwunganira ubwari busanzwe ku bagore.
Nyirabarura Primitive w’imyaka 19, utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu yabyaye abakobwa 2 n’umuhungu 1 ku mugoroba wa tariki 24/03/2013 mu bitaro bya Kabaya. Akarere kamuhaye amafaranga 100.000 byo kumufasha kamwemerera n’inka.
Mu gihe minisiteri y’ubuzima ikomeje gahunda yayo yo kurwanya maraliya burundu, ikoresheje uburyo butandukanye harimo no gutanga inzitiramubu zikoranywe umuti, bamwe mu baturage bazikoresha mu yindi mirimo itari ukuziryamamo.
Abaturage ibihumbi 45 bo mu mirenge ya Shingiro na Kinigi mu karere ka Musanze babonye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 41 nyuma y’uko mu 2010 bagaragarije Perezida Kagame ko batazi amazi meza maze akabemerera kuyabagezaho.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi arasaba inzego zitandukanye gufasha mu gukangurira abaturage ububi bwa sukari guru kuko hari abacuruzi bo mu isoko rya Mugina bayicuruza rwihishwa.
Nubwo byagaragaye ko goroba k’ababyeyi gafite umumaro munini abagorebo mu karere ka Rulindo bavuga ko abagabo badakunze kukitabira, kandi ngo nyamara bazi neza ibyiza byako.
Nyuma y’uko inama y’umutekano yateranye mu kwezi kwa Gashyantare isabye ko isuku nke yo mu mujyi wa Gakenke ihagurukirwa, kuva kuwa kabiri tariki 12/03/2013 komisiyo idasanzwe yasuye amaresitora n’utubari, igenzura isuku, aho isanze ari nke ikahafunga kugeza igihe bazavugururira.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera basobanuriwe ububi bwa kanyanga na African Gin aho ngo biyobya ubwenge by’uwabinyweye akageza naho ahuma amaso ntabone neza.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Abatuye mu Rwanda barasabwa guca burundu isakaro ya Fibrociment bita asibesitosi kuko abahanga n’inzego z’ubuzima zivuga ko iyo sakaro itera ingaruka zikomeye ku buzima. Ngo indwara indwara ziterwa n’iyi sakaro ni nyinshi zitandukanye kandi ngo umuntu ashobora kuzirwara zikazagaragara mu myaka iri hagati ya 20 na 40 zaramaze (…)
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Bugesera baratangaza ko batazi gukoresha agakingirizo k’abagenewe yewe ngo hari n’abatarakabona namba.
Alexia Nkurunziza, Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR), aratangaza ko mu mwaka wa 2013 bagiye guhangana n’imfu z’abana n’ababyeyi ziri kugenda ziyongera cyane cyane mu byaro.
U Rwanda ruza ku mwanya wa mbere ku isi, aho ababyeyi bonsa abana babo nk’uko biri mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuwa 18/01/2012 n’ishyirahamwe ry’abagiraneza Save the Children.
Abanyamuryango ba koperative “Dukore” y’ababana na Vurusi itera SIDA mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bavuga ko bashaka kuzenguruka hirya no hino batanga ubutumwa buhumuriza abagize ibyago byo kwandura SIDA ,ngo biteze imbere.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi barasabwa gushishikariza abana gukura bazi gutandukanya urukundo nyakuri n’urukundo rubabeshya kuko ari byo bizabafasha mu guhagarika ubwandu bushya bwa SIDA mu rubyiruko no mu muryango nyarwanda.
Imbuto Foundation irashishikariza abaturage bo mu karere ka Burera kwirinda icyorezo cya SIDA bipimisha ku bushake kugira ngo bamenye uko bahaze bityo bahangane n’ubwandu bushya bw’icyo cyorezo.
Amaresitora ane yo mu karere ka Gicumbi (Giramata, Restaurant ya La Confiance, New STAR RESTAURANT na BAR ahahoze ari OBEX) yafunzwe tariki 06/02/2013 kubera umwanda wo mu bikoni no mu bwiherero.