Mu rwego rwo kwita ku bafite ubumuga, abo mu karere ka Nyabihu bahawe inkunga zitandukanye zirimo amafaranga azabafasha kwiteza imbere ndetse n’amagare azafasha bamwe muri bo bafite ubumuga bw’ingingo.
Mu mateka yaho, abaturage b’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bagiye guhabwa ikigo nderabuzima bazajya bivurizaho batarinze kujya mu mavuriro yigenga.
Abagore b’Abasilamu bagize ishyirahamwe ry’abahinzi b’ibihumyo bo mu Karere ka Gicumbi baratangaza ko ibihumyo byabibagije kurya inyama kuko byifitemo intungamubiri nyinshi kandi ntihenda nk’inyama.
Mu rugo rwa Ntaganzwa Vincent utuye mu murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi hacitse indwara zituruka ku mirire mibi abikesha inyama z’imbeba za kizungu.
Ababyeyi bafite abana bonka bitabira amahugurwa abera kure y’aho batuye biba ngombwa ko bajyana abana babo ndetse bakitwaza n’abakozi bo mu rugo bashinzwe kubarera ariko abo bana ntibabaho neza nk’uko bisanzwe.
Hotel du Lac na Hotel Ten to Ten na Restaurant la Gastronome byafunzwe na komisiyo y’akarere ka Rusizi ishinzwe kugenzura isuku tariki 28/11/2012 kubera bafite umwanda ukabije bikaba byagira ingaruka ku buzima bw’abantu.
Ibikorwa by’isuku n’isukura birimo ibigega by’amazi ndetse n’ibyumba by’ubwiherero 51 byubatswe ku bufatanye n’umushinga w’Abanyamerika witwa DIC, byatashwe ku mugaragaro tariki 27/11/2012, aho ababihawe basabwe kubiha agaciro bikwiye babirinda kwangirika.
Muri hotel Brothers’INN iherereye mu mujyi wa Muhanga ahitwa i Gahogo hasohokamo amazi y’umukara kandi anuka akagera mu muferege wo ku muhanda wa kaburimbo ku buryo ubangamira abahanyura cyne cyane abanyamaguru.
Ababyeyi bo mu karere ka Bugesera barasabwa kwita ku isuku y’abana babo, kuko usanga henshi mu byaro byo mu Rwanda hariabana batameserwa imyenda ntibanabakarabye. Icyo bikiyongeraho n’isuku nke y’aho barara.
Mu rwego rwo kongera isuku mu karere ka Gisagara, hemejwe ko hagiye gukorwa ibarura ry’abantu baba ku mihanda bafite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, bityo bazitabweho uko bikwiye kuko akenshi aribo bakunze kugaragara bafite umwanda bikitirirwa akarere kose.
Yamfashije Claudine w’imyaka 25 wo mu murenge wa Kavumu akagari ka Tetero, yibarutse abahungu babiri n’umukobwa tariki 19/11/2012, akarere kamuhemba amafaranga 97600 n’ubwisungane mu kwivuza by’abana n’ababyeyi.
Nubwo hakiri abantu batinya kuvuga ibirebana n’imisarane cyane cyane kubera ko ifatwa nk’ahantu h’umwanda, ku itariki ya 19 Ugushyingo ni umunsi mpuzamahanga w’imisarane.
Umuryango w’abagore babana n’ubumuga bwo kutumva mu Rwanda watangije igikorwa cyo kwigisha ururimi rw’amarenga inzego zitandukanye zikorera mu karere ka Ruhango, hagamijwe kugirango zijye zifasha ababana n’ubumuga mu bibazo bahura nabyo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buremeza ko bizagera muri Nyakanga 2013 abaturage 8540 bagejejweho amazi meza nubwo kugeza ubu abamaze kuyabona ari 85 gusa. Icyi kizere ngo kiraterwa nuko imishinga izageza aya mazi meza ku baturage iri gukurikiranwa.
Abagore n’abagabo 20 baturuka mu bihugu birindwi bya Afurika bateraniye mu Kigo cya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda gishinzwe ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi (CGIS) biga uko ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi ryifashishwa mu gukemura ibibazo bijyanye n’ubuzima.
Abashakashatsi b’urubuga YouTube/Vsauce rushyira ahagaragara amashusho y’ingingo zakozweho ubushakashatsi mu bya siyansi bavuga ko kwayura bidaterwa n’uko umwuka uba wabaye muke ahantu umuntu wayura aherereye, nk’uko bamwe babikeka.
Mu rwego rwo gukomeza gukangurira abatuye akarere ka Ngororero kugira akarima k’igikoni muri buri rugo, ibikorwa byo gufasha abatishoboye byakoze uturima tw’igikoni 2900 mu kwezi kwahariwe umuryango.
Ibigo 11 by’amashuli yisumbuye byo mu karere ka Nyanza bikunze guhura n’ikibazo cy’ihungabana rituruka ku ngaruka za Jenoside byatangiye guhabwa amahugurwa y’uburyo bwo kurirwanya no kurikumira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Habanabakize Jean Claude atangaza ko amabagiro ashaje yubatswe mu Kagali ka Gasiza, Umurenge wa Muyongwe abangamiye abaturage kuko ateza umwanda kandi akaba yubatse mu muhanda.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’u Rwanda by’umwihariko, bifite impungenge ku buziranenge bw’ibiribwa abaturage barya biturutse hanze, nk’uko babitangaje ubwo bemezaga ko bi biribwa bigomba kujya bigenzurwa, kuri uyu wa Mbere tariki 29/10/2012.
Urubyiruko ruturuka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze, rwahuguriwe ko gukoresha agakingirizo atari uburyo bwitabazwa igihe kwifata byananiranye, ahubwo ko ubwo kwirinda SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda, Kabarondo B, bigishijwe uburyo bwiza bwo gukaraba intoki n’abakorerabushake b’ikigo cy’Abayapani gishinzwe umubano mpuzamahanga cya JICA.
Nyirakanyana Francoise w’imyaka 36 yibarutse abana bane, mu ijoro rishyira tariki 15/10/2012, bose bakaba bameze neza gusa bari mu byuma byabugenewe kugira ngo babashe kuzuza ibiro bisabwa ngo bahabwe ababyeyi babo.
Hari abakirisitu batinya gukoresha agakingirizo ngo batarebwa nabi n’abayobozi b’amadini basengeramo ariko ntibibabuze gusambana. Uko kwanga ko hagira umuntu ubabona bagura agakingirizo bituma bamwe mu bayoboke b’amadini bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Ikigo cy’urubyiruko cya Rubavu cyahisemo kujya gikoresha amarushanwa y’imbyino n’imyidagaduro mu gishishikariza urubyiruko kwitabira ibiganiro bibahamagarira kwirinda SIDA.
Abashakashatsi bo muri Japan babashije gukora amagi bifashishije ingengabuzima (cellules) bavanye mu mbeba, ayo magi ngo yagaragaje ubushobozi bwo kuba yafasha abantu bafite ubugumba bakabasha kubyara.
Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangarije i Rwamagana ko Guverinoma na Perezida wa Repubulika bashima umusaruro mwiza ishuri ry’abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana ritanga mu buzima bw’igihugu.
Ubushakashatsi bwerekanye ko iyo agahinja kakiri mu nda ya nyina gashobora kumenya bimwe mu bibera ku isi kabone n’ubwo kaba kakiri gatoya cyane.
Ahantu henshi hageze gahunda ya kandagira ukarabe muri gahunda ngari yo kwimakaza umuco w’isuku, ariko kuri ubu usanga ahenshi ibikoresho byari byarashyizweho iyo kandagira ukarabe bitakiharangwa ahandi ukahasanga utujerikani turimo ubusa cyangwa twaboreyemo amazi.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi b’Abanyamerika bagize amatsiko yo gukurikirana igisekuruza cy’ubwami muri Koreya bwatanze umwanzuro w’uko abagabo b’inkone barama imyaka 14 kurusha abadasiramuye.