Uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k'u Rwanda
|
mutubarize ewasa na meya wa akarere ko mukarere ka nyanza imidugudu iri kure y’umugi yabonye umuriro nka rugari b yegereye umugi yo yazize iki?bawutwemereye tugifata amazi 2012 mu kwa 12,umwaka ushize batwemerera ko le5/2/2014 tuzaba dufite umuriro byagiye nka za hene.turazira iki ibigo by’amashuri birahari,centre y’ubucuruzi ..
mwatubariza abakozi ba EWSA Rubavu kuko baturangarana bikabije tuhagera dutegesheje amafaranga arenga 6000fr(kugenda no kugaruka) bakatubwira ngo konegisiyo yabuze. ngo tuzagaruke ejo nabwo bikaba uko ngo konegisiyo iragenda buhoro ngo tuzagaruke ejo twagaruka ngo konegisiyo yatinze ubundi ngo iraza nabi.YEMWE MWA BAHANGA MWE!!! IYO KONEGISIYO NI IKI? NGO TUBIMENYE KO IGIYE KUZACA IBINTU cyane kuri twe tudasobanukiwe nicyo konegisiyo aricyo.
akarere ka nyagatare ndibuntsa EWAS akagari ka RUTARE Umurenge wa rwempasha UBWIGUNGE BUTUMEREYE NABI UMURIRO BAHUTUNYUJIJE EJURU UGANA RWEMPASHA MURAKOZE
mutubarize meya waka rere karu hango icyo aziza amagare kandi atunze benci
Turabashimira Amakuru Meza Mutugezaho
Nitwa Kwizera Robert niga mu ishuri rikuru nderabarezi rya matimba nagirango nsabe ababishinzwe ko mwashyiraho ingamba zihamye zo kurwanya abo bahinga , bakanywa urumogi. Mvuka mukarere ka Kayonza umurenge wa Rukara.
ngendibariza ku byereke ubutaka ese ufite akarima gato akaba atarihafi yako karima
ngobazagatanga? ese udafite ubushobozi bwogukora mo ibikorwa
bazazitanga ngibyo ibibazo mfite
murikamonyi mumurenge wamugina inkuba zirigukubita abantu burimutsi ejo zakubise abantu 4 ninka imwe.
rurindo ikibazo cya baturage basinda bakarwana
muturebere isuku nke igaragara mugacentre ka kiruri kandi ubuyobozi bw’umudugudu bakaba butabishiramo ingufu ngo bwigishe abaturage isuku kandi byanaba ngombwa bakaba banahana abaturage bagenda barira munzira cyane ko aribo batera umwanda murakoze
Turasaba ubuyobozi bwa Nyanza District ko bwareba niba hubakwa ubwiherero rusange ahafitiye abaturage akamaro.urugero ubwiherero bugiye kubakwa iMUGANDAMURE.Ese ababukeneye hariya mwabushyize ni bande?cg ni ugupfusha ubusa inkunga mugenerwa.amahirwe yinkunga mujye muyabyaza umusaruro.nimubushyire ahahurira abagenzi benshi urugero ku BIGEGA Cg kwa Hadji.Abdalah wipfusha ubusa inkunga yagenewe akarere.ubishidikanya azahagere arebe ko ubwo bwiherero bwubatswe aho buzabyazwa umusaruro.
MUTUBARIZE EWASA 10000F BASABA UMUNTU YOKUGUPIMIRA AHO UTERA IPOTO IMWE IGITI ARICYAWE I NYAMASHEKE UMURENGE WA KILIMBI
twifuzagako uriya mugabo wa GISHARARA,KARUBUNGO,GITOKI ho muri GATSIBO witwa SIMBAVURA wafashe umwana kungufu yazazanwa gukatirwa mumudugudu kuko bivugwako hari n’abandi bana bagera muri 17 bari hagati y’imyaka 3 ni 6 yangije.
Turashimira muri rusange ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru ingufu bukomeje gushyira mu burezi:hongerwa ibyumba by’amashuri,kugaburira abanyeshuri ku mashuri... ibi ni bimwe mubyo dukesha umusaruro mwiza w’abasore n’inkumi basoje umwaka w’amashuri wa 2013 S6 ndetse tukaba tuyobaye urutonnde mu mitsindire ugereranije n’utundi turere 30 ;Twese nk’abitsamuye dushyigikire uburezi n’uburere mu Rwanda nk’umusingi w’iterambere.
turabasaba kutubariza meiawa ukarere karubavu igihe umuriro na maZI bizagerera mukagari kakinigi mumu renge wa nyamyumba murakoze
turashimira maire wa Rulindo kubw’ iterambere amaze kutugezaho!, ariko nk’ abaturage bo mumurenge wa Mbogo, akagali ka Bukoro, umudugudu wa GIHONGA, rwose dufite ikibazo gikomeye cyane cyo kutagira AMAZI kandi twese tuziko " AMAZI ARI ISOKO Y’ UBUZIMA!" nukuri rwose abaturage bo muri uwo mudugudu turababaye cyane!.
turashimira maire wa Rulindo kubw’ iterambere amaze kutugezaho!, ariko nk’ abaturage bo mumurenge wa Mbogo, akagali ka Bukoro, umudugudu wa GIHONGA, rwose dufite ikibazo gikomeye cyane cyo kutagira AMAZI kandi twese tuziko " AMAZI ARI ISOKO Y’ UBUZIMA!" nukuri rwose abaturage bo muri uwo mudugudu turababaye cyane!.
turashima cyane iyi gahunda ya my District today kuko igaragaza ibitagenda ikaba irushaho gukangura abayobozi ku kwita ku bikorwa byihutirwa kandi bifitiye abaturage akamaro
MUTUBARIZE MEYA WA NGOMA UMUHANDA UHUZA NGOMA NA KIREHE UZAKORWA BIGENZE BITE?TURABAZA UMUHANDA UHUZA UMURENGE WA MURAMA NA GATORE?
mutubarize maire wa kirehe impamvu mu kagari ka nyabigega batahabwa amazi n’umuriro kuko icyibazo cy’amazi gihangayikishije abahatuye.thx.
Mutubarize maire wa Gatsibo igihe umuhanda wa Ndatemwa-Muhura igihe uzakorerwa kuko uheruka gusanwa bitegura H.E president yenda kuza gutangiza ICT muri G.S MUHURA.Mutubarize kwigunga birarambiranye.
mutubarize na mayor wakarongi igihe umuhanda karongi gisovu bazawukorera?
MUTUBARIZE MAIRE WA NYAMAGABE IMPAMVU ADAHEMBA ABAKOZI