Umwe mu bajura bamaze iminsi biba amatungo bakayabaga nyuma bakajya kugurisha inyama kure y’aho bakoreye ubwo bujura yafatiwe mu kagali ka Rususa mu murenge wa Ngororero mu rukerera rwa tariki 22/08/2012.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana, aratangaza ko Polisi z’ibihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba zirajwe ishinga n’uko buri muturage uhatuye yagira amahoro n’umutekano bisesuye.
Nyuma y’ubujura no gutobora amazu byari byibasiye akagali ka Kimicanga, umurenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, kuwa kabiri tariki 21/08/2012 Polisi y’igihugu yabyukiye mu mukwabu ita muri yombi abajura 27 n’inzererezi 30 zitagira irangamuntu.
Bizimana Barthazar utuye mu kagari ka Mageragere, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashyikirijwe inzego zishinzwe umutekano mu karere, nyuma yo gutema ukuboko umukecuru witwa Kabagina Mariyana.
Mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 21/08/2012 mu kagari ka Karumuna, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu ruzi rw’akagera hatoraguwe umurambo w’umuntu utaramenyekana amazina ye.
Abasore 14 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira guteza umutekano muke aho batuye mu kagari ka Muganza mu murenge wa Gatore. Aba basore biyita abamoke kubera ko babibonye muri filime.
Mukiza Kazungu uzwi nk’umukarasi muri gare ya Ruhango na Albert ushinzwe gushakira abagenzi sosiyete itwara abantu ya KBS mu mujyi wa Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 20/08/2012 bazira kurwanira umugenzi.
Habumugisha Edouard w’imyaka 29 utuye mu Kagali ka Gahinga, umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 17/08/2012 akekwaho gukubita inkoni ise, Ntanturo Elias w’imyaka 55, bikamuviramo urupfu.
Tuyisenge Eric w’imyaka 27 y’amavuko yatawe muri yombi n’inkeragutabara ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza tariki 20/08/2012 akekwaho guhohotera umukobwa amusanze aho acururiza imboga mu isoko rya Nyanza.
Umuntu umwe yitabye Imana undi arakomereka bazize impanuka ya moto yabereye ahitwa ku giti cy’inyoni kuwa mbere tariki 20/08/2012, ahagana mu masaa sita n’igice z’amanywa. Iyo moto yari ihetse abantu babiri igonga imodoka yari ihagaze.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abagabo babiri bacyekwaho kugira uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasiye abantu mu karere ka Muhanga, nyuma y’itemwa ry’abantu rigamije gukomeretsa rimaze iminsi rihavugwa.
Emmanuel Nyabyenda afungiye kuri station ya Polisi ya Kabagali, akekwaho urupfu rutunguranye rw’inshuti ye yitwa Valentine Uwamahoro rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20/08/2012.
Community Policing yashyizweho mu rwego rwo guhanahana amakuru ku bibazo byose byabangamira umutekano, iragenda igaragaza kugera ku ntego yayo, harimo gufasha kurandura ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rimaze kuba ikibazo n’ihungabanya umutekano.
Rwabuzisoni Damascène w’imyaka 32 y’amavuko, ku mugoroba wa tariki 18/08/2012, yadukiriye murumuna we witwa Nzayisenga Augustin amukomeretsa izuru amurumye biturutse ku ideni yari amufitiye ry’ibihumbi 40 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nyiranzabarantumye Doloteya wari usanzwe akora akazi k’uburaya mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yabonetse yapfuye, bagakeka ko yaba yishwe n’uwari umaze kumusambanya.
Nsekambabaye Pascal bakunze guhimba Misuba afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe azira kwiba umugore amafaranga ibihumbi 300 yari afite mu gikapu mu modoka ku mugoroba wa tariki 16/08/2012.
Innocent Munyemana w’imyaka 28 wo mu murenge wa Coko, akarere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma yo kwica se kuwa kane tariki 16/08/2012 amuziza amafaranga.
Insoresore zikekwaho gukoresha ibiyobyabwenge zateye mu rugo rwa Habyarimana Aboubakar utuye mu mu murenge wa Kamembe ahazwi kwizina ryo Murushakamba zimusenyeraho inzu, ziranamukubita, zinamwambura amafaranga mu gitondo cya tariki17/08/2012.
Mukakalisa Margaret utuye mu kagari ka Nkoma, umurenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare arwariye mu bitaro bya CHUK nyuma yo gukurwamo amaso n’umugore yari acumbikiye mu ijoro rya tariki 15/08/2012 amuhora kumushinja amarozi.
Uretse kuba urusaku rwo mu byumba by’amasengesho rubangamira abaturage batuye hafi ya byo, ngo biranashoboka ko hari ababijyamo batajyanyweyo no gusenga ahubwo bagamije gusambana nk’uko bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero mu murenge wa Mukarange babivuga.
Umukobwa w’imyaka 25 witwa Mwangaza Manyuku ukomoka mu karere ka Kicukiro yataye umwana we mu musarani wo muri gare ya Rusizi mu masaha ya saa sita z’amanwa tariki 15/08/2012.
Twahirwa Innocent wo mu kagari ka Kinini mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga yiyahuye yimanitse mu mugozi mu ijoro ryo ku wa 15/08/2012.
Ubwumvikane buke hagati y’umugabo n’umugore bo mu Murenge wa Gakenke bwatumwe umugabo asiga buji mu cyumba cy’uruganiriro ajya kuryama maze itwika igice kimwe cy’igisenge cy’inzu mu ijoro tariki 16/08/2012 .
Umugore witwa Nyirakaje Florida yatawe muri yombi na polisi mu karere ka Musanze akekwaho icyaha cyo kujugunya umwana w’iminsi ine mu bihuru.
Abaminisitiri b’ingabo hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’ibihugu bihuriye mu karere k’ibiyaga bigari bari mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo basabye ko hakoreshwa ingabo zo mu bihugu by’Afurika mu kurinda umupaka w’u Rwanda na Kongo.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko amazu yerekana filimi zisobanuye mu Kinyarwanda na yo ari ibiyobyabwenge abantu badaha agaciro ngo batekereze ku ngaruka mbi bifite ku bana b’u Rwanda.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yakoze impanuka ku wa kane tariki 16/08/2012 saa cyenda n’igice z’igicamunsi igarama mu muhanda mu ikoni riri mu metero nkeya uvuye ku gasentere ka Base, umurenge wa Gashenyi umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima.
Abayobozi ba polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bateraniye mu karere ka Musanze mu rwego rwo gushakira umuti urambye ibyaha ndengamipaka nk’ubujura bw’amamodoka, iyinjizwa rya kanyanga mu Rwanda, ubucuruzi bw’abantu n’ibindi.
Niyokwizerwa Solange w’imyaka 30 afungiye kuri station ya Polisi ya Kanjongo mu murenge wa Macuba akekwaho kuba yaragize uruhare mu rupfu rw’umugabo we witwa Gahamanyi Uziya w’imyaka 45 y’amavuko rwabaye tariki 15/08/2012 saa sita z’ijoro.
Bizimana Sehinja w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi yatorotse uburoko.