Polisi yo mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi umukobwa wiga mu ishuri rikuru rya Umutara Polytechnic University ukurikiranyweho guta umwana we mu musarane.
Abaturage babiri bo mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bari mu maboko ya polisi bakekwaho gutema inka icyenda zari mu rwuri rwa Kanyenjwi utuye mu Kagari ka Rutungo mu ijoro rishyira tariki 30/07/2012.
Ikibazo cy’ubwicanyi mu bashakanye gikomeje gutera inkeke mu karere ka Gatsibo. Ubuyobozi butangiye gutunga akatoki imiryango y’abimukira baza kuhatura kuba aribo bakunze kurangwa n’amakimbirane abyara imfu.
Umugabo witwa Nkundimana Mugabwambere w’imyaka 42 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kibimba,akagari ka Gatarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yishwe atewe icyuma mu ijoro rishyira tariki 31/07/2012 mu masaha ya saa tanu n’igice z’ijoro.
Nkurikiyumukiza Augustin w’imyaka 16, utuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango akekwaho gusambanya umwana ufite umwaka n’igice.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bwafashe ingamba zo guca icuruzwa ry’inzoga y’ikigage yitwa “Umurahanyoni” nyuma yo kubona ko ari ikiyobyabwenge kuko abantu bayinywa bahungabanya umutekano.
Imodoka ifite purake RAA 552 yo mu bwoko bwa Taxi yagonze moto ifite purake R B 275 D tariki 30/07/2012 mu mujyi wa Ruhango uwarutwaye iyi moto arakomereka ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo kuvurizwa yo.
Jean Baptiste Mbonyumugenzi na Alias Mutsindashyaka batuye mu kagali ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga batawe muri yombi na Polisi nyuma yo gukubita Erade Nkerabahizi w’imyaka 51 akitaba Imana.
Abatwara abagenzi kuri moto (abamotari) bakorera mu mujyi wa Kigali barinubira ko moto ifatiwe mu ikosa iryo ari ryo ryose ifungwa igihe kingana n’ukwezi kandi ngo amashyirahamwe yabo akorana na polisi kuruta uko akorana nabo.
Aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafatiye ingamba zikomeye zo kurwanya ikiyobyabwenge cya Kanyanga, ubu icyo kiyobyabwenge cyasimbuwe n’inzoga ituruka muri Uganda yitwa African Gin.
Mu gace ko hafi y’ahubatse Cathedral Saint Andre ya Kibungo mu murenge wa Kibungo hari kuvugwa bubujura bukabije bw’insinga z’umuriro w’amashanyarazi nijoro igihe umuriro ubuze.
Nsekanabo Cyprian w’imyaka 50 aravuga ko ababajwe n’ubusambanyi bwakorewe umuhungu we w’imyaka 6 y’amavuko. Ibi byagaragajwe n’isuzuma ryakorewe uyu mwana tariki 26/07/2012 n’ikigo nderabuzima cya Kibingo kiri mu karere ka Ruhango.
Ntirugiribambe Jean Damascene w’imyaka 38 yatawe muri yombi tariki 29/07/2012 n’abaturage bo mu mudugudu wa Nyabinyenga, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, akekwaho kwiba inka yari ashoreye ayishakira umuguzi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera buratangaza ko bwafatiye ingamba uburaya bw’abakobwa bafite munsi y’imyaka 18 bukorerwa muri santere ya Gitare, iri muri uwo murenge, kuburyo ngo muri iki gihe bumaze kugabanuka.
Umugabo w’umurundi w’imyaka 45 y’amavuko utashatse ko amazina ye atangazwa yibwe miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda hamwe n’imfunguzo z’imodoka ye yo mu bwoko bwa RAV 4 mu mujyi wa Nyanza.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kigarama wo mu karere ka Kirehe, polisi yafashe litiro 150 za Kanyanga ndetse n’ibiro 733 by’urumogi maze bitwikirwa mu ruhame imbere y’abaturage, polisi n’ubushinjacyaha.
Jean Nsengiyumva w’imyaka 45 wo mu karere ka Nyamasheke, yaraye akurikiranye umugore we wari wahukanyiye ku muturanye we nyuma yo kurwana, amusanga aho yari yahungiye atema ihene eshatu.
Inzego z’umutekano mu karere ka Kayonza zarashe umwe mubajura bari bagabye igico kuri TELECENTRE ya Kayonza, inabatesha mudasobwa esheshatu na televiziyo ya rutura (Flat screen) bari bibye.
Irambona Eric, umugabo w’imyaka 25, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akurikiranyweho kwiyita umukozi muri Komisio y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside akanaka abanyeshuri amafaranga ababeshya ko azabashakira buruse yo kwiga muri kaminuza.
Umukwabo wakorewe mu gasentere ka Mugu kari mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera wafashe forode z’ibinyobwa bitandukanye bituruka muri Uganda ndetse n’ifumbire mvaruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda, yari kuzajya gucuruzwa muri Uganda.
Abantu babiri bafungiye mu karere ka Gasabo guhera tariki 26/07/2012 bakekwaho kwiba ifumbire hamwe n’umuti wica udukoko mu myaka biba byaragenewe abaturage kugira ngo ubuhinzi bwabo burusheho kugenda neza mu murenge wa Nduba mu kagari ka Shango.
Tuyisingize Ariette w’imyaka 15 yaguye mu rusengero rushya rwitwa “Rednmieed” abandi bita “Orebu” arimo gusengerwa n’umupasiteri witwa Mukamurenzi Francoise ukomoka mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Mu rugo rw’uwitwa Munyaneza Faustin mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango hatoraguwe umurambo w’umugabo utazwi tariki 25/07/2012.
Ndege Jackson, umucuruzi mu murenge wa Kazo ahitwa ku giturusu ari mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo gukumeretswa no kwamburwa amafaranga 61700 ku cyumweru tariki 22/07/2012 n’abantu bagishakishwa.
Mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 24/07/ 2012 ku isoko ryo ku Giturusu mu kagali ka Karama, umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma hatoraguwe umurambo w’uruhinja.
Abantu bari bibwe ikaziye ya Primus bafunganywe n’ababibye kubera ko babafashe bakabihanira kandi bitemewe n’amategeko.
Hakizimana Jean Claude w’imyaka 27 utuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yishe uwo bavukana Nsengiyumva Prince Alias Fils w’imyaka 18 mu rukerera rushyira tariki 24/07/2012 amuziza amakimbirane bari basanzwe bafitanye.
Musabimana Theogene afungiye mu karere ka Muhanga aho akurikiranwa n’ubushinjacyaha icyaha cyo gukora no gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Iyakaremye Zayinabo w’imyaka 21 yarohamye mu musarane ahetse umwana w’imyaka ibiri mu mugoroba wa tariki 24/07/2012 ku bwamahirwe abaturage babakuramo bakiri bazima.
Igaraje rya Jean Burayima riri mu murenge wa Gatsata, akarere ka Gasabo ribasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 24/07/2012 mu masaha moya za mugitondo, imodoka eshatu zirakongoka, moteri ibyiri z’imodoka n’ibindi bintu binyuranye bitikiriramo.