Abaminisitiri b’ingabo hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’ibihugu bihuriye mu karere k’ibiyaga bigari bari mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo basabye ko hakoreshwa ingabo zo mu bihugu by’Afurika mu kurinda umupaka w’u Rwanda na Kongo.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko amazu yerekana filimi zisobanuye mu Kinyarwanda na yo ari ibiyobyabwenge abantu badaha agaciro ngo batekereze ku ngaruka mbi bifite ku bana b’u Rwanda.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yakoze impanuka ku wa kane tariki 16/08/2012 saa cyenda n’igice z’igicamunsi igarama mu muhanda mu ikoni riri mu metero nkeya uvuye ku gasentere ka Base, umurenge wa Gashenyi umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima.
Abayobozi ba polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bateraniye mu karere ka Musanze mu rwego rwo gushakira umuti urambye ibyaha ndengamipaka nk’ubujura bw’amamodoka, iyinjizwa rya kanyanga mu Rwanda, ubucuruzi bw’abantu n’ibindi.
Niyokwizerwa Solange w’imyaka 30 afungiye kuri station ya Polisi ya Kanjongo mu murenge wa Macuba akekwaho kuba yaragize uruhare mu rupfu rw’umugabo we witwa Gahamanyi Uziya w’imyaka 45 y’amavuko rwabaye tariki 15/08/2012 saa sita z’ijoro.
Bizimana Sehinja w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi yatorotse uburoko.
Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bakorera mu karere ka Kamonyi babangamirwa n’abagakora badafite ibyangombwa bita “inyeshyamba”. Batunga agatoki abayobozi ba koperative yabo ko babakingira ikibaba ngo badafatwa na polisi ikabahana.
Nyuma y’ubujura bwo gucukura inzu z’ubucuruzi bumaze iminsi bwibasiye abacuruzi, umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nemba, Niyitegeka Prosper, yibwe ipikipiki yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 ubwo yari mu nama ku biro by’akarere ka Gakenke.
Radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga yatewe n’abantu bataramenyekana saa munani z’ijoro rishyira tariki 15/08/2012.
Nyuma y’iminsi ibiri yaraburiwe irengero, Nsengiyumva bakunda kwita Mahuku wari utuye mu Mudugudu wa Nkongi, Akagari ka Gakirage mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare watoraguwe mu kiyaga gihimbano cya Cyabayaga tariki 14/08/2012.
Abasore bane batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kabiri tariki 14/08/2012 mu mukwabu Polisi yakoze kuri Base mu Murenge wa Gashenyi ugamije gufata abantu bacuruza n’abanywa urumogi.
Ngiramahirwe Valens w’imyaka 20 ucururiza mu Gasentere ka Gakenke, mu Murenge wa Gakenke yibwe ibintu bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi birenga 150, abajura bacukuye inzu acururizamo mu ijoro rishyira tariki 11/08/2012.
Twagirayezu Casius w’imyaka 54 utuye mu mudugudu wa Muyenzi, Akagali ka Katarara, Umurenge wa Ntyazo, Akarere ka Nyanza yikubise hasi arimo guhinga ahita apfa tariki 14/08/2012 ahagana saa 11h30 z’amanywa.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi bafite imirimo bakorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barasabwa kuzajya bambuka imipaka babanje kwimenyekanisha kugira ngo nihagira uhura n’ikibazo cyo guhohoterwa ajye akurikiranwa.
Umurambo wa Mukashema Therese, umukobwa w’imyaka 19 wari utuye mu kagari ka Nyarurambi ko mu murenge wa Musebeya wo mu karere ka Nyamagabe wabonetse mu ishyamba ryo muri aka kagari tariki 08/08/2012 watemeguye.
Ikamyo ya sosiyete y’abashinwa iri gukora umuhanda Buhinga-Tyazo yagonze umuntu wari uri kuri moto maze ahita yitaba Imana tariki 13/08/2012 saa tanu z’amanywa mu karere ka nyamasheke, umurenge wa Bushekeri.
Umuturage utatangajwe amazina aherutse kujya mu kabari mu murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, atinda afata ku gacupa bigeza mu gicuku igihe atari akibasha kubona no kwibuka aho ataha.
Umukecuru w’imyaka isaga 80 wibanaga mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara yishwe mu ijoro rishyira tariki 13/08/2012 n’abagizi ba nabi bataramenyekana. Umuntu umwe ukekwaho icyo cyaha yafashwe kandi inzego za polisi zikomeje iperereza.
Hitimana Noheli w’imyaka 21 yitabye Imana mu bitaro bya Ruhengeri kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 nyuma y’uko we na mugenzi we witwa Niyigena Jean D’amour bakubiswe ku mugoroba wo ku wa gatandatu.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda bo mu idini y’isilamu mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, hamwe na bagenzi babo bo mu mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyemeje kubana neza bakirinda ibibateramo amakimbirane.
Umugore witwa Margarita Mukandinda afungiye ku biro bya Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, akekwaho kubyara umwana agahita amuniga, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/08/2012.
Quartier (karitsiye) yitiriwe 40 iri mu mudugudu wa Mugonzi, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza iravugwamo urugomo rukabije ahanini ruba rushingiye ku businzi bw’inzoga z’inkorano n’ibiyobyabwenge birimo urumogi bikagira ingaruka ku bahatuye n’abahagenda.
Hamwe na hamwe mu karere ka Ngororero haracyari abaturage biganjemo abagabo ndetse rimwe na rimwe ugasanga bari kumwe n’abagore baramukira mu bubari bucuruza inzoga aho kujya ku kazi. Ibi binyuranye n’ingamba z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage aka karere kiyemeje.
Abizeye Oscar w’imyaka 35 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gutunga uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga (permit de conduire) mpimbano.
Umukecuru witwa Consolate Mukangwije ari mu maboko y’inzego za Polisi, nyuma yo gukubita isuka umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (RNIS) witwa Berthilde Uwimana akamukomeretsa.
Umurambo w’umugabo witwa Theogene Barakagira ukomoka mu karere ka Ngororero, watoraguwe mu mugezi wa Ururumanza, mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 09/08/2012.
Amazu agera kuri 13 atari yujuje ibyangombwa byo kubaka mu mujyi w’akarere ka Ngoma yarasenywe, kuri uyu wa Kane tariki 09/08/2012, hanafatwa babiri mu bagerageje kwitambika abakozi.
Umugabo witwa Gatarayiha Venuste yitabyimana akubiswe n’inkuba ubwo yari aryamanye n’umugore we tariki 08/08/2012 ahagana saa munani n’iminota 40 z’amanywa.
Itegeko ryo kumviriza telefoni z’abaturage rimaze iminsi ritowe n’Inteko ishinga amategeko, rigamije gukumira kumviriza umuntu bitajyanye n’umutekano w’igihigu. Ibi bitandukanye n’uko abantu bari babyumvise bakekaga ko umudendezo wabo ugiye gusagarirwa.
Ibyaha 1005 bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa abana byabaye mu mezi arindwi ashize mu gihugu cyose. Ibyo bifitanye isano no kwangiza abana, gushaka abana bakiri batoya, gukoreshwa imirimo isaba ingufu no guta abana.