Kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo babiri bajyanye ibiti by’imishikiri bikoreshwa mu gukora imibavu n’amavuta yo kwisiga kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Uguweneza Josianne w’imyaka 17 afungiye kuri polisi ya Ntongwe mu karere ka Ruhango, guhera tariki 29/09/2012 akekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.
Nkunzwenimana Jean Baptiste w’imyaka 25 utuye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe azira gufatwa atetse kanyanga.
Nzabamwita Jean w’imyaka 50 wari utuye mu mudugudu wa Gikoma akagari ka Gako, umurenge wa Ntongwe, yitabye Imana tariki 29/09/2012, aguye mu bitaro bya Nyanza aho yari yagiye kwivuza inkoni yakubiswe n’abana be.
Ngizwenayo Felix w’imyaka 28 ukorera Intersec Security nk’umuzamu yafatanwe intebe yo mu biro yari mu bikoresho ashinzwe kurinda kuri radiyo y’abaturage ya Rusizi ayicyuye iwe kuwa 30/09/2012 saa munani n’igice z’umugoroba.
Mu mukwabu wiswe Operation Hope wabaye tariki 29/09/2012 hafashwe ibiro 120 by’urumogi biri mu dupfunyika 17500 na litiro 20 za kanyanga mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge.
Abana bane bafite imyaka iri munsi y’ubukure bo mu rugo rwa Mandela Ntazinda na Sifa batawe muri yombi tariki 29/09/2012 bacuruza urumogi basigiwe n’ababyeyi babo. Ababyeyi b’abo bana nabo bafunzwe bazira gucuruza urumogi.
Nyiranzeyimana Chantal w’imyaka 20 yitabye Imana azize inkuba yamukubise ari kumwe n’abandi 18 ubwo bavaga gusenga ahagana saa saba z’amanwa tariki 30/09/2012 mu murenge wa Nkungu. Abandi bari kumwe bagiye kuvurirwa mu bitaro bya Mibirizi.
Ngendahayo Pascal w’imyaka 24 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Ruganda yarakubiswe arakomereka ku munwa tariki 29/09/2012 azira gukekwaho kwiba imifuka ibiri y’umuceri.
Tagisi itwara abagenzi yagonganye na pikapu yari itwawe n’umupadiri mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 29/09/2012 umuntu umwe arakomereka.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro icumbikiye abasore bane bo mu karere ka Rubavu bakekwaho kwambura ku ngufu moto uwitwa Tuyisenge Ezechiel bamusanze mu karere ka Rutsiro, bamubwira ko bashaka kuyimugurira.
Sebikamiro Amos wari Pasteur mu itorero ry’ivugabutumwa mu Rwanda akaba n’umucungamutungo (intendant) mu Groupe Scolaire ya Gasetsa iri mu murenge wa Remera, akarere ka Ngoma yapfuye yiyahuye ku mugoroba wo kuwa 26/09/2012.
Athanase Mvugiki utuye mu kagari ka Bumba, umudugudu wa Bisyo, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano, aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we amukubise agafuni.
Abakora umurimo wo gutwara abantu ku mapikipiki barasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umutekano wabo bwite, uw’abagenzi batwara n’uw’igihugu muri rusange; kuko kuba mu gihugu hari umutekano ariwo musingi akazi kabo kubakiyeho.
Mukeshimana Thomas w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi tariki 26/09/2012 afite inoti z’inkorano za bitanu zihwanye n’amafaranga ibihumbi 65, akaba yari ari kugura ikarita ya terefoni akoresheje inoti ya 5000.
Abantu 13 bakomoka mu mirenge itatu yo mu karere ka Rutsiro batawe muri yombi na polisi icunga umutekano mu kiyaga cya Kivu ibashyikiriza ubutabera bazira kuroba mu Kivu kandi byarahagaritswe by’agateganyo no gukoresha imitego y’amafi itemewe.
Abana bane bo mu kagari ka Gakoni mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi bariwe n’imbwa zo ku gasozi zirindwi zibasanze aho bari gukina na bagenzi babo mu ma saa yina z’amanywa tariki 26/09/2012.
Umunyonzi witwa Karimunda Innocent w’imyaka 25 yitabye Imana, abandi bane harimo umwana w’imyaka itanu barakomereka bikomeye mu mpanuka y’igare yabaye tariki 26/09/2012 ahitwa mu Rwamenyo mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke.
Imodoka ya sosiyete itwara abagenzi ya KBS yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza mu Mujyi wa Kigali, tariki 25/09/2012, yagonze umunyegari ahita yitaba Imana.
Umusore witwa Irakarama Vincent wo mu kagari ka Buguri, umurenge wa Rukoma, yafatanywe inka ahagana ma saa saba z’ijoro rishyira tariki 26/ 9/2012, ayibye nyirasenge witwa Nyiraneza Vestine, ayijyanye kuyigurisha.
Mini Alimentation Iwacu iherereye mu mujyi wa Ruhango, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rya tariki 25/09/2012, ibicuruzwa byarimo birashya ibindi byangizwa n’umuyonga w’ibyahiye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, buravuga ko bwatoraguye umurambo w’umugabo utazwi ku nkengero z’umugezi wa Nyabarongo mu kagari ka Muremure.
Biyakiteto Antoine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo kuva kuwa kabiri tariki 25/09/2012 azira gufatanwa amafaranga y’amiganano bihumbi 15.
Mbonimpa Daniel w’imyaka 30 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Mukindo, akagali ka Kibinja, umurenge wa Busasamana bamushinja kubiba ibintu kubera igihanga cy’ibyarahani bibiri yafatanwe abishakira umuguzi.
Umugabo witwa Ndabagaruye Jean Bosco afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera kuva tariki 25/09/2012 aregwa gushaka kujya gucuruza magendu ifumbire mva ruganda yagenewe abahinzi bo mu Rwanda, muri Uganda.
Janvier Habineza, umushoferi utwara ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yikorera amakara, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu Karere ka Huye akurikiranyweho kugerageza guha umupolisi ukorera mu Karere ka Huye ruswa.
Umubyeyi witwa Uwimana Veronika w’imyaka 38 y’amavuko wari atuye mu mudugudu wa Marabuye, akagari ka Nyakarera mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana ku wa mbere tariki 24/09/2012 yishwe n’inkuba.
Umugabo witwa Muhirwa yambukanye itabi ryo mu bwoko bw’Intore arivanye mu Burundi arigejeje mu mudugudu wa Rwanamiza, akagali ka Rukingiro, Umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza ararifatanwa hamwe n’umumotari bari kumwe umuhetse bose bakizwa n’amaguru bariruka.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi batandatu barakomereka bikomeye mu mpanuka z’imodoka zabaye mu mpera z’icyumweru mu turere dutandukanye; nk’uko bitangazwa na Polisi y’igihugu.
Kayijamahe Gabriel w’imyaka 60 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afunzwe akekwaho gufasha Akimanizanye Chantal w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina gukuramo inda y’amezi atanu.