Mukakamari Marie Claire w’imyaka 27 yafashwe n’inzego z’umutekano afite udupfukika 50 tw’urumogi yajyaga acururiza aho atuye mu mudugudu wa Gitwa, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Uwitwa Bugabo Desire wo mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana yishe umugore we Mukamwiza bapfuye ko uyu mugore yamubazaga niba koko yarateye inda undi mugore nk’uko bivugwa aho batuye mu Kagari ka Munono.
Abana bane batuye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, kuwa kane tariki 30/08/2012, bafatanwe ingurube n’inkwavu 27 bibye ngo bashaka kwishyura umwenda bari bafitiye umucuruzi.
Abagore batatu bishwe banizwe n’abantu bataramenyekana tariki 28/08/2012, mu kagali ka Nyamabuye, umurenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo.
Kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012, hatangijwe icyumweru cyahariwe gushishikariza abaturarwanda kwita ku mutekano wabo. Iki gikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Intebe aherekejwe na minisitiri w’umutekano mu karere ka Gisagara umurenge wa Nyanza.
Abantu umunani bakurikiranweho gukora ibikorwa by’ubujura bihunganya umutekano batawe muri yombi na Polisi mu mukwabu yakoze i Nyabugogo mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge tariki 27/08/2012.
Nyiramariba Aimée Marie Rosine wigisha kuri Groupe Scolaire Gihira mu karere ka Nyabihu yatawe muro yombi tariki 24/08/2012 nyuma y’aho byakekwaga ko ibyangombwa bisimbura impamyabushobozi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) akoresha byaba ari ibihimbano.
Inzego z’umutekano ku bufatanye n’akarere ka Rusizi bafashe abantu 53 biganjemo abajura, indaya ,inzererezi, abakoresha ibiyobyabwenge, n’abandi bose badafite imirimo bakora igaragara mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi.
Musabyimana Innocent wo mu mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga warindaga ibutike mu mudugudu yari atuyemo wa Murambi mu kagali ka Ruli yishwe mu ijoro rishyira tariki 29/08/2012 n’abantu bataramenyekana.
Abanyeshuri babiri biga ku kigo cy’amashuri abanza cya Kirabo giherereye mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke bakubiswe n’inkuba kuwa mbere tariki 27/08/2012, umwe ahita yitaba Imana.
Imodoka yo mu bwoko bwa mini bus ifite ikirango cyo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CGO 4453AA 22) yakoze impanuka mu karere ka Rusizi umuntu umwe yitaba Imana abandi barakomereka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, yakoze impanuka ikomeye igeze muri metero nkeya uvuye muri santere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo, abantu barakomereka ariko nta witabye Imana.
Munyemana w’imyaka 25 utuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we w’amezi atanu ubwo uwo bamubyaranye yari agiye kubwira abaturanyi ko mu rugo rwe bitameze neza.
Nyirarugwiro Joselyne wari ufite imyaka 18 y’amavuko wari utuye mu kagari ka Gatare, umurenge wa Ruhunde mu karere ka Burera yiyahuye mu gishanga cy’Urugezi ahita yitaba Imana mu gitondo cya tariki 28/08/2012.
Ndorimana Emmanuel na mugenzi we Kayishema bo mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe bashinjwa kugabiza ishyamba ry’ibiti bakaritema nta burenganzira babifitiye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 28/08/2012, Mukanoheli Marie Chantal utuye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali yafatiye uwari umukozi we witwa Siwuzamutuma Nadine mu isoko rya Gakenke amushinja kumwiba ibintu bitandukanye byo mu rugo iwe.
Inzererezi zigera kuri 31 zikomoka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Nyamasheke zafatiwe mu karere ka Rusizi zigiye gusubizwa mu miryango nyuma yo kwigishwa.
Mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 27/08/2012, habaye impanuka ebyiri mu karere ka Gakenke ku bw’amahirwe abari mu modoka bavamo ari bazima uretse imodoka zangiritse bikomeye.
Mwizerwa Fulgence w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana, akarere ka Nyanza yafashwe n’inzego z’umutekano mu gitondo cya tariki 28/08/2012 agiye kugurisha insinga z’amashanyarazi zibwe ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA), ishami rya Nyanza.
Mu muhanda Kigali-Karongi haravugwa ubujura budasanzwe bukorwa n’abagenzi bakora ingendo zidahwanye n’amafarangababa bishyuye.
Umusore w’umugande witwa Komezusenge Pascal avuga ko yagambaniwe maze ahotorwa bikomeye n’abantu atabashije kumenya, ariko ku bw’amahirwe abasha guhita ajyanwa kwa muganga none aracyahumeka.
Umusaza witwa Nkomayombi Stefano w’imyaka 74 y’amavuko yashizemo umwuka tariki 27/08/2012 mu bitaro bikuru bya kaminuza by’i Kigali (CHUK), nyuma y’icyumweru cyari gishize abaganga bagerageza kumwitaho ariko bikanga bikaba iby’ubusa.
Mu ijoro rishyira tariki 26/08/2012, imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yaturukaga Rubavu yerekeza Kigali ipakiye ibigori na karoti yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, ahagana saa moya n’igice z’ijoro.
Ndahayo Ignace wari umukuru w’umutekano mu mudugudu wa Muremure, mu kagari ka Munini mu murenge wa Ruhango yahagaritswe ku mirimo ye azira kwenga no gucuruza inzoga z’inkorano zitemewe.
Inkuba yakubise abantu batandatu, umwe muri bo ahita yitaba Imana ubwo bari bugamye imvura mu nzu iri mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, mu karere ka Burera.
Imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite purake RAB 614 R yarenze umuhanda mu mudugudu wa Sakira mu kagari ka Bukinanyana, umurenge wa Jenda ho mu karere ka Nyabihu tariki 21/08/2012.
Ndayizeye Mariko, umusore w’imyaka 26 wo mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe acumbikiwe kuri sitasiyo ya pilisi ya Kamembe azira guphumura inzu ikorerwamo ubucuruzi mu ijoro.
Chantal Mukeshimana yafatiwe mu Rwanda hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, afite forode y’inzoga ya Host yayikenyeye imbere y’imyenda ariko baramubabarira ntibamufunga.
Abantu bafatwa nk’inzererezi 110 bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’igihugu ifatanyije n’ingabo n’izindi nzego z’umutekano, mu mukwabo udasanzwe wabereye mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi, kuwa kane tariki 23/08/2012.
Nsengiyumva Jean w’imyaka 26 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kibaza, akagali ka Butansinda, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza wakekwagaho gukwirakwiza urumogi mu gace avukamo yafatanwe udufunyika 54 twarwo atugemuye ku igare tariki 24/08/2012.