Umugabo witwa Muhirwa yambukanye itabi ryo mu bwoko bw’Intore arivanye mu Burundi arigejeje mu mudugudu wa Rwanamiza, akagali ka Rukingiro, Umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza ararifatanwa hamwe n’umumotari bari kumwe umuhetse bose bakizwa n’amaguru bariruka.
Abantu babiri bitabye Imana, abandi batandatu barakomereka bikomeye mu mpanuka z’imodoka zabaye mu mpera z’icyumweru mu turere dutandukanye; nk’uko bitangazwa na Polisi y’igihugu.
Kayijamahe Gabriel w’imyaka 60 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afunzwe akekwaho gufasha Akimanizanye Chantal w’imyaka 23 utuye mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina gukuramo inda y’amezi atanu.
Polisi y’igihugu imaze gufata abantu bagera kuri 80 bakurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge mu rwego rwo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka; nk’uko amasezerano y’igipolisi cy’ibihugu bigize agace k’uburasirazuba bw’Afurika (EAPCO) abiteganya.
Abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu, kuva tariki 19/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo hafi ibihumbi 14 na 300 y’urumogi.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Abakozi batatu ba Groupe Scolaire de Kigali bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge kuva tariki 17/09/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye by’icyo kigo.
Umusore witwa Habamenshi Jean de Dieu utuye mu mudugudu wa Arusha mu kagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga, arwariye mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kugerageza kwiyahura akoresheje umuti w’inka ntiyapfa kuri uyu wa 19/09/2012.
Uzamukosha Bellancila w’imyaka 54 wari utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo yitabye Imana yiyahuye tariki 18/09/2012. Uyu mugore yiyahuje umuti uterwa mu nyanya witwa “Kiyoda” awunyweye.
Uwimana Alexis ufite imyaka 32 yafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera kuri 2223, ubwo yari mu modoka iva mu karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali tariki 18/09/2012.
Umugabo witwa Rudasingwa Jean Damascene afungiye kuri station ya polisi mu Kigabiro mu karere ka Rwamagana ashinjwa icyaha cyo gufunga umuntu nta burenganzira abifitiye.
Habyarimana Anicet, wari utwaye FUSO ifite purake RAB 703 Z yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke atwaye ibiro 2040 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tin ndetse na Colta mu buryo butemewe n’amategeko.
Umugore witwa Menyuwawe Grace acumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Rutare mu karere ka Gicumbi azira gutwika umugabo we akoresheje ibishirira avanye mu ziko.
Ntakirutimana Madaleine utuye mu mudugudu wa Bugina, akagali ka Migina, umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yatemewe inka n’abagizi ba nabi bashakishijwe baburirwa irengero.
Abagabo umunani n’abagore bane bafugiye kuri station ya police ya Gisenyi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo urumogi ibilo 180.
Twahirwa Severien w’imyaka 30 utuye mu Kagali ka Nkomane, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yishe ise umubyara witwa Karekezi Jean Damascene amukubise ifuni mu ijoro rishyira tariki 17/09/2012.
Uwayezu Pélagie wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arwariye mu bitaro bya Murunda muri ako karere nyuma yo gukubitwa n’umugabo we bapfuye ko umugore yahaye ingurube ubwatsi bwinshi harimo n’imyumbati.
Bigirimana Pascal w’imyaka 14 wari utuye mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yaguye mu musarane ahita yitaba imana mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 15 Nzeri 2012.
umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Ndongozi, mu murenge wa Cyeru bameneye mu ruhame litito 767 za kanyanga, ziguze amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 531 n’amafaranga 400.
Umurambo wa Karagizi Cyprien wavumbuwe kuwa gatatu tariki 12/09/2012 mu Kagali ka Rukura, Umurenge wa Gashenyi, nyuma y’iminsi itatu uwo mugabo nta muntu umuca iryera.
Abagabo babiri bava inda imwe ndetse n’umwana w’umukobwa w’umwe muri bo bo mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero batawe muri yombi bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwivugana se na nyina.
Umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Ignace w’imyaka 32 wabonetse mu masaha ya saa moya za mu gitondo kuri uyu wa 13/09/2012 mu mudugudu wa Nyarurembo, akagari ka Nyabigega, umurenge wa Gatore mu karere ka kirehe yimanitse mu kiziriko.
Umushumba wa diyosezi EAR Gahini, Birindabagabo Alexis, aratangaza ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikemutse byatuma amafaranga yakoreshwaga mu ikumirwa ryabyo yakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Emmanuel Muhayimana yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge tariki 10/09/2012 akurikiranweho kubeshya abantu akabacuza amafaranga yabo ngo azabafasha kubona impushya za burundu zo gutwara imodoka.
Nzirorera w’imyaka 35 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kamembe mu karere ka Rusizi azira gukubita umugore we.
Iradukunda Christine w’imyaka 18, wo mu kagari ka Karambo umurenge wa Bweramana, mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 10/09/2012. Icyamwishe ntikiramenyekana ariko abaturanyi be barakeka ko yishwe n’inkuba.
Umugabo witwa Ngendahimana Joseph yakubiswe n’inkuba ku cyumweru tariki 09/09/2012 ahagana saa kumi z’umugoroba ubwo imvura nyinshi yagwaga mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi.
Abantu babiri bahitanwe n’impanuka z’imodoka zirindwi zabaye mu turere dutandukanye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 09/09/2012.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana yarashe umujura witwa Kalinganire Emmanuel amaguru imuta muri yombi, abajura bagenzi be bari hamwe babasha gucika.