Abana babiri b’abakobwa bitwa Irankunda Angelique w’imyaka 9 na murumuna we Niragire Evanie w’imyaka 7 batoraguye mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo kuburana n’umubyeyi wabo.
Gahunda y’imyaka itanu yo kurwanya SIDA no kurwanya ihoroterwa rikorerwa abagore n’abakobwa izagirwaho uruhare rufatika n’abagabo, nk’uko bitangazwa n’umuryango w’abagabo ushinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore (RWAMLEC).
Agwaneza Honoré w’imyaka 16 bakunze kwita Dudu, arashakiswa n’ababyeyi be nyuma y’uko baburanye nawe ku munsi w’isengesho kwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango tariki 06/10/2013.
Abakobwa mu murenge wa Nkombo ho mu karere ka Rusizi ngo babuze abagabo kuburyo ubu basigaye batanga amafaranga ngo bakunde babone ababajyana. Muri uyu murenge ngo umugabo arahenze cyane ari na yo mpamvu umukobwa urongowe aba yumva afite amahoro adasanzwe.
Umuryango ATEDEC udaharanira inyungu wasobanuriye inzego zitandukanye zo mu karere ka Rusizi zirimo abanyeshuri, abanyamadini ndetse n’abayobozi batandukanye amoko y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12/10/2013, mu murenge wa Cyinzuzi ho mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusoza icyumweru cyahariwe kurwanya ibitera ibiza, hubakirwa imiryango yimuwe n’inkangu muri uyu murenge.
Inama ya gatandatu y’umuryango Unity Club Intwararumuri, yasojwe tariki 12/10/2013, yashimangiye ko ubumwe, ubwiyunge n’amahoro by’Abanyarwanda binyuze mu gikorwa cyo gusabana imbabazi bizageza u Rwanda ku hazaza heza.
Francois Habarurema w’imyaka 22 y’amavuko, ari mu maboko ya Polisi guhera tariki 12/10/2013, akurikiranyweho kubaga imbwa ashaka kuyirya.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Samuel Sembagare, ashishikariza abaturage bo muri ako karere guhindura imyumvire bakitabira gutura mu midugudu bityo bakagezwaho ibikorwa remezo by’iterambere kandi bakava ahantu bashobora kwibasirwa n’ibiza.
Kugira umutima ukunda no gufasha abatishoboye n’inshingano ya buri munyarwanda, kandingo ibi nibigerwaho nta muturage uzasigara inyuma mu iterambere, nk’uko bitangazwa n’abaturage batuye akagari ka Kijojo umurenge wa Musheri ho mu karere ka Nyagatare, bahamagarira bagenzi babo kurushaho kugira umutima wo gufashanya.
Nyiransabimana Beata w’imyaka 35 utuye mu mudugudu wa Karambi mu kagari ka Ngiryi mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe arasaba uwaba abishoboye wese kumufasha kubona aho yaba hatamubangamiye hakwiranye n’ubumuga bwe.
Nyiramucyo Fridaus w’imyaka 19 arasaba akarere ka Gakenke kamufasha kugira ngo abone umuryango we nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Kuva u Rwanda rwavanwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwabashije kwisana, rukaba rumaze gutera intambwe ndende mu kwiyubaka, byose bishingiye ku buyobozi bwiza, amahoro n’iterambere bya buri muturarwanda.
Intara ya Rhenanie Palatinat yo mu gihugu cy’Ubudage by’umwihariko mu karere ka Landau, irishimira uko amafaranga iteramo inkunga akarere ka Ruhango ikoreshwa. Kubera iyi mikoranire myiza iranga impande zombi, iyi ntara yemeye kongera inkunga yayo itera aka karere.
Mukasonga Alivera, umukecuru ukomoka mu mudugudu wa Murindwa akagali ka Birenga umurenge wa Kazo, imiganda y’abaturage yamukuye mu rusengero aho yacumbikaga inzu imaze kumugwana bamwubakira inzu nziza yishimira.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Burusiya, Ministiri w’icyo gihugu wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mikhail Leonidovich Bogdanov, yaje mu Rwanda kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aho bemeranyijwe gushimangira umubano.
Itsinda ry’abahagarariye abafite ubumuga bo mu Ntara ya Rhénanie Palatinat ryagendereye abana barererwa mu kigo cy’abatumva ntibanavuge giherereye ahitwa i Ngoma ho mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 09/10/2013.
Umwe mu barwanyi ba FDLR witandukanyije n’uyu mutwe, Nsengiyumva Mpawenayo, avuga ko umutwe wa FDLR ukoresha abana ibikorwa bya gisirikare kandi abenshi uba ufatiranye kubera ubuzima bubi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko gushaka kwikubira imitungo bituma bamwe mu bakiri bato bahohotera ababyeyi babo bakabashyira ku ruhande, kugira ngo babone uko bigarurira ibyo bakoreye kuko baba batagishoboye kubyikurikiranira.
Abagore bo mu karere ka Muhanga, bagize itsinda bise “abagore b’ibyiringiro,” batangiye igikorwa cyo kwigisha abagore bagenzi babo kugirango bagaruke ku nshingano zabo zo kubaka urugo kuko byagaragaye ko za “gatanya” zikomeje kugenda ziyongera.
Mu rwego rwo kurushaho gufatanya mu gukumira ibyaha bitaraba, tariki 09/10/2013 uturere dutandatu two mu Ntara y’Amajyepfo twasinye amasezerano na polisi y’u Rwanda agamije ubufatanye mu guhanahana amakuru arebana n’iby’umutekano w’abantu n’ibyabo.
Ubwo yagaragazaga uko ingengo y’imari y’umuryango w’abibumbye (UN) ihagaze, umunyamabanga wungirije w’uwo muryango ushinzwe ibikorwa, Yukio Takasu, yatangaje ko UN ifitiye u Rwanda umwenda wa miliyoni 37 z’amadolari z’abasirikare bajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.
Ababaruye sim cards za MTN ahuzwa n’indangamuntu za ba nyirayo mu Karere ka Huye n’aka Nyamagabe bavuga ko nta n’umwe wishyuwe amafaranga ye yose nk’uko bari babibasezeranyije.
Koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu mu karere ka Karongi (COOTHEGIM) yanze guhabwa ubuzima gatozi bwa koperative yabo yo kugurizanya (COOPEC THEGIM) kuko ngo bishobora kuviramo umurenge SACCO gusenyuka kubera ko abanyamuryango bayo benshi n’ubundi ari abahinzi b’icyayi.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba yabwiye Kigali Today ko muri Rwamagana hafungiye abagabo babiri bashobora kuzafungwa burundu nibaramuka bahamwe n’icyaha bakurikiranyweho cyo kugaburira abantu inyama z’imbwa.
Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere (KOICA) cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu yo kuyifasha kongera ubumenyi muri gahunda zose zikenewe, nk’uko byemejwe n’impande zombi mu isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa 08/10/2013.
Umusaza witwa Mawimbi Saidi ubu ufite imyaka 89 akaba atuye mu karere ka Rusizi aracyabasha gukora umwuga we wo gukanika ibyuma bitandukanye. Uyu musaza avuga ko atigeze yiga ariko ngo yavukanye impano zo kuvumbura agakora ibyo buri wese atapfa gushobora.
Ubwo hizihizwaga y’umunsi w’abasheshe akanguhe, tariki 06/10/2013, abo mu karere ka Nyagatare basabwe kwirinda icyakongera kugarura amacakubiri mu baturage ndetse bakanabisobanurira abo babyaye kubera ko aribo bazi byinshi mu byaranze igihugu cyacu.
Ubwo yasezeraga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uwari uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’i Burayi (EU) mu Rwanda, Amb. Michel Arrion, yavuze ko EU izakomeza gushyigikira u Rwanda muri gahunda z’iterambere.
Mu ivugurura rya gahunda yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, Ruyenzi na yo yahawe tagisi zihagarukira zivuye Nyabugogo ku mafaranga 200Frw. Abatuye ku Ruyenzi n’abagenda bishimiye guhabwa izo modoka kandi ku giciro gito kuko ngo bahendwaga.