Nyuma yo kwizezwa kwishyurwa imyaka yabo yangijwe hatunganywa imihanda muri quartier ya Gihorobwa mu mujyi wa Nyagatare, abaturage bavuga ko iki gikorwa cyatinze mu gihe akarere kari katangaje ko bazishyurwa ku mafaranga y’ingengo y’imari ya 2013-2014.
Itsinda ry’ingabo zavuye mu bihugu bya ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka y’u Rwanda na Congo ryongeye kwemeza ko undi musirikare wa Congo yinjiye ku butaka bw’u Rwanda binyuranyije n’amategeko kandi yasubijwe igihugu cye.
Abahinzi bahinga mu gishanga cya Rugeramigozi mu karere ka Muhanga bibumbiye muri koperative KIABR, barashinja uruganda rw’umuceri rwa Gafunzo Rice rwo mu karere ka Ruhango kubariganya ibyabo.
Banki y’Abarabu ishinzwe iterambere muri Afurika (BADEA) yahaye Leta y’u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire (ifatwa nk’inkunga) ya miliyoni 10 z’amadolari y’Amerika, agenewe gusana umuhanda Huye-Kitabi.
Mu namarusange ya 68 y’Umuryango w’Abibumbye yateranye i New York tariki 25/09/2013, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibyakozwe ibihugu bigira aho biva n’aho bigera ariko ngo haracyari ibindi bikenewe gukorwa kugira ngo imigambi y’iterambere y’ikinyagihumbi (MDGs) igerweho.
Abaturage batuye mu ga centre ka Muremure mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, baratangaza ko guhera muri Mata uyu mwaka bari mu bwigunge kubera ikiraro cy’umuhanda Runyombyi-Muremure uva muri centre ya Muyunzwe ugana muri centre ya Muremure cyacitse.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye Abanyarusizi kwiyambura ibyo bitwikiriye bitagaragara bishobora kubatandukanya, bakareba mu cyerekezo kimwe bagahagurukira gukorera ku ntego bahangana n’abashaka gusenya u Rwanda.
Gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) birakomeje, aho kuri uyu wa 25/9/2013, urubyiruko rworohereza abafatabuguzi ba MTN kubona servisi zayo, rwatanze amafaranga y’u Rwanda 2,661,000. Ministeri y’imari yabyishimiye, ivuga ko AgDF kagamije gukumira ihungabana ry’ubukungu bw’igihugu.
Capolari Karala wo mu ngabo za Congo yafatiwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki 24/9/2013 saa18h30 afite imbunda n’amasasu arenga 85 kandi ari wenyine.
Abayobozi batandukanye bagize intara y’iburasirazuba hamwe n’ingabo n’abapolisi basuye inkambi ya Kiyanzi, tariki 24/09/2013, banageza ku baturage imfashanyo zirimo imyenda n’ibindi bitanndukanye.
Umuyobozi w’Umuryango “Art For Peace”, Bamporiki Edouard arakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri ku mateka mabi yabababaje nk’Abanyarwanda kuko ngo gutinyuka kuvuga ibyababaje Abanyarwanda ni umuti ukomeye wo kubisohokamo.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, polisi y’igihugu ndetse n’akarere ka Nyamagabebashyize, tariki 23/09/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka ikigo cyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (One stop center) hafi y’inkambi icumbikiye (…)
Imiryango 150 ituye mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Cyahafi, umurenge wa Bwira mu karere ka Ngororero yagejeje ikibazo cyayo ku nzego zitandukanye harimo perezidansi, urwego rw’umuvunyi, ibiro bya minisitiri w’intebe ndetse n’inzego z’ubutabera, aho basaba ko basubizwa imitungo yabo irimo imirima n’amashyamba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abashyize umukono ku masezerano yo kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje kugira abaturage bo mu Karere k’Ibiyaga Bigari babone amahoro arambye.
Manirakiza Ladislas w’imyaka 36, yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bufatanyije n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu karere ka Ruhango tariki 23/09/2013.
Umubyeyi witwa Agnes aravuga ko yafashwe ku ngufu n’abagabo babiri atabashije kumenya agahita asama none yabyaye abana batatu basanga abandi bane yari afite, bityo agasaba ubufasha buri wese ufite umutima ufasha.
Umuyobozi w’idini ya Islam (Imam) mu karere ka Kayonza, Sheikh Hussein Ruhurambuga, yandikiwe ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye ku buryo butunguranye. Ni nyuma y’uko abari abayobozi b’iyo dini mu turere twa Ngoma na Bugesera beguye ku mirimo ya bo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wahaye imidari y’ishimwe abasirikare b’u Rwanda bakorera muri Batayo ya 67, bakorera akazi kabo ahitwa Kabkabiya, ni mu majyaruguru ya Darfur mu gihugu cya Sudani.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Jean Paul Samputu, arasaba abayobozi b’amadini kuba abakristu by’ukuri.
Itsinda ry’abashoferi batanu bayobowe na James Nigirente ryagejeje ikibazo bagenzi babo batewe n’uko banki ziri kubasaba kwishyura inguzanyo bari bahawe, nyuma y’uko ubuyobozi bw’umjyi wa Kigali buciriye tagisi nto kuhakorera.
Njyanama y’umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge iragasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha undi muyobozi kuko ngo umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo, Rwamucyo Severin , akomeje kugaragaza ubushobozi buke mu miyoborere ndetse n’indi mikorere mibi.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye Abanyecongo mu karere ka Karongi, harabarirwa abana basaga 5000 bavutse mu bihe bitandukanye kuva mu 1996 batabaruwe, nk’uko byemezwa na perezida w’inkambi, Niyibizi Habimana.
Kuva mu mwaka wa 1982, tariki ya 21/09 buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro, umuryango w’abibumbye ukaba waragennye uyu munsi nk’uwo kongera ingufu mu mahame y’amahoro hagati y’abantu ndetse n’ibihugu.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye barashishikariza bagenzi babo kudafata ibicumbi by’indangagaciro nk’imitako, ahubwo bakita ku butumwa buba bubyanditseho buba bugamije kwibutsa abaturage inshingano zabo nk’Abanyarwanda.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ikigo cy’imyidagaduro cyiswe “Ahazaza” mu karere ka Muhanga, tariki 22/09/2013, umuyobozi wungirije w’aka karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Fortune Mukagatana yasabye abaturage kwishakamo ibisubizo aho bishoboka.
Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, isenya amazu menshi arimo urusengero rw’abapantekote rwagwiriye abarusengeramo maze batanu muri bo bitaba Imana naho 14 barakomereka bajyanwa kwa muganga.
Mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite aherutse kuba muri Nzeri 2013, umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’indi mitwe ya politike byifatanyije begukanye imyanya 41. PSD yegukanye imyanya 7 naho PL yegukana imyanya 5.
Urubyiruko rukomoka mu mujyi wa Goma muri Congo n’urwo mu mujyi wa Gisenyi rwibumbiye mu muryango witwa “Tujenge Amani” taliki 21/9/2013 rwahuriye i Rubavu kugira ngo ruganire uburyo imijyi rutuyemo yakomeza kurangwa n’ubumwe no gushaka amahoro mu bihugu byombi.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aratangaza ko igikombe ako karere kegukanye kubera kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2012/2013, kagikesha ubufatanye n’abaturage bagaragaje mu gushyira mu bikorwa ibyo bari biyemeje mu mihigo.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe mu gucyemura ibibazo abaturage bagiye bahura na byo bitabonewe ibisubizo, ryagiye mu karere ka Ngororero mu ntara y’Uburengerazuba kureba uko bimwe muri ibyo bibazo byakemuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.