Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbitse mu nkambi ya Kiyanzi bavuga ko bishimiye uburyo bakiriwe mu Rwanda kuko imiryango itandukanye igenda ibatera inkunga mu bintu bitandukanye birimo ibyo kurya n’ibikoresho byo kuryamira.
Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Abihayimana bo muri diyosezi Gatulika ya Cyangugu mu Rwanda, abo muri arkidiyosezi ya Bukavu na diyosezi ya Uvira muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo barungurana ibitekerezo ku buryo akarere k’ibiyaga bigari karushaho kurangwamo amahoro n’ubworoherane.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Abanyarwanda batandatu bari mu gihugu cya Congo mu mutwe wa FDLR hamwe n’umunyarwanda wari mu gisirikare cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo taliki 30/9/2013 bavuga ko barambiwe kubaho mu muzima butari bwiza kandi mu gihugu cyabo hari umutekano.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), avuga ko abitewe n’uko yigeze kuba ku muhanda, yahisemo gushaka inzu yajya yegeranyirizamo abana asanze ku muhanda bose (bitwa mayibobo), akaba ajya kubashakisha, yababona akabajyana muri urwo rugo rwe.
Umusirikare wa FDLR witwa Mapendo Prosper Mutimapembe avuga ko yarwanyije M23 mu ntarambara iheruka kubera Kanyarucinya na Mutaho igahuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.
Imodoka ifite purake zo muri Congo 4160AC/19 yafatiwe ku mupaka munini w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu taliki 26 /o9/2013 ihetse ibiro 375 by’amabuye y’agaciro ya Coltan yari igiye kwinjiza mu Rwanda.
Nubwo ikirere cyari cyaramutse hasa n’ahariho ibicu biremereye ndetse bikaza kubyara imvura mu masaha ya mu gitondo na nimunsi, ibyo ntibyaciye intege Abadiventiste b’umunsi wa karindwi bo ku itorero rya Gahogo na Gitarama kwitabira umuganda ku bwinshi.
Mu muganda rusange wabaye tariki 28/09/2013, Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi na bamwe mu bayobozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu gikorwa cyo guhanga umuhanda mushya wa kilometero imwe n’igice.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yifatanyije n’Abanyagicumbi mu muganda rusange wabereye mu murenge wa Shangasha tariki 28/09/2013 ahasijijwe ikibanza ndetse bikorera n’amabuye yo gukora umusingi ndetse bikorera n’ibiti bizakoreshwa mu kubaka amashuri.
Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangiza ukwezi kwahariwe umuganda kuri uyu wa Gatatandatu tariki 28/09/2013 mu Karere ka Gakenke, yatangaje ko umuganda ugira uruhare mu kwihutisha iterambere, abantu bose bakuze bakaba bagomba kuwitabira.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi bemeza ko ko kuba hariho imyanya yihariye y’abadepite bahagarariye abagore, bifasha mu kumvikanisha no kumenyekanisha ibibazo by’umwihariko bagira.
Inzu ya mbere yo kwifashishwa n’abanyamyuga (cyangwa abanyabukorikori) bo mu Karere ka Huye iri gukorerwa imirimo ya nyuma. Igisigaye ni ukureba abazayifashisha mu bikorwa byabo.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, aratangaza ko bitarenze ukwezi kwa 02/2014, umuhanda wo mu cyarabu wangiritse uzaba wamaze gusanywa. Ibi bikaba biri buhe icyizere abaturage bari bamaze igihe binubira uko uyu muhanda utitabwaho.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangirije mu Murenge wa Ruli wo mu Karere ka Gakenke igikorwa cyo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi izamara imyaka igera kuri itatu.
Ikiraro gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu bigaragara ko cyari kimaze gusaza cyateje imbogamizi kuko nta modoka ipakiye imizigo iri kuhanyura kubera ko ibyuma byari bigifashe byacitse kubera gusaza.
Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bemeye gufata ingamba zo kuva muri uwo mutwe baratangaza ko ngo baruhutse imirimo y’agahato FDLR yari imaze igihe ibakoresha, kuko ngo bakoraga bakaruha cyane kandi ngo ntibabone inyungu z’imirimo bakoze.
Mu mihigo 68 y’uyu mwaka akarere ka Nyarugenge kamurikiye abafatanyabikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 27/9/2013, harimo kongera ibikorwa by’ubukungu, kwisuzuma mu miyoborere myiza ndetse na gahunda zitandukanye mu mibereho myiza, zirimo iyo kuremera abantu bo mu mujyi igishoro, yiswe gir’ubucuruzi.
Bamwe mu bakozi bakoze ku nzu y’ubucuruzi ya Koperative Ubumwe Bwishyura iri mu mujyi wa Karongi baravuga ko bamaze imyaka ibili bishyuza amafaranga bakoreye ariko ubuyobozi bwa Koperative ngo ntibushaka kubishyura.
Mu nama yamuhuje n’abafasha b’abaperezida ba Africa ndetse n’imiryango itandukanye, yateguwe n’umuryango George W Bush Institute na World Vision, Madame Jeannette Kagame yavuze ko u Rwanda rutazazuyaza mu gushyigikira impinduka zose ziruteza imbere.
Amatora y’abayobozi b’Urwego rwo kwigenzura kw’abanyamakuru (media self-regulation body) yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/9/2013, aho Fred Muvunyi, Cleophace Barore na Ntirenganya Emma Claudine batsindiye kuyobora urwo rwego, nta nenge n’imwe abanyamakuru baganiriye na Kigali Today bayavuzeho.
Ubwo Abanyarwanda 24 bageraga ku mupaka wa Rusizi ya 1 tariki 26/09/2013 bavuye muri Congo bishimiye kongera kugera mu gihugu cyabo ndetse bavuga ko bumva bongeye kugira agaciro nk’ak’Umunyarwanda.
Umuyobozi w’ikigo CCSME (Competence Center For Small And Medium Enterprises) kigisha imishinga iciritse mu karere ka Rubavu yahuye n’abaturage bamushinja kubambura amafaranga no kubahemukira abasobanurira uko ikibazo kimeze.
Abayobozi b’utugali ndetse n’abashinzwe imibereho myiza mu tugali twose tugize akarere ka Ngoma bahawe amagare mu rwego rwo kwishimira ko akarere ka Ngoma kabonye amanota meza mu mihigo ishize y’umwaka wa 2012-2013.
Nyuma yo kwizezwa kwishyurwa imyaka yabo yangijwe hatunganywa imihanda muri quartier ya Gihorobwa mu mujyi wa Nyagatare, abaturage bavuga ko iki gikorwa cyatinze mu gihe akarere kari katangaje ko bazishyurwa ku mafaranga y’ingengo y’imari ya 2013-2014.