Gufata neza ibikorwa remezo begerezwa cyane imihanda no kongera ibyumba by’amashuli y’uburezi bw’ibanze niyo ntego abaturage b’akagali ka Nyagatare bafite mu bikorwa by’umuganda w’umwaka utaha.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, yatangiranye imirimo ye igikorwa cy’umuganda yakoreye mu murenge wa Jali, aho afatanyije n’abaturage bakoze imirwanyasuri ifite uburebure bwa bwa hegitari 5,5 mu ishyamba rya Jali riherereye mu kagali ka Nyaburiba umudugudu wa Nyarurembo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yabakorera ubuvugizi ku kibazo cy’ibura ry’ishwagara muri ako karere.
Abagore babiri n’abana bane bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko nyuma yo kuva muri RDC babuze amikoro yo kubageza aho bakomoka.
Abanyamusanze banywa igipende bavuga ko bakunda kukinywa kuko ngo kibafata mu nda nk’abafashe amafunguro ya saa sita kandi gihendutse ugereranyije ibindi binyobwa, bityo bikabafasha gucunga amafaranga make binjiza bakuye mu biraka bakagira icyo basagurira imiryango yabo.
Umuyobozi wungirije w’inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Kapiteni Atari Eliazal aravuga ko kwegura kw’abayobozi b’Akarere bidakwiye guca intege abaturage kuko nta gikuba cyacitse.
Abanyamakuru n’abayobozi b’akarere ka Muhanga baravuga ko muri uyu mwaka wa 2014 hagaragaye impunduka nziza mu mikoranire y’impande zombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie ndetse n’Umuyobozi wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mutiganda Francisca bamaze kwegura ku mirimo yabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Uhagaze François aravugwaho kugira ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Muhanga acukuramo ku nyungu ze bwite bikabangamira imikorere y’abandi bacukuzi.
Amakuru agera kuri Kigali today aravuga ko umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise n’umwungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Habarurema Isaie ndetse n’umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie two mu ntara y’i Burasirazuba baba beguye ku mirimo yabo nk’abayobozi b’uturere.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Gisagara biganjemo abacuruzi baravuga ko bakurikije uburyo nta mafaranga yagaragaye mu munsi mukuru wa Noheri, wagirango uyu mwaka nta yabaye.
Ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Noheri, Kigali Today yanyarukiye hirya no hino mu mujyi wa Kigali yumva uko abatuye umurwa mukuru bakiriye uyu munsi ndetse n’uko biteguye gusoza umwaka wa 2014.
Bamwe mu batuye Akarere ka Ngoma bavuga ko isura y’iminsi mikuru ya Noheri ndetse n’indi nka pasika igenda ihinduka ugereranije na mbere, kubera uburyo ibyo kwinezeza cyane mu tubari bigenda bigabanuka kwitabira insengero bikiyongera.
Abaturage bo mu Karere ka Rulindo barasabwa kugira isuku mu byo bakora byose kugira ngo bagire ubuzima bwiza butarangwamo amavunja, ndetse bakanirinda amakimbirane yo mu miryango kuko biri mu bidindiza iterambere ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Rwanda burasaba ubw’Akarere ka Kisoro muri Uganda ubufatanye mu kurwanya abantu baza mu Karere ka Burera bagashuka urubyiruko bakarujyana muri Uganda ngo bagiye kuruha akazi.
Imirenge 8 kuri 13 yo mu karere ka Ngororero ifite inyubako ziva cyangwa zangiritse ibisenge, nyamara yose ifite amazu yasanwe cyangwa yubatswe mu gihe kitarenze imyaka itatu.
Nubwo bagomba kwishimisha mu buryo butandukanye abaturage bo mu karere ka Gakenke barasabwa kudasesagura bishinze ko barimo kurya iminsi mikuru ugasanga nyuma yayo bahuye n’ikibazo kandi nta handi baba barabitse kuburyo hashobora kubagoba.
Mu gihe abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose bari mu byishimo bya Noheri, imiryango 10 yo mu karere ka Ngoma irizihiza uyu munsi icumbikiwe n’abaturanyi kuko amazu yabo yasambuwe umuyaga uvanze n’imvura nyinshi byaguye ku gicamunsi cya tariki 24/12/2014.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mushya, madamu Kamanzi Jackline avuga ko ubunararibonye afite mu rugamba rwo guteza imbere umugore azakomeza kubukoresha ajya inama n’abandi aho ari ho hose bizaba ngombwa.
Mu ruzinduko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yagiriye mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatatu tariki 24/12/2014 yasabye ko abayobozi banyunyuza imitsi y’abaturage n’abatita ku nshingano zabo bagomba guhanwa by’intangarugero.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko buzishyura Ndamage Sylvain ibye byasenywe nyuma y’uko kari kamuhaye ibyangombwa byo kubaka hadakurikijwe igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga, kagahindukira kakamusenyera.
U Rwanda nta kibazo rufitanye n’ibindi bihugu, rwiteguye FDLR yaza irwana cyangwa itarwana kandi ntacyo rutwawe n’icyemezo cyo guhagarika inkunga k’u Bubiligi; nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa Leta akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo.
Polisi y’igihugu yahawe ibikoresho byo kuyifasha gupima imodoka zirekura ibyuka bihumanya ikirere bizatangira gukoreshwa guhera tariki 1/1/2015, hamwe n’ibindi byuma byo gupima urusaku rubangamira abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kurushaho kuba inyangamugayo no kubera buri wese urugero rwiza.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Karongi, Nsanzabaganwa Emile, aributsa abayobozi mu nzego z’ibanze zo muri ako karere ko nta muyobozi w’umurenge cyangwa w’akagari uzongera kwihanganirwa yatanze amakuru y’ibinyoma mu isuzuma ry’ibikorwa bya gahunda za Leta.
Bamwe mu bagize amatsinda y’ababana n’ubwandu bwa sida mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko n’ubwo hari intambwe imaze guterwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ngo hakiri byinshi byo gukorwa cyane cyane mu gukomeza kwigisha.
Ihuriro ry’imiryango nyarwanda y’abafite ubumuga (NUDOR) hamwe n’Umuryango wa Handicap International bashima Leta kuba yarateye intambwe yo gushyiraho amategeko no gusinya amasezerano mpuzamahanga arengera abafite ubumuga; ariko kugira ngo ayo mategeko ashyirwe mu bikorwa ngo haracyari inzira ndende.
Mu Kagari ka Migendezo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo habereye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izatuzwamo incike n’abapfakazi basizwe iheruheru na jenoside kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014.
Rwamurangwa Stephen ni we muyobozi mushya w’akarere ka Gasabo mu gihe Muzungu Gerard ari we watorewe kuyobora akarere ka Kirehe mu matora yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 23/12/2014.
Abahoze mu mutwe wa FDLR n’indi mitwe irwanya Leta y’u Rwanda 51 barangije ingando yo mu cyiciro cya 52 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo, kuri uyu wa Kabiri tariki 23/12/2014, batangaza ko iyo mitwe ikomeje kuyobya uburari amahanga igaragaraza ko yashyize intwaro hasi.