Imibereho y’abakobwa bibumbiye muri Koperative "Kunda Umurimo Utere Imbere" ngo iragenda iba myiza nubwo babanje kubaho nabi bakiva mu ishuri.
Nubwo afite ubumuga bw’amaguru, umukecuru witwa Munganyinka Rose, wo mu Kagari ka Muganza, mu Murenge wa Runda, acuranga umuduri agasusurutsa ibirori.
Guverineri w’Uburasirazuba arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Kayonza kongera imbaraga mu kazi kugira ngo bazese imihigo biyemeje.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza (RGB) cyasabye abayobozi b’Uturere tw’Intara y’Amajyaruguru gufatanya n’abaturage mu bibakorerwa no kubafasha mu iterambere ryabo.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa kane yahitanye umwana, ikomeretsa nyirakuru inasenya amazu amazu 11.
Abaturage bo batuye mu karere ka Gakenke baravuga ko bahangayikishijwe n’amatara yo ku muhanda yari amaze iminsi yaka akaba atacyaka
Ministiri wa Angola ushinzwe Ikoranabuhanga, José Carvalho da Rocha, yamenyesheje Transform Africa2015 ko igihugu cye cyifuza kuba umunyamuryango wa Smart Africa.
Abacuruza imyaka mu karere ka Rutsiro ngo ntibumva uburyo basoreshwa amafaranga menshi mu isoko ridasakaye kandi mu risakaye bagasoreshwa make.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko ikibazo cyo kubura abigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga muri Afurika kigomba gukemurwa n’abavuye mu bihugu byabo.
Perezida Kagame aratangaza ko nta gushidikanya, ko ibyaganiriwe mu nama ya Transform Africa bigiye gutuma ikoranabuhanga riba umusingi w’Iterambere rya Afurika.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga w’itumanaho (ITU), Houlin Zhao, yavuze ko ikoranabuhanga rigomba kuba ishingiro ry’iterambere rya Afurika, nk’uko amazi n’amashanyarazi bikenerwa.
Abaturage bagana isantere y’ubucuruzi ya Kibirizi mu Murenge wa Rubengera barinubira kuba bicwa n’inzara kuko ubwinshi mu buriro bwaho bwafunzwe.
Ikigo Ngenzuramikorere y’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) kirasaba abaturage kumenyekanisha ibibazo bagira mu kubona amazi meza.
Gucukura ibyobo bifata amazi mu gihe cy’imvura bizarinda amazu n’imirima by’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi gutwara n’isuri bibarinde n’ibiza.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2010, ku munsi wa kabiri w’inama ya Transform Africa 2015 irimo kubera i Kigali Mme Jeannette Kagame yatanze ikiganiro anasura ibikorwa bihamurikirwa.
Abayobozi n’inzego z’abagore mu Karere ka Kamonyi bariyama abagore bahohotera abagabo bitwaje ihame ry’uburinganire, kuko ribasaba kungurana ibitekerezo n’abo bashakanye.
Abana barindwi bajyaga ku ishuri n’umugore mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi bariwe n’imbwa.
Sosiyete Nivile nyarwanda isanga umwanya ifite muri gahunda za Leta wakongerwa kugira ngo ibikorwa byayo bigere ku baturage benshi.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yashingiye ku byo abagore mu Rwanda bashoboye bijyanye n’ikoranabuhanga, asaba Transform Africa2015 kutabasiga inyuma.
Restora zo mu Rwanda zitabiriye inama ya Transform Africa2015, zabonye uko zigurisha ibiryo byo mu Rwanda zinamenyekanisha imitekere yarwo.
Leta ya Mali irashimira iy’u Rwanda kuba imaze kugira uruhare rukomeye mu kugarura amahoro muri iki gihugu.
Itegeko rigena imicungire y’umutungo w’abashakanye impano n’izungura ryatowe na Sena nyuma y’uko rikorewe ubugororangingo hagamijwe gukemura ibibazo byari mu risanzwe.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bishimiye ko ubwato perezida Paul Kagame yabahaye bwatangiye kubaha umusaruro
Abantu batatu bacukuraga amabuye y’agaciro mu kirombe mu murenge wa Rweru mu Bugesera bagwiriwe n’ikirombe, umwe arapfa.
Mu gihe inama ya Transform Africa igeze ku munsi wayo wa kabiri, twabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze ibihe by’ingenzi ku munsi wa mbere, ubwo yatangiraga kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukwakira 2105.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Burera baragaya bagenzi babo bahohotera abagore babo babaziza ko bamaze kwiteza imbere.
Umunyamategeko Me Nkongoli Laurent, Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko buri muyobozi akwiye gusoma indahiro ye uko atangiye akazi.
Kuva kuri uyu wa 19 Ukwakira 2015, abakozi b’Akarere ka Kamonyi batangiye gukorera mu biro bishya byubatse i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge.
Umucuruzi Mudenge Seleman arishyuza ibihumbi 980,Theobard Ruhumuriza uyobora Elite General Contractors company, washeshe amasezerano n’Akarere ka Ngoma yo kwagura isoko rya Kibungo 2014.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore, urubyiruko rufatanyije n’abandi baturage, bubakiye umugore banaremera abandi batishoboye tariki 17/10/2015.