Ihuriro ry’imiryango nyarwanda y’abafite ubumuga (NUDOR) hamwe n’Umuryango wa Handicap International bashima Leta kuba yarateye intambwe yo gushyiraho amategeko no gusinya amasezerano mpuzamahanga arengera abafite ubumuga; ariko kugira ngo ayo mategeko ashyirwe mu bikorwa ngo haracyari inzira ndende.
Mu Kagari ka Migendezo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo habereye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izatuzwamo incike n’abapfakazi basizwe iheruheru na jenoside kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014.
Rwamurangwa Stephen ni we muyobozi mushya w’akarere ka Gasabo mu gihe Muzungu Gerard ari we watorewe kuyobora akarere ka Kirehe mu matora yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 23/12/2014.
Abahoze mu mutwe wa FDLR n’indi mitwe irwanya Leta y’u Rwanda 51 barangije ingando yo mu cyiciro cya 52 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo, kuri uyu wa Kabiri tariki 23/12/2014, batangaza ko iyo mitwe ikomeje kuyobya uburari amahanga igaragaraza ko yashyize intwaro hasi.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishingamategeko mu Rwanda (FFRP), Nyirarukundo Ignatienne avuga ko bagiye guhagurukira ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu ngo kuko rishobora gucika mu gihe abanyarwanda babihagurukiye.
Ambasaderi Donald Koran wari uhagarariye Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu Rwanda, yatangaje ko ubufatanye bw’ibihugu byombi bwagejeje u Rwanda ku mpinduka nyinshi mu iterambere; haba mu buzima, imibereho, ubukungu no kubungabunga amahoro ku isi.
Polisi y’Igihugu yatangije ubukangurambaga bugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’andi mahohoterwa, icuruzwa ry’abantu ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Abaturage bo mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bemereye ubufatanye inzego z’umutekano n’ubuyobozi mu gukaza umutekano barwanya ibiyobyabwenge mu gihe cy’iminsi mikuru, kuko ari byo ntandaro y’umutekano muke.
Icyuma kigabanya cyangwa kikongera umuriro mbere yo kugezwa ku baturage (trasformateur) cyafashaga gutanga umururo mu turere twa Karongi, Rubavu, Rutsiro na Nyamasheke cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2014.
Abaturage bo mu Kagari ka Gashinga mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze bibumbiye muri ishyirahamwe “Turwanye bwaki mu ngo zacu” bakusanyirije amafaranga bagura toni n’ibiro 20 by’umuceri wo kuzifata neza mu minsi mikuru isoza umwaka.
Abaturage basaga ibihumbi 16 bakora muri gahunda ya VUP mu karere ka Gakenke bavuga ko bagiye kumara amazi atatu batarahembwa amafaranga bakoreye kandi biteganyijwe ko bahemberwa nyuma y’iminsi 15 kuko VUP igamije gufasha abaturage gutera iterambere.
Umusore witwa Munyanshongore Maurice arashima ko nyuma yo gutoroka FDLR akagaruka mu Rwanda, Leta itamutereranye ahubwo yamurihiriye amashuri ubu akaba ari umwalimu.
Umukobwa wakoraga akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Rugoro, Akagali ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ari mu maboko ya Polisi akekwaho kuroga umuryango ugizwe n’abantu batandatu yakoreraga, abinyujije mu ifunguro ry’isombe yabagaburiye ryari rihumanye.
Urubyiruko rwo mu matorero ya gikirisitu atandukanye yo mu bihugu by’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC), by’umwihariko abo mu Karere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri RDC, rurasabwa gukomeza kubaka no guharanira kwimakaza umuco w’amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari.
Abana bafashwa na Compassion International mu mushinga wa Rw 728 Rukali barashyira mu majwi Pasiteri Fidèle Ndayisaba ushinzwe uyu mushinga kuba ari gukoresha uburiganya ngo arigise impano yabo ya Noheri y’umwaka wa 2014 bohererejwe n’abaterankunga babafasha bo mu bihugu byo hanze.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bagaragarijwe amafoto yafashwe n’urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwiga mu mashuri yisumbuye no muri kaminuza ndetse n’urutiga afite ubutumwa butandukanye buganisha ku mahoro, rubishishikarijwe n’umuryango Never Again Rwanda binyuze mu marushanwa.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuba muri aka karere nta bibuga by’imyidagaduro bihari ari imwe mu mpamvu zituma abana bari mu biruhuko ndetse n’urubyiruko muri rusange rwishora mu biyobyabwenge.
Umuryango Les Onze du Dimanche uhuza abakora siporo batabigize umwuga bo mu Karere ka Muhanga, Kuwa 21/12/2015, wahaye abana bato noheli ugamije gukangurira ababyeyi kwita ku bana babo no kubahuza ngo bafatanye kwishimira iminsi mikuru isoza umwaka.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Ngororero bakomeje kuvuga ko batishimiye amafaranga y’intica ntikize bongerewe ku mushahara wabo mu rwego rwo kubazamura mu ntera.
Abafashamyumvire mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gisagara bavuga ko kwigisha abaturage amategeko, inshingano zabo ndetse n’uburenganzira bw’abagize umuryango, ari bumwe mu buryo bwafasha mu gukumira ihohoterwa mu muryango.
Abakecuru b’incike umunani bo mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe inzu ifite agaciro k’amafaranga y’ u Rwanda asaga miliyoni 41 yo kubamo.
Ishami ry’urwego rw’umuvunyi rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abakozi ba Leta riratangaza ko amakuru akenewe n’umunyamakuru cyangwa umuntu wese ushaka kumenya amakuru agomba gutangwa nta yandi mananiza.
Umubyeyi Nyirahabimana Esther w’imyaka 45 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Nyakarekare, Akagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, aravuga ko ahangayikishijwe cyane n’abana be bakomeje guta urugo kubera ingaruka z’amakimbirane aterwa n’umugabo we umuca inyuma.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo basanga umunsi wa Noheri ari umunsi nk’iyindi dore ko hari n’abatawizihiza bakigumira mu mirimo yabo isanzwe ya buri munsi, ahubwo bakizihiza ubunani kuko baba bishimira ko barangije umwaka bahumeka umwuka w’abazima.
Hakizimana Soter Céléstin, umunyarwanda uba mu gihugu cya Niger aratangaza ko akurikije uko u Rwanda rumaze gutera imbere asanga nta mpamvu yatuma umunyarwanda akomeza kwitwa impunzi.
Urubyiruko rw’umuryango Barakabaho Foundation rwakoze umuganda ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyateguwe n’uyu muryango warenze benshi muri bo bari impfubyi abandi bandagaye nyuma ya Jenoside ubwo uyu muryango washingwaga.
Inama ya Biro politike y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 20/12/2014, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiye ingamba zikomeye bamwe mu banyamuryango babonwa nk’abataye umuco, yiyemeza gushyira ingufu mu kuzamura ubukungu, umutekano, ubuzima bwiza n’iterambere (...)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara bavuga ko batishoboye ariko ubufasha bwo kubakirwa bukaba bwaratinze kubageraho mu gihe ahandi mu Rwanda hagenda hagaragara ibikorwa byo kubakira abatishoboye, barasaba ko bwakwihutishwa kuko babayeho nabi.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge iherereye mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baratangaza ko ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda bakuramo inda kigenda kirushaho gukaza umurego uko iminsi igenda icyanamo, aho bavuga ko ahanini giterwa nirari ry’ikigihe kimwe n’umuco wo kudahana abana.
Abaturage mu karere ka Rutsiro bakurikiranye inama y’igihugu y’umushyikirano yasojwe kuri uyu wa 19/12/2014 bishimiye imyanzuro yayivuyemo basaba ko umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yazakurikirana ishyirwa mu bikorwa byayo.