Inkuba yakubise ishuri ribanza rya Nyagatare mu murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, umwana umwe yitaba imana abandi barahungabana.
Mu gihe komite ishinzwe isuku ikomeje gusura ibigo binyuranye by’ubucuruzi byagaragaye ko ibyinshi bikirangwa n’umwanda ukabije bisabwa guhindura imikorere.
Abahagarariye inama y’igihugu y’abagore mu mirenge mu karere ka Gakenke baratangaza ko kumenya uburenganzira bw’umugore n’umugabo ku butaka bizagabanya amakimbirane.
Abaturage bo mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko imihigo yo mu miryango ari ingenzi mu iterambere ry’ingo zabo.
Abagana ibiro by’Akagari ka Gisanze mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi babangamiwe no kuba katagira ubwiherero.
Imibare ituruka mu Karere ka Burera igaragaza ko abana 26 ari bo bagwingiye kubera ikibazo cy’imirire mibi bagize kuva bakivuka.
Abafite ubumuga biganjemo abana batabashaga kwigenza bagera ku 10, bahawe insimburangingo z’amagare, bakavuga ko azabafasha kugera aho abandi bari.
Abitabiriye inama Nyafurika y’Abagiraneza yaberaga i Kigali, barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, barasaba isi kugira ubuntu.
Ubukungu bwa Afrika bushingiye ku baturage bayo ari yo mpamvu ibitekerezo byabo bigomba kubahwa, ntibagakenerwe n’abashaka amajwi mu matora gusa.
Abitandukanjije n’abacengezi bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, baravuga ko batazongera kwibona mu moko yatandukanyije Abanyarwanda.
Ababyeyi bo mu karere ka Rutsiro barasabwa kuzigamira abana babyara kugira ngo bazagire ahazaza heza habo bamaze gusaza.
Pasiteri Ndagijimana Emmanuel yemeye guha amakoperetive n’amatsinda yakoreraga ibikorwa ku butaka bw’itorero ry’Ababatisita imitungo yabo yiyandikishijeho y’ahazubakwa ikibuga cy’indege.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke barasaba ko amapoto y’amashanyarazi ashaje yasimbuzwa kugira ngo atazateza impanuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro bukorerwa mu Karere bubangamiye imibereho myiza y’abimurwa ahacukurwa.
Inama y’abagiraneza(Philanthropists) bafasha Afurika, ibera i Kigali ku wa 26-27/10/2015, ngo izavamo ubufasha butandukanye kuri Leta y’u Rwanda.
Inzu zivugwaho kuba zarubatswe mu kajagari mu mujyi wa Kayonza zigiye gusenywa, ba nyirazo bakavuga ko ari igihombo gikomeye.
Abagore bo mu Murenge wa Rukomo bifuza ko abagabo bahorana intero ya “Ndi umugabo” mu magambo babireka igasimburwa n’ibikorwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver, yashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ya miliyoni 26 z’amadolari y’Amerika yatanzwe na Banki y’isi akazafasha mu bucuruzi.
Nyuma y’amezi atandatu impunzi z’Abarundi zigeze mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, ziri kubakirwa amazu y’amabati zigomba kwimukiramo zikava mu mashitingi.
Impunzi z’abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iri mu karere ka Kirehe zirasaba ko zafashwa kugira ngo abacikirije amashuri muri kaminuza bayakomeze.
Abanyarwanda batuye muri Senegal ndetse no mu bihugu by’Afurika y’Iburengerazuba bakiriye abayobozi b’u Rwanda ndetse baboneraho umwanya wo kwifuriza Perezida wa Repubulika Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bashinzwe gutegura ubutumwa bw’amahoro, biyemeje kurwanya Jenoside, nyuma y’ibyo babonye ku rwibutso rwa Kigali.
Ihuriro rigizwe n’abagore b’abayobozi b’igihugu n’abagore b’abahoze ari abayobozi, Unity Club “Intwararumuri”, ryashyikirije abakecuru b’incike mu Karere ka Rulindo icumbi.
N’ubwo ibikorwa bijyanye no kwitabira igikoni cy’Umudugudu bikunze kwitabirwa n’abagore, abagabo bo mu murenge wa Mukindo nabo baributswa ko bibareba
Mu muganda w’abagore wabaye tariki 24/10/2015, bahamagariwe kugira uruhare muri gahunda z’inyungu rusange baharanira iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rwiyemeje kuzasanira abatishoboye amazu muri uku kwezi kwahariwe urubyiruko, rukazasana amazu agera kuri 59
Ba mutima w’urugo bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bavuga ko batatekera abana babo injanga kuko ziribwa n’abatagira inka.
Kuri uyu wa 24 Ukwakira, mu muganda wa ba mutima w’urugo, abagore basabwe kwimakaza isuku kuko utayigira adatekereza neza.
Abakozi 23 bakoze ikizamini cy’akazi cyanditse mu karere ka Rubavu bamaze gusaba kwerekwa impapuro bakoreyeho kubera kutemera amanota bahawe.
Abagize inama y’Igihugu y’abagore mu karere ka Nyanza bakoze igikorwa cy’umuganda udasanzwe basibura imihanda kuri uyu wa 24 Ukwakira 2015.