Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda imitwe yombi, yashyikirije inyandiko zinyuranye komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga kugira ngo itangire imirimo yayo.
Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi witeguye kubahiriza no kwakira amahitamo Abanyarwanda bazafata ku ngingo y’itegeko nshinga yemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, iratangaza ko yahagurukiye kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina riri kwiyongera mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize akarere ka Gakenke barasabwa kurushaho gutanga umusaruro mu tugari bahinduriwemo kugira ngo gahunda zirusheho kugenda neza.
Abatuye umurenge wa Nkombo, akarere ka Rusizi baramagana amafaranga ibihumbi 20 bakwa kugira ngo bakunde bahabwe inka muri Girinka.
Abacitse ku icumu rya Jenoside mu karere ka Nyabihu bafite ibibazo by’ imanza zitarangizwa burundu ndetse n’amazu ashaje akeneye gusanwa.
Umuryango wa World Vision watangiye umushinga uzafasha abaturage ibihumbi 160 bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kwiteza imbere.
Mu karere ka Gicumbi hatashywe ku mugaragaro umuhanda Kigali - Gatuna ugiye kongera ubuhahirane hagati y’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.
Urubyiruko rw’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu by’akarere k’ibiyaga bigari, CEPGL rurasaba za Leta z’ibi bihugu kurufasha guhanga n’ibibazo birwugarije nk’ubukene n’intambara.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyagisozi, akarere ka Nyaruguru, bemeza ko inzoga yitwa Igiswika, iteza amakimbirane mu ngo.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda, Johnston Busingye, yasabye Abunzi bo mu karere ka Karongi kurangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mu kazi bakora.
Ba Ambasaderi umunani bagejeje kuri Perezida wa Repuburika Paul Kagame impapuro zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Bugesera barinubira ko bitinda kwishyurwa amafaranga y’umusaruro wabo baba bagemuye ku ruganda.
Umugore w’imyaka 32 wahoze akora uburaya arakangurira abakiburimo kubureka bagakoresha amaboko yabo kuko butesha agaciro uwubukora.
Umuryango Kanyarwanda urimo guhugura abakozi b’akarere n’imirenge ku igenamigambi rinoze, urasaba ko umuturage yahabwa ijambo risesuye mu igenamigambi ry’igihugu.
Umunyamabanga wa Leta ushinze ubuhinzi n’ubworozi Tony Nsanganira, atangaza ko uturere dukwiye kujya duhiga imihigo tuzabasha kwesa, tukirinda izatugora.
Emmanuel Kirenga wari umuhanga mu biganiro mpaka mu ihuriro ry’urubyiruko ku rwego rw’akarere rwiga mu mashuri makuru yazize urupfu rutunguranye.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani, zagejeje kuri Leta y’icyo gihugu mu cyumweru gishize, ishuri zubatse.
Mu ishuli ry’amategeko rya ILPD basezeye kuri Dr Kalinda wagizwe umudepite muri EALA banishimira icyizere yagiriwe cyo guhagararira u Rwanda.
Bamwe mu batuye Kigembe muri Gisagara bize gusoma no kwandika bakuze bavuga ko byabafashije kuzuza neza nshingano zinyuranye bagira.
Kuwa 12 Nzeli 2015, ikipe ”Les Onze du Dimanche” yahembye ibimina 3 byahize ibindi mu bwisungane mu kwivuza muri Nyaruguru.
Nyirahabimana Clotilde, mu murenge wa Gatore ari mu rukiko rwisumbuye rwa Ngoma nyuma yo kuroha umwana we mu ruzi rw’akagera.
Umujyi wa Kigali watangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo gusenya inzu y’Umunyemari Rwigara Assinapol uvugwa ko yubatswe nta bidakurikije amategeko.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahize ko bguyiye gushyira ingufu mu guhindura imyumvire y’abaturage no gukomeza kubasobanurira uruhare mu iterambere ry’akarere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa umunani mu karere ka Kirehe bahinduriwe imirenge hagamijwe kunoza gahunda y’imihigo ya 2015/2016 aho akarere kitegura guhiga utundi.
U Bwongereza bwateye intambwe bukemura ikibazo cya politiki bwari bwagiranye n’u Rwanda, buniyemeza kurufasha mu kuzamura ireme ry’uburezi bw’ibanze.
Imbago 38 zihuza u Rwanda na Uganda nizo sishakishwa kugira ngo zisubizweho muri gahunda yo kuvugurura imbago z’imipaka ihuza ibihugu.
Abagore bo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo, barakangurirwa kumenya uburenganzira bahabwa n’amategeko ku mutungo w’umuryango ushingiye ku butaka.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Iterambere Mpuzamahanga n’ Afurika by’umwihariko atangaza ko umubano w’u Rwanda n’u Bwongereza umeze neza nubwo utabuze utubazo.
Perezida Kagame atangaza ko ibimaze gukorwa mu gihugu nyuma y’imyaka 20 ari urugero rw’ibishoboka gukorwa bigateza imbere Abanyarwanda imbere.