Umuyobozi wa polisi mu ntara y’amajyepfo, Chief Superintendent Simoni Petero Mukama, yasabye ko abazi abantu b’abajura bababarangira bakaba babigijeyo muri iyi minsi ya Noheri n’ubunani.
Polisi irasaba abacuruzi batandukanye bafite ibikorwa by’amahoteli, resitora n’utubari kwitwararika kudasakuriza abaturage muri iki gihe cy’iminsi mikuru turi kwinjiramo, kugira ngo abishima ntibazabangamire abifuza umudendezo wabo.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yatangaje ko n’ubwo ubushomeri ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda cyane cyane urubyiruko, kiri kuvugutirwa umuti mu buryo bwihuse.
Abayobozi bose bo mu Karere ka Rwamagana kugeza ku bayobora utugari basabwe gufatanya n’abaturage gukaza umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani izizihizwa guhera mu cyumweru gitaha.
Irakiza Fiston na Turahirwa Jean Marie Vianney nibo banyamahirwe ba mbere begukanye ibihembo muri tombora “Subiza utsinde” yateguwe n’ikigo ntaramakuru Kigali Today Ltd.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko uruganda rw’icyayi rwa Gisakura rugiye kwishyura abaturage bafite ubutaka mu nkengero z’imirima y’icyayi yarwo, bigakemura amakimbirane yari ari hagati yarwo n’aba baturage.
Mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi haravugwa ikibazo cy’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri atangwa n’uwakubiswe kugira ngo inkeragutabara zijye gufata uwamuhohoteye ashyikirizwe inzego z’umutekano.
Mu rwego rwo kurwanya ruswa mu bapolisi, ubuyobozi bwa polisi ubwabwo bwafashe ingamba rimwe na rimwe zo kugerageza abapolisi bakekwaho kuba baka ruswa.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko umuhanda uhuza aka karere n’aka Huye ngo ubateye ikibazo kuko udakoze, bigatuma ubuhahirane butagenda neza ndetse ngo n’ishoramari muri aka karere rikadindira.
Nyuma y’ikiganiro cyahawe abagororwa bo muri gereza ya Rusizi ku kwirinda gupfobya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, kuri uyu wa 16/12/2014, abagera kuri 228 bahise batangaza ko biteguye kujya gusaba imbabazi abo bahemukiye.
Nyuma y’imyaka 20 Barakabaho Foundation imaze ifasha imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uyu muryango wishimira ko abenshi mu mpfubyi wateye inkunga ukanakurikirana mu gihe bari bandagaye ngo babaye bakuru bagashobora kubaka imiryango abandi bakaba bari gukorera igihugu.
Bamwe mu batuye Umudugudu wa Rukurazo, Akagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo baragaragaza ko babangamiwe n’ikibazo cyo kubura umuhanda, kuko uwo bakoreshaga umwe mu baturage yawufunze ahita mu butaka bwe.
Umuyobozi w’umudugudu wa Kagirazina mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya polisi akekwaho kunyereza inka eshatu zatanzwe muri gahunda y’Ubudehe.
Abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Musanze n’abandi batanga serivisi mu bigo bitandukanye bari kwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo bazatange neza serivisi ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga babagana.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’inzego zibanze bubateranya na bagenzi babo aho bufata ibyemezo bwacya bakivuguruza, cyangwa n’ibifashwe nk’ibyemezo ntibishyirwe mu bikorwa.
Imwe mu miryango itegamiye kuri leta irasaba leta y’u Rwanda n’ibindi bihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba gushyira ingufu mu bikorwa bibungabunga umutekano n’amahoro muri aka karere, kuko ikibazo gitera igihugu kimwe kigera no ku muturanyi.
Abantu bose bohererezanya amafaranga bakoresheje ikigo cya UAE Exchange bashyiriweho amarushanwa yo gutsindira ibihembo birimo itike y’indege yo kujya no kuva Dubai, iyo kujya kwishimira kuri Muhazi, iyo guhahira muri Sawa Citi na Mobicom n’ibintu bitandukanye, guhera kuri uyu wa mbere tariki 15/12/2014 kugeza 15/02/2015.
Umushinga wo guhuza gasutamo (One Stop Border Post) ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo ku Gisenyi witezweho kuzorohereza abakora ku mipaka no gutanga serivisi nziza ndetse bikazongera umutekano ku bakoresha uyu mupaka.
Umukozi ushinzwe ibiro by’ubutaka mu Karere ka Nyamasheke witwa Ntezimana Aphrodice yateguje umuturage witwa Ndagijimana Callixte ko azamukubita inshyi nyinshi niyongera kuza kumureba aho akorera.
Abakozi b’Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO), hamwe n’Ishyirahamwe ry’abajyanama mu ihungabana (ARCT-Ruhuka) baremeza ko abashinzwe kwakira abahungabanyijwe n’ihohoterwa nabo bibagiraho ingaruka, ndetse ngo hari n’aho bongera ibibazo by’ababagana aho kubikemura.
Umunyamabanga nshingwabikorwa muri Transparency International Rwanda, Mupiganyi Apollinaire, atangaza ko kuba mu Rwanda ruswa ikihagaragara biterwa n’abantu bamwe bayiha icyuho bitewe no kutagira ubunyangamugayo.
Abanyamuryango b’ishyaka ry’ubwisungane mu iterambere (PSP: Parti pour la Solidalité et du Progrés) barishimira uruhare rwabo mu iterambere by’igihugu kuko ibitekerezo by’ishyaka ryabo muri politiki y’igihugu bigerwaho ku kigereranyo cya 80%.
Mu mihigo Akarere ka Muhanga kasinyanye n’umukuru w’igihugu harimo ikiri ku kigero cya 0% ndetse n’uri kuri 2%, mu gihe hagiye gushira amezi atandatu umwaka w’imihigo wa 2014-2015 utangiye.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gatsibo, bavuga ko umunsi wo kuwa mbere ukibabangamiye mu kubona serivisi mu buryo bwihuse ngo bitewe ahanini n’inama zihoraho kandi zigatinda kurangira.
Perezida Paul Kagame yamenyesheje urubyiruko rwageze ku bikorwa by’indashyikirwa ko rutagomba guhugira mu kwishimira ibyagezweho gusa, ahubwo ko rugifite byinshi byo gukora kugirango rwirwaneho rurengere n’igihugu muri rusange.
Ikigo ntaramakuru Kigali Today Ltd cyazaniye abakunzi bacyo amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye mu irushanwa ryiswe ““Subiza Utsindire ibihembooo…” rizatangira tariki 15/12/2014 saa yine z’igitondo.
Mu rwego rwo gukomeza gufasha Abanyarwanda kuva mu bukene binyuze mu mihigo, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu ntara y’Uburengerazuba biyemeje kurushaho kugenzura ibikorwa by’imihigo kugira ngo umuco wo gutekinika uranga bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze uhagarare.
Mu gihe kiriziya ya Orthodoxie imaze igihe gito igeze mu Rwanda, kuri uyu wa 13/12/2014 habatijwe abakirisitu 126 bo muri paruwasi enye zigize akarre ka Kirehe basabwa guhora bameze nk’ifi mu mazi.
Ababyeyi bageze mu zabukuru bo mu murenge wa Jarama akarere ka Ngoma bavuga ko nubwo bo baranzwe no gushaka abagore benshi ndetse bakanabyara abana benshi nta wakabakurikije ubu kuko bari guhura n’ingaruka zabyo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Ruhango,Umurenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bahuriye mu nteko Rusange, kuri uyu wa 13/12/2014, bishimira ibikorwa bagezeho cyane cyane inyubako babashije kwiyubakira ikoreramo akagali kabo bakagakura mu bukode.