Ngabo Gentil w’imyaka 7 uvuka mu mudugudu wa Muturirwa mu kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo tariki 23/09/2013 yaguye mu cyobo cyaretsemo amazi y’imvura ahita ahasiga ubuzima bwe.
Umwana witwa Habamuremyi Bernard yakomerekeye mu rugomo rw’abasore bakorera imbere y’isoko rya Kamembe baryanye ahagana mu masaa kumi nebyiri zo kuwa 23/09/2013 bapfa ubucuruzi bahakorera.
Abantu 6 bari mu maboko ya Polisi kuri Station ya Kiramuruzi, nyuma yo kugubwa gitumo bafunga irumogi mu mashashi tariki 21/09/2013 mu kagali ka Rubona umurenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Umugore witwa Nyirangirimana Victoire w’imyaka 49 utuye mu mudugudu wa kirimbi mu kagari ka Gihanga mu murenge wa Rubaya ari mu maboko ya polisi yo ku Mulindi akurikiranyweho gushaka kuroga abari mu bukwe kwa Nzamwita Charles bwabaye ku wa 16/9/2013.
Abantu batandatu bitabye Imana bagwiriwe n’urusengero rwagushijwe n’imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, tariki 22/09/2013, bashyinguwe mu cyubahiro.
Mu murenge wa Gatore ho mu karere ka Kirehe imvura nyinshi ivanzemo urubura hamwe n’umuyaga yaguye ku cyumweru tariki 22/09/2013 yangije insina z’abaturage inasambura Poste de Santé ya Nyamirayango iherereye mu murenge wa Gatore.
Umucekuru witwa Nyiranzeyimana Rehema utuye mu karere ka Rusizi atangaza ko umuhungu we witwa musore Iremaharinde Burahimu yashatse kumukubita isuka ariko Imana ikinga akaboko atabarwa n’abaturanyi.
Mutangana Fred w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu kerere ka Nyarugenge na Uwimana Claudine w’imyaka 20 wo mu karere ka Kicukiro, bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka iri mu Murenge wa Gasaka kuva tariki 19/09/2013 bakurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bukoresheje amayeri.
Abagore batatu binjiye mu iduka ry’umucuruzi witwa Ntirenganya Barnabé ucururiza mu isantere ya Congo Nil mu murenge wa Gihango tariki 19/09/2013 batangira kumubaza ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye, ariko umwe muri bo yikinga inyuma y’abandi atangira kuyora ibishyimbo ashyira mu mufuka yari yitwaje.
Donat Uwoyezantije ukomoka mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu yafatiwe mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 16/09/2013 afite udupfunyika 753 tw’urumogi yari avanye i Rubavu aje kurucuruza muri uwo murenge.
Imvura irimo umuyaga mwinshi yaguye mu karere ka Nyamasheke ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 19/09/2013 yasenye amazu y’abaturage ndetse yangiza n’ibindi bikorwa byabo bitandukanye.
Igiramaboko Alexandre wari umucungamari wa SACCO “Tugire Ubukire” y’Umurenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa 19/09/2013 azize impanuka y’imodoka.
Munyakaragwe yemera ko afatanyije na mwishywa we bataburuye umurambo wa se ngo batware tije yari mu kuguru kwe, kuko mwishywa we yamubwiye ko ngo afite umukiriya wayo uzabaha amafaranga miliyoni 6.
Abantu batatu bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa ibikoresho by’amaterefone byibwe mu iduka riri mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge ho mu Karere ka Nyarugenge.
Nyiramucyo Perpetua w’imyaka 45 wakubiswe n’inkuba yakubise mu masaha ya saa cyenda z’umugoroba tariki 18/09/2013 mu kagari ka Rutaraka, umurenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare.
Kubera kumva nabi uburinganire bw’umugabo n’umugore, umugabo witwa Habimana Jean Baptiste utuye mu Mudugudu wa Rwakibirizi, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, ahora akubitwa n’umugore we ndetse akamuraza hanze n’injoro yitwaje uburinganire.
Rwangombwa Yeremiya wo mu mudugudu wa Nyamiheha, mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe arwariye mu Bitaro bya Mugonero mu karere ka Karongi nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 18/09/2013, yatewe icyuma mu nda na murumuna we.
Mu ijoro rishyira tariki 19/9/2013, abantu bataramenyekana bateye inyubako ya SACCO “Kira Karama”, iherereye mu kagari ka Bitare, umudugudu wa Kajevuba; bashaka kuhiba ariko gukingura ahabikwa amafaranga birabananira.
Imbunda n’imyenda ya gisirikare byibishijwe kwa Manase mu ijoro ryo kuwa 17/09/2013 mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba akarere ka Ngoma byafatanwe ku muturanyi we, Ndiyehubwo Nasiba, aho imbunda yahise ayitaba mu murima.
Umukobwa w’imyaka 17 wabaga iwabo mu mudugudu wa Lisansi mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, yakuyemo inda, tariki 18/09/2013 uruhinja ruhita rwitaba Imana, nyuma gato na we araremba ajyanwa ku Bitaro bya Bushenge igitaraganya.
Nizeyimana Festo na Manirafasha Mico bakomoka mu karere ka Musanze bafatiwe mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, tariki 18/09/2013, bafite inka bibye mu murenge wa Nyange ho mu karere ka Musanze.
Ngezamaguru Matayo w’imyaka 32 wari utuye mu mudugudu wa Gatare mu Kagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yitabye Imana mu gitondo cya tariki 18/09/2013 nyuma y’uko mu minsi ibiri ishize yari aherutse gukubitirwa ku kabari n’abagabo babiri bari kumwe nawe bahasangirira inzoga.
Abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo koruta mu Murenge wa Busengo, Akagali ka Birambo ho mu Mudugudu wa Gitwa bikaba bikekwa ko bombi bitabye Imana.
Ubwo bari bavuye mu matora y’Abadepite, abaturage bo mu kagari ka Rugarama mu murenge wa Gahengeri muri Rwamagana basanze umuturanyi wabo Niyonzima Shadrack n’umwana we Nibeza bahimbaga Tuyisenge bamanitse ku gisenge cy’inzu bashizemo umwuka.
Bugingo Manase utuye mu murenge wa Kazo akagali ku Umukamba, akarere ka Ngoma, yaraye yambuwe amafaranga arenga miliyoni n’abantu bari bitwaje imbunda banarasa amasasu menshi ubwo yari atashye ageze hafi y’urugo rwe.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Mazinga, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke avuga ko bafite ikibazo cy’abasore babyukira ku Gasentere ka Nyabutaka bagakina urusimbi bakaba bafite impungenge z’uko mu gihe gito bazishora mu bikorwa by’ubujura n’urugomo.
Umurambo w’umugore utamenyekanye umwirondoro, tariki 16/09/2013, wataruwe mu gice cy’Ikiyaga cya Kivu giherereye mu mudugudu wa Kabuyaga mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye harwariye umumotari watewe ibyuma mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 14/09/2013, ubwo umuntu yamutegaga ngo amujyane i Rubengera amuvanye mu mujyi wa Kibuye, bagera mu nzira akamuniga akamutera n’icyuma mu mugongo.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013, inkongi y’umuriro yibasiye umusozi uriho ishyamba mu mudugudu wa Gatandaganya mu kagari ka Kibibi mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe.
Nsengumuremyi Jyuma utuye mu murenge wa Gatumba wakoreraga kompanyi yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) aravuga ko yahohotewe n’abakozi ba sosiyete yitwa RGL maze bakamuvuna akaboko ubu akaba yivuza atabasha gukora.