Mu mudugudu wa Kirambo akagari ka Gitega mu rugabaniro rwo mu murenge wa Rushaki na Mukarange mu gihe cya saa mbiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 02/09/2013 habonetse umurambo w’umugabo witwa Bukwirwa Tecian uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 50 na 52.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi mu kagali ka Kinyonzo hatoraguwe igisasu cya grenade, tariki 30/08/2013 ahagana mu gicamunsi ikindi gisasu gishaje cyazanye umugese cyatoraguwe muri ako kagari mu mudugudu wa Kibimba.
Umuyaga n’imvura bidasanzwe byisasiye tugari twa Kinyonzo na Birenga ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma tariki 01/09/2013, byagushije insina nyinshi, zimwe zigwana ibitoki byari bicyana.
Ikamyo yo mu bwoko bwa rukururana yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye n’ivatiri yari iturutse i Kigali, maze abantu batatu bari mu ivatiri barakomereka, abari batwaye ikamyo baratoroka.
Bakundukize Zacharie w’imyaka 57wo mu kagari ka Gitwa mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi afunzwe azira kwivugana umwana w’imyaka 15 witwa Niyonsena Regis nyuma yuko amufatiye mu nzu ari kumwiba inkono y’ibiryo.
Abana babiri batakaje ubuzima abandi bantu bane bakomeretswa n’ikiza cy’umuyaga uvanzemo n’imvura cyibasiye umurenge wa Musheri mu karere ka Nyagatare hafi saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 30/08/2013.
Hanyurwabake Ibrahim utuye mu mudugudu wa Kanyirahweza, akagari ka Nkora mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibihumbi ijana by’amafaranga y’amakorano tariki 26/08/2013 ubwo yari atangiye kuyakwirakwiza mu baturage, agura na bo ibintu bitandukanye.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rwamagana icumbikiye umusore w’imyaka 24 ushinjwa kuba yaraye afashe ku ngufu umukobwa w’imyaka 16 wakoraga akazi ko mu rugo akamukomeretsa cyane, nyuma yo kumusambanyiriza ku buriri bwa nyir’urugo.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30/08/2013, mu Kagali ka Bukomane Mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, hafatiwe ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye ibiti byitwa imishikiri.
Imodoka itwara abagenzi izwi nka “Twegerane” yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 817 J yakoze impanuka, abagenzi batatu barakomereka byoroheje, undi agira ikibazo cy’ihungabana.
Niyomugabo Feneyasi yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro mu mpera z’icyumweru gishize azira guteranyiriza abizera bo mu itorero ryitwa Itorero ry’Imana (Eglise de Dieu) iwe mu rugo bakahasengera mu buryo butemewe.
Umusore w’imyaka 26 wo mudugudu wa Gisiza, akagari ka Remera murenge wa Muhanga ho mu karere ka Muhanga afunzwe ukekwaho icyaha cyo gufata ku ngufu umugore w’imyaka 43 ngufu yarangiza agahita amutera icyuma mu gitsina.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, Tuyizere Gervais yaguye mu mugezi wa Nyakina uherereye mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi ho mu Karere ka Gakenke yitaba Imana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amagereza (RCS) kiratangaza ko abanyururu baherutse gutoroka muri gereza ya Huye byaturutse ku burangare n’ubugambanyi bya bamwe mu bacungagereza, ariko ngo hari ingamba zikarishye zafashwe zo guhangana nicyo kibazo.
Ishyamba riherereye ku musozi wa Gashinge ahitwa i Mazi hagati y’imirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro ryatangiye gushya tariki 27/08/2013 mu ma saa tanu z’amanywa rikomeza no ku munsi ukurikiyeho, hakaba hamaze gushya ahagera kuri hegitari 30,5.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Evariste Murenzi, arasaba umuntu wese, nubwo yaba ari umusirikare, ko atagomba kwegera cyangwa gukora ku gisasu gitoraguwe ahantu runaka.
Rwagasore Protais w’imyaka 46 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ryinkuyu akagali ka Bushoga, umurenge wa Nyagatare yagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye yifashishwa mu bwubatsi mu gihe yayacukuraga tariki 26/08/2013 ahita yitaba Imana.
Umugabo witwa Iyamuremye wo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera yakomerekejwe n’ingona ku myanya ndangagitsina, tariki 26/08/2013, akaba arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata.
Bugingo Augustin w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Nyamarebe, akagari ka Gakenke, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatawe muri yombi tariki 26/08/2013 akekwaho kwica umugore we witwa Mukakarangwa nawe w’imyaka 53 amutemye.
Abantu 134 bari mu maboko ya Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatirwa mu bikorwa bitandukanye bya operation Polisi y’igihugu yari imazemo ukwezi igenzura ibihungabanya umutekano w’u Rwanda muri rusange.
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko ucumbitse mu mujyi wa Nyanza ari naho akora kuri station ya essence yafatiwe kuri butike agiye kugura ibintu maze amasaha atatu amushiriraho asobanura imvo n’imvano y’amafaranga yishyuye yaketswe ko yaba ari amahimbano.
Umukobwa ukomoka i Musambira mu karere ka Kamonyi, wigaga mu ishuri rikuru rya Kabgayi (ICK) riherereye mu mu mujyi w’akarere ka Muhanga yagiye gusura umusore wari fiyansi we maze aza kuhakurwa yashizemo umwuka.
Mu isambu y’umuturage witwa Kamegeri mu kagari ka Burima umurenge wa Kinazi, tariki 26/08/2013 hatoraguwe imibiri y’abantu bane batazwi.
Inkongi y’umuriro yafashe ibiro by’ubutaka by’intara y’Uburasirazuba mu ijoro rishyira tariki 15/08/2013, nta byangombwa bikomeye yangije nk’uko bivugwa na Mukunzi Augustin Emmanuel, umubitsi wungirije w’impapuro mpamo z’ubutaka mu ntara y’uburasirazuba.
Umukecuru witwa Tindimuma Salme w’imyaka 58 wari utuye mudugudu wa Kirimbi, akagari ka Gihanga, umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yiyahuye akoresheje umugozi.
Muri gereza ya Rilima iri mu karere ka Bugesera haravigwa ubushyamirane hagati y’abagororwa n’abacungagereza, ubwo bushyamirane bukaba bwaraturutse kuri sharijeri ya telefone igendanwa.
Umusaza w’imyaka 68 witwa Ntahungakaje Anastase yiyahuye yishyize mu kagozi arapfa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 25/ 08/2013, bikekwa ko yabitewe no kurambirwa no kubana n’ubwandu bwa Sida.
Ndayisabye Jean Claude w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi, tariki 24/08/2013, ubwo we n’undi mugabo utarafatwa bari bamaze gutekera umutwe umugore bakamwambura amafaranga ibihumbi 320 bamubwira ko bamujyanye mu mushinga w’abantu b’Imana (…)
Abanyeshuli b’abahungu bane biga mu kigo cy’ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika mu karere ka Nyanza polisi yabafatiye mu rugo rw’umuturage ariho barimo kunywera ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abantu bataramenyekana bibye Miliyoni zisaga 10 muri koperative umwalimu-sacco yo mu karere ka Huye ndetse bica n’uwari ushinzwe kuharinda witwa Kabandana J.Bosco.