Bayisenge Claire wari utuye mu murenge wa Mwurire muri Rwamagana acumbikiwe na polisi y’u Rwanda kuri station ya polisi ya Kigabiro azira kuba yaraye abyaye umwana akamuta mu musarani aho yari acumbitse kwa nyinawabo mu kagari ka Cyimbazi muri Mwurire.
Umugabo witwa Bimaziki wo mu mudugudu wa Ruzizi Akagari ka Tanda umurenge wa Giti wo mu karere ka Gicumbi yakubise umugore we maze bamumukijije yadukira ihene ye ayiteragura ibyuma irapfa.
Umugore witwa Musabyimana Beatrice wo mu mudugudu wa Matyazo akagari ka Bikumba umurenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi mu ijoro rishyira tariki 16/09/2013 yiyahuye akoresheje ikinini cy’imbeba nyuma yo gusanga atwite.
Icumbi rya Mathias Van Dis wigisha icyongereza mu rwunge rw’amashuri rwa Congo Nil mu karere ka Rutsiro ryibasiwe n’abajura mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 09/09/2013 bamutwara ibikoresho bitandukanye bifite agaciro k’amadorali ya Amerika 840, ni ukuvuga asaga ibihumbi 500 uyavunje mu manyarwanda.
Umuforomo mu ivuriro rya Butansinda riri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yafashwe na polisi akurikiranwaho gufasha umukobwa wiga muri College de Kigoma gukuramo inda y’amezi atanu.
Umusore witwa Muhire Juvenal wakoraga akazi ko mu rugo mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gihango, nyuma yo gufatanwa no kwemera ko ari we wibye mudasobwa ebyiri zo ku biro by’umushinga w’icyayi zari ziherutse kuburirwa irengero.
Ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze amasaha 20 ku isoko rya Kicukiro hongeye guterwa gerenade yica umuntu umwe ikomeretsa abandi umunani. Iki gikorwa kije gikurikira ikindi cyabaye mu ijoro ryashize kigahitana undi muntu umwe hagakomereka 14.
Mukamurenzi Beatrice, Yandokoreye Speciose n’umugabo witwa Hakizimana Deni bo mu murenge wa Gitambi bakekwaho kwivugana umusaza Nyirinkwaya Rudoviko ngo kuko bamukuye mu kabari ku ngufu bagenda bamukurura bavuga ko bashaka kumujyana mu rugo kuko ngo yari yasinze cyane .
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2013, uwitwa Niyonshuti yafatanywe inka y’injurano agiye kuyigurisha mu isoko ry’amatungo mu karere ka Ruhango rirema buri wa Gatanu wa buri cyumweru.
Impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zegerejwe ishami rya Polisi rizazifasha guhabwa serivisi biboroheye ndetse no gucungirwa umutekano ndetse bareba inkangu ziterwa n’amazi aturuka ku mazu y’inkambi.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yasenye urusengero rwari rumaze kuzura rwa ADEPR Gahurire, paruwase ya Kibungo, uyu muyaga unagusha igiti mu muhanda kirawufunga kuri uyu wa 11/09/2013 mu masha ya saa kumi n’igice.
Nyirangizwenimana Claudine uvuka mu kagari ka Biruyi, umurenge wa Mushonyi, akarere ka Rutsiro, yashyikirijwe umuryango we tariki 07/09/2013, kandi uwo muryango wari uzi ko yitabye Imana.
Abantu batanu bose bo mu karere ka Nyagatare bapfuye bazize impanuka ya moto zari zikoreye ibiti byitwa Kabaruka mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Nzeri 2013.
Sezikeye Vincent utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, ngo atewe agahinda no kuba abajura baribye inka ye y’inzungu ihaka maze bakayibaga inyama bakazigurisha kandi yari imufatiye runini umuryango we.
Umwana w’imyaka itandatu wo mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza wishwe n’umukozi wo mu rugo rw’iwabo yasezeweho bwa nyuma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013.
Nyuma y’aho abaturage batuye akagari ka Rubona, umudugudu wa Rushagara umurenge wa Gisenyi akarere ka Rubavu intara y’uburengerazuba bagaragarije ikibazo cy’amazi y’imvura abasenyera amazu bitewe n’imigende yasibamye ntihagire igikorwa, na n’ubu bakomeje gutakamba ngo inzego z’ubuyobozi zihwiture abo bireba ariko abo (…)
Nyakwigendera Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yaraye ashyinguwe mu karere ka Bugesera nyuma yo kurohorwa yashizemo umwuka n’abapolisi bo mu mutwe wihariye ukorera mu mazi bita Marines.
Abantu barindwi batawe muri yombi n’inzego z’umutekano mu mukwabu wabaye mu karere ka Ruhango kuwa 07/09/2013, aho abantu bane bazize kuba benga banacuruza ibiyobyabwenge mu Ruhango bita ibikwangari, naho abandi batatu bakazira ko batagira ibyangombwa bibaranga.
Mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Ngarama, mu murenge wa Kabacuzi ho muri Muhanga haravugwa urupfu rw’umugabo wiyahuye amaze gutema umugore we ariko utapfuye.
Uwitwa Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yarigise mu gishanga cy’Umuragwe cyiri mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera ejo kuwa 07/09/2013 ahagana ku isaha ya saa cyenda n’igice.
Kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo, hafungiwe umusore witwa Muhire Jean-d’Amour, wari umupolisi akaza kuvanwa muri uwo murimo kubera gutanga ibyangombwa mpimbano, none nyuma y’aho aviriye muri gereza ngo yongeye gutabwa muri yombi kubera kwiyambika imyenda ya Polisi akanakora uwo murimo.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 06/09/2013, bakurikiranyweho kwenga no gucuruza inzoga z’ibibyabwenge zirimo Kanyanga n’ibikwangari.
Abaturage batuye mu gasantere kitwa Gitarama ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi n’inzego z’umutekano kugira icyo zikora, kugira ngo zihashye agatsiko k’abasore b’amabandi bayogoje ako gasantere n’inkengero z’ako.
Abatuye mu murenge wa Gatumba muri Ngororero ahitwa Cyome y’Epfo baremeza ko isosiyete ikora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa GMC ikomeje ibikorwa by’ubucukuzi kandi yari yahagaritswe gukora ibyo bikorwa n’ubuyobozi bw’akarere kuwa 28/08/2013 kubera ibibazo iyo sosiyeti igifitanye n’abaturage.
Minisitiri w’umutekano mu Rwanda, Sheikh Mussa Fazil Harerimana aravuga ko kuba leta yarubatse uruzitiro rwa Parike y’Akagera ari ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda kuko urwo ruzitiro rwubatswe ngo rujye rukumira inyamaswa za pariki y’Akagera zajyaga zisohoka muri pariki zikangiza imyaka y’abaturage baturiye (…)
Nyuma y’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bugaragara mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, polisi y’igihugu muri ako karere iratangaza ko ifite amakuru ahagije ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo igiye gukoresha amarushanwa agamije gushishikariza abatuye n’abagenda ako karere kwirinda ibiyobyabwenge hibandwa cyane cyane ku rubyiruko kuko rubikoresha kurusha abantu bakuze.
Umugore witwa Louise Uwizeyimana w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze azira kugerageza kwihekura, kuko yashatse kujugunya umwana mu musarani ubwo yari akimara kumubyara.
Abagore babiri n’umugabo umwe bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakekwaho gufata bugwate no kwambura amafaranga uwitwa Sengoga Modeste, mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 30/08/2013 rishyira kuwa gatandatu tariki ya 31/08/2013, igikorwa bakoreye mu murenge wa Gisozi, mu kagari Ruhango.
Mu tugali twa Mubuga, Mushirarungu na Runga two mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza haravugwa ubugizi bwa nabi bumaze gufata indi ntera aho mu masaha y’ijoro abantu batambuka bagatemeshwa imihoro kandi ababikoze ntibamenyekane.